Download as pdf or txt
Download as pdf or txt
You are on page 1of 4

Kurya inyama, amagi namata

byica nko kunywa isigara 20 ku


munsi
Yanditswe kuya 5-03-2014 saa 14:15' na Twizeyimana Fabrice
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na Kaminuza yitwa University of Southern California,
bwagaragaje ko ku bantu bakiri bato, gufata ifunguro rikize cyane ku mavuta (Proteines) birimo
nkinyama, amagi, amata nibiyakomokaho byabashyira mu kaga ko kuba bahitanwa na kanseri.
Aba bashakashatsi bahamya ko kurya poroteyine nyinshi byongera ibyago byo kuba umuntu
yazazahazwa na kanseri, ku rugero rumwe numuntu unywa itabi inshuro makumyabiri ku munsi,
ariko aho ngo ni kubantu bakiri bato hagati yimyaka 18 na 55.
Ubu bushakashatsi bwasohowe mu kinyamakuru Metabolism, nyuma gukusanya amakuru ku
bantu 6000 mu myaka 20 ishize.
Avuga kuri ubu bushakashatsi, Dr Valter Longo, umwe mu barimu ba kaminuza ya University of
Southern California yakoze ubu bushakashatsi, yagize ati: Twe twatanze ibimenyetso bifatika
bigaragaza ko kurya ibiribwa bikungahaye ku ntungamubiri zo mu bwoko bwibyubaka umubiri
proteins cyane cyane izikomoka ku matungo, ari bibi nko kunywa itabi.
Abakoze ubu bushakashatsi basobanura ko ifunguro rikize kuri proteines, ari nkifunguro iryo ari
ryo ryose ryifitemo proteines igeze kuri 20/100 yintungamubiri zose rifite.
Aba kandi bagira inama abantu yo kutarenza garama 0,8 mu kilo cyifunguro bafata, mu gihe cyose
bakiri bato mu myaka.
Gusa aba bashakashatsi bibutsa ko nubwo proteines nyinshi ari mbi ku muntu ukiri muto, ngo iyo
ageze mu myaka yizabukuru, hejuru ya 60 ho azikenera cyane.
Dr Eileen Crimmins, nawe wagize uruhare muri ubu bushakashatsi, agira ati: Turanasaba ko mu
gihe cyizabukuru abantu bajya birinda ifunguro rikennye kuri proteines, mu rwego rwo kwirinda
ingaruka mbi zava ku gutakaza ibiro no gucika intege.
Gusa ubu bushakashatsi bwamaganiwe kure ninzobere mu bijyanye nimirire muri kaminuza yitwa
University of Reading, Dr Gunter Kuhnle, avuga ko nta mpamvu nimwe abona yo kugereranya
ibiryo nitabi.

Yagize ati: Kuba ubushakashatsi bwashatse kugereranya intungamubiri zo mu bwoko bwa


proteines nitabi.ni ikosa rikomeye, ndetse rishobora no gukurura ibindi bibazo.ingaruka
zitabi ku mubiri ntizikwiye kugereranywa nizinyama nibikomoka ku mata.
Dr Gunter yasobanuye ko ibyavuye mu bushakashatsi bwaba bagabo bishobora kongera umubare
wabishora mu kunnywa itabi, batekereza ko izo ngaruka niba ziri no mu biryo ntawe zitageraho.
Abandi bahanga basabye ko hakorwa ubundi bushakashatsi bwimbitse ku isano ibiribwa bifite
protein bihuriyeho nitabi.

bintu 10 wakora byagufasha kureka itabi


Yanditswe kuya 2-12-2013 saa 09:56' na Emma-Marie Umurerwa

Ubushakashatsi btandukanye bwakozwe ku bubi bwitabi, bugaragaza ko iyo unyoye isegereti imwe uba
ugabanyije iminota 6 ku minsi yawe yo kubaho. Hakiyongeraho no kuba warwara kanseri yo mu bihaha,
bitewe nubumara bwa nikotine (nicotine) buba mu itabi, bukaba bugira ingaruka ku barinywa ndetse no
ku bagerwaho numwotsi waryo.
Umuryango mpuzamahanga wo kurwanya ububi bwitabi, utanga inama zibintu 10 umuntu ushaka
kureka itabi yakora.
1.Gufata icyemezo cyo kurireka: Umuntu ushaka kureka (...)

