Professional Documents
Culture Documents
FIQIH
FIQIH
FIQIH
Intangiriro:
Kigali, le 25/5/2014
Sheikh GAHUTU Abdulkarim
Umuyobozi mukuru wa A.D.E.F.
Office Rwanda.
2
FIQIHI NI IKI?
Ni ngombwa rero kuri buri Muyislamu kwiga Fiqihi kuko umuhanga muri
Fiqihi akenshi nakenshi aba ari umukiranutsi imbere y’Imana. Hadith:
“MAN YURIDI LAHU BIHI KHAYIRAN YUFAQIHUHU FI DINI” (Uwo
Imana yifuriza ibyiza imuha ubumenyi mu idini)
TWAHARATU
(Kwisukura)
3
Kwisukura k’umubiri: Nukwisukura wikuraho umwanda ugaragara nka
najisi ukoresheje amazi asukuye cyangwa umucanga usukuye.
IBICE BY’AMAZI.
4
Uburyo umuntu asukura ahaguye Najisi:
Najisi y’imbwa n’ingurube: woza aho yakoze inshuro zirindwi (7) n’amazi
inshuro imwe murizo ugakoresha umucanga.
Najisi zindi zisigaye: woza aho yaguye inshuro eshatu n’amazi k’uburyo
hadasigara ibara ryayo cyangwa impumuro cyangwa uburyohe.
AMATEGEKO YO KWITUMA.
1. Kwiherera.
2. Kutajyana muri wese ikintu icyo aricyo cyose cyanditseho izina ry’Imana.
3. Kwirinda kuvuga igihe wituma.
4. Kwirinda kwerekera Kiblat igihe wituma cyangwa kuyitera umugongo.
5. Kwirinda kwituma mu gicucu cy’abantu bugamamo izuba.
Hadith “Mwirinde imivumo ibiri, kwituma mu nzira y’abantu no mugicucu
cyabo”.
6. Ugiye kwinjira muri Wese agomba kubanza ukaguru kw’ibumoso
yasohoka
akabanza ukw’indyo.
7. Kuvuga igihe winjira muri wese uti: “BISMILAHI ALLAHUMA INIY
AUDHUBIKA MINAL KHUBUTHI WAL KHABAITHI”
8. Kuvuga usohotse muri wese uti: “GHUFRANAKA” (2).
9. Birabujijwe k’umuyislamu kunyara ahagaze kuko Intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) yabibujije.
GUSTANJI.
(Kwisukura igihe urangije kwituma)
AMABWIRIZA YO GUS’TANJI.
5
wabuze amazi ugomba gukoresha ibinonko. Hadith “Ntimukisukuze igufwa
cyangwa igisheshe kuko ibyo ari ibiryo by’abavandimwe banyu amajini”
2. Ntugomba kwisukuza ikintu gifite agaciro.
3. Ntugomba kwisukuza Ukuboko kw’iburyo.
Hadith “Ntihazagire ufata ku bwambure bwe n’ukuboko kw’indyo igihe
yisukura”.
4. Iyo wabuze amazi ugomba kwisukuriza ibinonko, ugomba gukoresha
bitatu
bitatu.
5. Iyo umuntu ashaka kwisukuza amazi n’ibinonko agomba kubanza
ibinonko
hanyuma amazi.
GUTAWAZA
(Gukaraba ugiye gusenga)
6
INKINGI ZO GUTAWAZA.
SUNAT ZO GUTAWAZA.
1. Mugihe umuntu yisukura agomba kwirinda kureka inkingi iyo ariyo yose
7
yo kwisukura kuko ibyo bituma igikorwa kituzura n’ibihembo byacyo
bikagabanuka.
2. Umuntu agomba kwirinda kwisukurira ahantu hari Najisi.
3. Kwirinda konona amazi igihe wisukura. Hadith: “Intumwa Muhamad
yanyuze kuri Saadi arimo gutawaza aramubwira ati: “uko konona amazi ni
ukw’iki? Nawe aramubaza ati: ese nomu gutawaza habamo konona? Ati:
“ati nibyo ribamo niyo waba uri mu mugezi utemba“.
4. Kwirinda kurenza gatatu.
5. Kwirinda koza mu maso ukubitamo intoki.
6. Kwirinda kuvuga igihe wisukura.
7. Kwirinda kunyuza intoki mu bwanwa k’uwambaye imyenda ya ih’ramu
kubera gutinya ko ubwanwa bwapfuka.
8. Kwifashisha undi ngo akogereze ibice bimwe by’umubiri nta mpamvu.
9. Kwirinda kutabanza indyo.
10. Kwirinda kwiyunyuguza mu kanwa ugakabya igihe usibye.
- Kuvuga BISMILAHI.
- Koza ibiganza gatatu.
