EPW Project Final

You might also like

Download as doc, pdf, or txt
Download as doc, pdf, or txt
You are on page 1of 7

REPUBULIKA Y’U RWANDA

INTARA Y’AMAJYARUGURU
AKARERE KA GICUMBI
UMURENGE NYAMIYAGA

INYIGO Y’UMUSHINGA W’IMIRIMO Y’AMABOKO YOROHEJE

1. Izina ry’Umushinga:
GUFATA NEZA IMIHANDA
2. Aho umushinga uzakorera:
Akarere: GICUMBI, Umurenge wa NYAMIYAGA,

AKAGARI UMUDUGUDU IZINA RY’UMUHANDA

MATABA,KARAMBO MUGORORE-RWAFANDI

KIZIBA,KABEZA NYINAWIMANI-KIZIBA,GAKORE-RUGARI,GASAVE,NYIRAKAGAMBA

GAHUMURIZA,MATABA MATABA-MIYANGE, MAJYAMBERE-RUHANGO

KARAMBO,MATABA,KABEZA MUGORORE-RWAFANDI
JAMBA KUMUREMURE-BYIMANA, KUMUREMURE-RUTARE,KAMABUYE-RUTARE

KABUGA CENTRE KAGAMBA-MUBUGA, CENTRE KAGAMBA-MODEL VILLAGE

KARAMBO,GAHUMURIZA MAJYAMBERE-GATARE-GASEKE

Uburyo umushinga watoranyijwe: Abaturage barabisabye munteko z’abaturage uremezwa

3. Ubwoko bw’umushinga:
Imirimo y’amaboko yoroheje yo gufataneza Imihanda.
4. Isobanurampamvu/Intego z’umushinga:
Uyu mushinga wo gufata neza imihanda watoranijwe n’abaturage ku mpamvu z’uko, imihanda ifashwe neza izakomeza kugendwa bityo urujya
n’uruza rw’abantu n’ibintu,ubuhahirane ndetse n’imigenderani y’abaturage hagati mu murenge wa Nyamiyaga ikomeze igendwe neza .
Uyu mushinga kandi uzafasha mu guhahirana n’indi mirenge kuko igihe ibikorwaremezo by’imihanda bizakomeza kubungwabungwa
bizoroshya urujya n’uruza rw’ibinyabiziga bizana ibicuruzwa ndetse binajyanywa ahandi gushakirwa amasoko biturutse mu murenge wa
Musanze.
Ikindi kandi uyu mushinga uri muri gahunda yo gukomeza gufata neza ibikorwaremezo twageza .Uyu mushinga kandi uzafasha mu gushakira
akazi abatishoboye babarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe kandi bafite inshingano zo kwita kubandi badafite imbaraga zo gukora
babarizwa muri iyo miryango itishoboye.

5. Uruhare rw’abaturage/cyangwa urwego rwibanze rwegerejwe abaturage:


5.1. Uruhare rw’abaturage

Abaturage barasabwa uruhare mu kwitabira inteko z’abaturage mu gihe cyo gutoranya abagenerwabikorwa bazakora muri uyu mushinga wo
gufata neza imihanda.
5.2. Inshingano z’umugenerwabikorwa
Kubahiriza amabwiriza arebana nibya tekinike yahawe n’abakurikirana ibikorwa aho basabwa;
 Ku buso bw’umuhanda
o Gusiba ibinogo;
o Gukuraho utununga;
o Kuvanaho ibyondo byazanywe n’imyuzure;
o Gusibura ibyatsi byameze ku biraro by’imihanda;
 Umuhanda, utuyira tuyishamikiyeho, impande z’umuhanda, imigende:
o Gukata ibyatsi no gutema ibihuru;
o Gukubura no gusibura imiyoboro y’amazi;
o Gusibura imiyoro y’amazi n’imiferege;
Abagenerwabikorwa kandi bafite inshingano zo:
 Gukora amasaha byibuze cumi n’abiri asabwa buri cyumweru;
 Kwita kubikoresho yahawe;
 Kumenyesha uhagaririye itsinda n’ukurikirana ibikorwa w’aho imirimo ikorerwa igihe ashaka guhagarika akazi akivana mu
mushinga ku buryo bwa burundu;
 Kwirinda kuzana abana ahakorerwa imirimo (uretse abana bato bari ku migongo yaba nyina mu gihe ari ngombwa).
5.3. Inshingano z’inzego zibanze