Ubushakashatsi btandukanye bwakozwe ku bubi bwitabi, bugaragaza ko iyo unyoye isegereti imwe uba
ugabanyije iminota 6 ku minsi yawe yo kubaho. Hakiyongeraho no kuba warwara kanseri yo mu bihaha,
bitewe nubumara bwa nikotine (nicotine) buba mu itabi, bukaba bugira ingaruka ku barinywa ndetse no
ku bagerwaho numwotsi waryo.

Umuryango mpuzamahanga wo kurwanya ububi bwitabi, utanga inama zibintu 10 umuntu ushaka
kureka itabi yakora.

1.Gufata icyemezo cyo kurireka: Umuntu ushaka kureka itabi, aba agomba kwifatira icyemezo kandi
agatekereza ku mafaranga akoresha arigura, agatekereza ku ngaruka zaryo ku buzima bwe,
akanatekereza no ku batarinywa yuka imyotsi yaryo.

2.Kwiha itariki ntarengwa: Umuntu ushaka kureka itabi, yiha itariki runaka, agomba kuba yarihagaritse
burundu, kandi akagereranya ubuzima bwa nyuma yo guhagarika itabi na mbere akirinywa.

3.Kubimenyesha abo babana: Uwafashe icyemezo cyo kureka itabi, aba agomba kubimenyesha abo
babana mu rugo, abaturanyi ninshuti, kugira ngo nibabona hari icyahindutse cyangwa hari ikidasanzwe
mu myitwarire bamenye impamvu.

4.Kudasubira inyuma: Uwafashe icyemezo agomba kwivanamo ko agomba kunywa rike ku ryo yari
asazwe anywa, ahubwo akarireka burundu nkuko yabyiyemeje.

5.Kwirinda ibishuko: Ibintu byose bishobora kugukumbuza itabi, nko kubona amapaki ryashizemo
anyanyagiye ahantu, kwirinda kureba mu gakoresho kagenewe umwotsi witabi, kwirinda kureba ibibiriti
bicana itabi (briquets) nibindi byose bishobora kurigukumbuza.

6:Gutegura umutima: Gukomera ku cyemezo wafashe, ikirinda kwishubiraho.

7.Kwima amatwi ibikuvugwaho: Kwima amatwi abavuga ko uretse itabi abura ibitotsi, ko agubwa nabi
mu buryo butandukanye, ibyo byose ukabyima amatwi. Ahubwo ukumva ko ari ibisanzwe.

8.Kwita ku mirire: Umunaniro wo mu mutwe ukunda kugirwa nabanywa itabi (fatigue nerveuse ), iyo
umuntu ariretse urashira, maze akagira ubushake bwo kurya bikagabanya ubushake bwo kunywa itabi
kugeza ubwo kurishaka bishira burundu.

9.Gufata ingamba ku kubyibuha: Nyuma yo kureka itabi, hashobora kubaho umubyibuho, kuko umuntu
agira ubushake bwo kurya, bikaba bisaba kwigenzura mu mirire.

10.Kugabanya guhorana ninshuti mwarisangiraga: Abantu mwasangiraga itabi, ukirinda guhorana na bo,
kugeza ubwo uriretse burundu.

Itabi ryica umuntu umwe ku Isi mu masegonda ane, abantu bagera kuri miliyoni eshanu bakaba bapfa
buri mwaka bazize itabi, hatagize igikorwa ngo abantu bareke kurinywa, abagera kuri miliyoni 10 ni bo
bazaba bahitanwa ningaruka zitabi mu mwaka wa 2020.

Ikibazo mu Rwanda gihagaze gite?

Ku birebana nuko iki kibazo gihagaze mu Rwanda, twashatse kuganira na Minisiteri yubuzima ariko
umukozi ubishinzwe, Dr Marie Aimee, atubwira ko amakuru yabyo yaboneka nibura ku wa kane.

Ku rundi ruhande ariko, nubwo hashyizweho amabwiriza yo kutanywera itabi ahari abantu benshi,
ndetse bikanavugwako abatabyubahiriza bahanwa, ibyo ntibyigeze bishyirwa mu bikorwa, kuko hirya no
hino haba mu tubari, mu masoko usanga abanywi bitabi bacicikana nabatarinywa. Ibyo kandi ukabona
ntacyo bibwiye abacuruzi cyane cyane abafite utubari.

You might also like