- Gushyira amazi mu kanwa no mu mazuru.
- Gukaraba mu maso uhereye aho imusatsi utangirira kugeza munsi
y’akananwa no ku gutwi kw’iburyo kugeza ku kw’ibumoso.
- Koza ukuboko kw’indyo kugeza hejuru y’inkokora gatatu,hanyuma
ukw’ibumoso gatatu.
- Gusiga amazi mu mutwe uhereye imbere kugeza inyuma ukagarura imbere
aho wahereye.
- Guhanagura mu matwi imbere n’inyuma.
- Koza ukuguru kw’indyo kugeza hejuru y’utubumbankore hanyuma
ukw’ibumoso gatatu.
- Gusaba Imana werekeye Kiblat igihe urangije kwisukura.
8
2. Gusinzira.
3. Kwikora k’ubwambure ukoresheje ibiganza cyangwa intoki.
4. Gutakaza ubwenge kumpamvu iyo ariyo yose.
5. Gukora k’umubiri w’umugore umwifuza. Hadith: “Uzasoma umugore
cyangwa akamukorakora ajye atawaza“.
6. Kurya inyama z’Ingamiya. Hadith “Babajije Intumwa Muhamad (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) bati “Ese dushobora gutawaza twariye
inyama z’Ingamiya? Arabasubiza ati “Mujye mutawaza, barongera bati:
ese dushobora gutawaza twariye inyama z’ihene? Arabasubiza ati “Mujye
mutawaza cyangwa murorere“.
7. Kuva mu buyislamu. Qor’an “WA MAN YAK’FUR BIL IMANI FAQAD
HABITWA AMALUHU WA HUWA FIL AKHIRATI MINAL KHASIRINA“
Maidat: 5. (Umuntu azaramuka ahakanye ukwemera kwe ibikorwa bye byose
biba imfabusa kandi ku munsi w’imperuka akazaba mu banyagihombo)
KOGA.
9
4. Gupfa.
1. Ku munsi w’ijuma.
2. Umaze koza umurambo.
3. Ugiye kwambara ih’ram (Imyenda ibiri y’umweru umukenyero n’umwitero
abagabo bambara bagiye gukora Hijat).
4. Kwinjira mu mujyi wa Makka no guhagarara k’umusozi wa Arafat.
5. Ku munsi mukuru w’Ilayidi zombi (Idil fitri na Idil adwuha).
INKINGI ZO KOGA.
1. Kugira Iniyat.
2. Gukwiza amazi umubiri wose.
3. Gukwiza amazi imisatsi yose unyuzamo intoki.
ISUNAT ZO KOGA.
1. Kuvuga BISMILAHI.
2. Koza ibiganza gatatu.
3. Gustanji.
4. Gutawaza nkugiye gusenga.
10
8. Agasuka amazi ku gice cy’iburyo ahereye imbere, hanyuma inyuma maze
agakurikiza ho igice cy’ibumoso uhereye imbere hanyuma inyuma
yarangiza akoza amaguru. Ikitonderwa: Birabujijwe koga ijanaba ukoresheje
isabune,iyo wumva ufite umwanda ukeneye koga isabune ugomba kubanza
ukoga uwo mwanda n’isabune warangiza ukabona koga Ijanaba.
TAYAMAMU.
INKINGI ZA TAYAMAMU.
1. Kugira i Niyat.
2. Gutayamamu umucanga usukuye.
3. Guhanagura mu maso no ku maboko.
11
4. Gukora Tayamamu igihe cy’isengesho kigeze kuko bitemewe gutayamamu
igihe cy’isengesho kitaragera.
Itegeko ryo gusiga kuri Khofu turikomora muri Hadith igira iti: Hadith:
“Nabonye Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
yihagarika arangije aratawaza hanyuma ahanagura kuri Khofu ze„.
12
Igihe isuku ya Khofu imara:
Iyo umuntu yisukuye hanyuma agasiga kuri Khofu iyo atari ku rugendo
ashobora gusiga kuri Khofu amanywa n’ijoro. Naho umuntu uri kurugendo
biremewe ko yakwisukura agasiga kuri Khofu iminsi itatu. Hadith: “Umuntu
uri ku rugendo asiga kuri Khofu amanywa atatu n’amajoro atatu utari ku
rugendo asigaho amanywa n’ijoro“
GUSIGA KU KIREMBA.
13
Uko gusiga kuri Khofu bikorwa:
Iyo umuntu ashaka gusiga kuri khofu cyangwa ku gipfuko cyangwa isima,
asiga gusa hejuru y’ikirenge ntageze munsi yacyo.
AMARASO Y’IMIHANGO.