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze burasabwa gukurikirana imigendekere myiza y’ishyirwamubikorwa ry’uyu mushinga cyane cyane rureba niba
amasezerano yagati y’ubuyozi n’abakora igikorwa cyo gufatana neza imihanda yubahirizwa kandi bugatanga inama ku bagenerwabikorwa
(abakozi) zaba izirebana na tekiniki yo gufata neza imihanda ndetse nizijyanye n’iterambere zishikariza abagenerwabikorwa kwizigamira .

Inzego z’ibanze zifite kandi inshingano zo guhemba abakozi umubyizi wabo kandi ku gihe nkuko bikubiye mu mabwiriza.

6. Izina ry’ushinzwe ibirebana na tekiniki ku murenge:


MUKANDAHIRO Hydayat ( Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa NYAMIYAGA),
7. Aho urwo rwego rubarizwa:
Umurenge wa NYAMIYAGA, Akagari ka KABEZA, Tel: ................................, Email: ................................

8. Umubare w’abagenerwabikorwa basobanuwe hashingiwe aho baherereye n’igitsina:

No Akagari Umubare w’abagenerwabikorwa Gabo Gore

1 GAHUMURIZA 15
2 JAMBA 20
3 KABEZA 11
4 KABUGA 20
5 KARAMBO 28
6 KIZIBA 33
7 MATABA 19
Igiteranyo 146

9. Ibikorwa biteganyijwe:
 Gutoranya abagenerwabikorwa mu nteko z’abaturage ku kagari.
 Gutanga isoko ryo kugura ibikoresho
 Guhugura abagenerwa bikorwa n’abakurikirana imirimo
 Kwitegereza ahazakorerwa imirimo
 Gukurikirana ibikorwa ( Urwego rw’umurenge n’akarere)
10. Itariki umushinga uzatangiriraho gushirwa mu bikorwa:01/09/2018
11. Itariki umushinga uzarangirizwaho:30/06/2019
12. Igihe umushinga uzamara:AMEZI CUMI N’ABIRI ASHOBORA KONGERWA

13. Uburyo buzakoreshwa mugutanga akazi mu gushyira mubikorwa:


Mugushyira mubikorwa uyu mushinga hazibandwa cyane cyane ku baturage babarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe kandi mu muryango
hari umuntu umwe ushoboye gukora ,kuko intego z’umushinga ari ugufasha imiryango ifite ubukene bukabije kubuvamo kandi iyo miryango
ikongererwa ubushobozi bwo kwigira. ariko bikazakorerwa mu nteko z’abaturage akaba aribo bemeza abagomba gukora akazi
Abaturage bazakora imirimo y’amaboko yoroheje ihemberwa kuburyo nibura 80% y’ingengo y’imari y’umushinga izajya mubagenerwabikorwa
kugirango nabo biteze imbere.
14. Ibizagenderwaho mu ikurikiranabikorwa:
Mu gukurikirana ibikorwa bizakorwa muri uyu mushinga, Mbere na mbere buri muntu ukurikirana imirimo afite inshingano zo gukurikirana
imikorere y’abagenerwabikorwa bakorera kuri site ashinzwe, hanyuma Perezida w’itsinda nawe agakurikirana abagenerwabikorwa babarizwa
mu itsinda ayoboye akanamenya n’ibindi bibazo bagira mu kazi, ubuyobozi bw’umudugudu n’akagari nabwo bukurikirana ikorwa ry’imirimo
y’amaboko yoreheje ihemberwa cyane cyane umutekano w’abakora ndetse no gutanga amakuru ku bigaragara mu kazi n’ukuntu akazi kari
gukorwa.
Umukozi ushinzwe ubutaka ibikorwaremezo n’imiturire mu murenge atanga inyunganizi kubijyanye n’ibipimo na tekinike, naho umukozi
ushinzwe imibereho myiza agakurikirana imibereho n’imikoreshereze y’amafaranga aba yahembwe abagenerwabikorwa kugirango abagire
inama biteze imbere.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge ahuza izinzego zose zishinzwe gukurikirana imirimo y’amaboko yoroheje ihembewa kandi
agatanga raporo y’ibikorwa n’ibyagezweho.
15. Amahame n’ibipimo by’ingenzi bigomba kubahirizwa ni ibi bikurikira:
a) Amahame n’ibipimo byemewe mubyerekeye tekiniki:
i) Umuhanda ugomba kuba ufite usuku mu nzira z’amazi mu burebure bw’umunda no mubugari bwawo
ii) Ibinogo byose byo mu muhanda bigomba gutsibwa
iii) Umuhanda ugomba kuba ufite isuku ntabyatsi birimo byose bitagaragara
iv) Ibyatsi byose byo mumbago z’umuhanda iburyo n’ibumoso bigomba kuba bitemwe
v) Ibyatsi biri ku Umukingo w’umuhanda bigomba gutemwa hagahora hacyeye.
b) Amahame n’ibipimo byemewe mubyerekeye imbonezamubano:
i) Buri rugo ruhagararirwa n’umukozi umwe mu mirimo ihemberwa
ii) Amasaha y’akazi ntajya munsi y’abiri ku munsi,
iii) Umukozi ahembwa amafaranga ibihumbi icumi buri kwezi 10000Frw/mois
iv) Kwishyura bikorerwa kuri konti y’umugenerwabiorwa muri banki yemewe cyangwa ikigo cy’imari cyemewe
v) Kwishyura ni mu minsi 10 ikurikira ukwezi abakozi bamaze bakora.
vi) Imirimo ikwiye gukorwa umukozi yambaye umwambaro wabugenewe (Ikoti rifite amabara agaragara cyane nk’irya polisi)
mu rwego rwo kwirinda impanuka mu muhanda.
c) Ibipimo byemewe mu birebana n’ibidukikije:
i) Mu rwego rwo kubugabunga ibidukikije, ahakorerwa imirimo hagomba gusurwa mbere kugirango ibyangizwa n’imirimo
bigaragazwe mbere bibungwabungwe.
ii) Ibikorwaremezo byakozwe bigomba kwitabwaho kandi bikabungwabungwa.
iii) Ibiti biteye ku mihanda bigomba kubungabungwa igihe gukora umuhanda ntibitemwe hagatemwa ibyatsi gusa .
16. Imbogamizi cyangwa ibibazo birebana n’ishyirwamubikorwa ry’umushinga w’imirimo yoroheje ihemberwa:
Uburyo bwo gukurikirana uko imirimo ikorwa bugoranye bitewe naho site zikorerwaho ziherereye .Hari abaturage batarangiza inshingano zabo
nkuko baba bazihawe

17. Ingengo y’imari:Ingengo y’imali yo gufata neza imihanda ingana na Miliyoni cumi n’eshanu, ibihumbi magana atandatu
makumyabiri na birindwi na magana ane makumyabiri n’icyenda (15,627,429 frw)

IMBONERAHAMWE IGARAGAZA INGENGO Y'IMARI Y'UMUSHINGA W'IMIRIMO Y'AMABO YOROHEJE

NO Activités Ibipimo Igiciro Igiciro

ingano Igipimo fatizo(Fr) cyose(Fr)


fatizo

1 Gufata neza imihanda ya


42.9km

1.1 Amafaranga 1430 HJ 10,000 14,300,000


abagenerwabikorwa
bahembwa
1.2 Amafaranga abakurikirana 30 Hj 20,000 600,000
imirimo bahembwa
Igiteranyo cy’amafaranga 14,900,000
bahembwa
2. Amafaranga azatangwa
kuri kuri banki

2.1 Ayo bakata ku kwezi 1430 Hj 500 715,000


Igiteranyo cya byose 15,615,000

Bikorewe i Nyamiyaga kuwa ...../....../2018


MUTAYOMBA Henriette Marie
Umukozi ushinzwe ubutaka ibikorwaremezo n’imiturire

You might also like