(Al hayidwa)
Abavuzi benshi bemeje ko igihe gito Imihango ishobora kumara ari umunsi
ni ijoro,naho igihe kirekire ishobora kumara ni iminsi cumi ni tanu (15).
14
IBISANZA.
(Nifasi)
Iminsi myinshi ibisanza bimara ni mirongo ine (40) nta rugero rw’iminsi
mike ruzwi.
AL IS’TIHADWAT.
SUNAT ZA KAMERE.
15
agaragaza ko Intumwa zose zajyaga zubahiriza uwo muhango wo gupfura
ubucakwaha.
3. Guca Inzara.
4. Gutereka Ubwanwa: Gutereka ubwanwa ni i Sunat ikomeye muri Islam
Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yadutegetse
kubahiriza muri Hadith nyinshi avuga ko tugomba kwitandukanya
n’abayahudi kuko bo bogosha ubwanwa bwo hasi bagasiga ubwo hejuru.
Bityo twebwe tukaba dusabwa gutereka ubwanwa bwo hasi tukagabanya
ubwo hejuru. Qor’an: “WA MA ATAAKUM RASULU FAKHUDHUUHU
WAMA NAHAKUM AN’HU FAN’TAHUU “ Al hashir :7. (Ibyo intumwa
y’Imana yabazaniye ikabategeka kubikora mujye mubikora nibyo yababujije
mubyirinde)
5. Kugabanya ubwanwa bwo hejuru.
6. Koza mu kanwa ukoresheje umuswaki.
7. Kogosha insya z’imbere n’inyuma.
ISWALA.
(Isengesho)
16
UBWOKO BW’AMASENGESHO.
IBYIZA BY’AMASENGESHO.
AMASENGESHO Y’ITEGEKO.
1. Swalatul fajir.
2. Swalatu Dhuhur.
3. Swalatul Aswir.
4. Swalatul Magh’rib.
5. Swalatul Ishau.
Amasengesho rero n’inkingi ya kabiri mu nkingi zigize Islam nkuko twa
bibonye,uyasenze rero aba yubatse ukwemera kwe n’uyaretse aba asenye
ukwemera kwe.
17
ISENGESHO NI ITEGEKO KURI INDE?
ADHANA NA IQAMAT.
Ikitonderwa: Iyo ari kuri isengesho rya Al fajir Iyo urangije Ijambo ngo
HAYA ALA SWALAH wongeraho Ijambo ngo: ASWALATU KHAYIRU
MINA NAUMI (x2)
IQAMAT.
18
hagomba kuvugwa aya magambo: “ALLAHU AK’BAR ALLAHU AK’BAR.
ASH’HADU AN LA ILAHA ILA LLAH. ASH’HADU ANA MUHAMADA
RASULU LLAH. HAYA ALA SWALAH. HAYA ALAL FALAH. QAD
QAMAT SWALAH QAD QAMAT SWALAH. ALLAHU AK’BAR ALLAHU
AK’BAR. LA ILAHA ILA LLAH”
19
6. Gusenga igihe cy’isengesho kigeze.kuko isengesho mbere y’igihe cyaryo
ritemerwa. Hadith “Jibril yaramanutse yigisha Intumwa Muhamad (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) Ibihe by’amasengesho ku ntangiriro y’ibihe no
ku mpera yabyo arangije aramubwira ati: igihe cy’isengesho kiri hagati aha”
7. Kwambara ukikwiza kuko isengesho ry’umuntu wambaye ubusa ritakirwa.
Ubwambure bw’umugabo: ni uguhera hejuru y’umukondo kugeza munsi
y’amavi gato. Ubwambure bw’umugore: ni umubiri we wose ureste mu maso
n’ibiganza bye n’ibirenge.
8. Kwerekera Kiblat.
9. Kugira i Niyat.
INKINGI Z’ ISENGESHO.
20
IBYANGOMBWA BY’ ISENGESHO.
ISUNAT Z’ISENGESHO.
21
ibanga igihe cy’amasengesho yo mu ibanga.
8. Gusoma Isulat ndende kuri Swalatu Al fajir n’iringaniye kuri Adhuhur na
Al aswir na Al ishau, n’isulat ngufi kuri Swalatul Magh’rib.
9. Gusaba Imana kuri sijida. Hadith: “Aho umuntu aba ari hafi cyane ya
Nyagasani we ni igihe aba ari sijida“.
10. Gusabira intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) kuri
atahiyatu ya nyuma ugira uti: “ALLAHUMA SWALI ALA MUHAMAD
WA ALA ALI MUHAMAD KAMA SWALAYITA ALA IBRAHIMA WA
ALA ALI IBRAHIMA,WA BARIKI ALA MUHAMAD WA ALA ALI
MUHAMAD KAMA BARAK’TA ALA IBRAHIMA WALA ALI IBRAHIMA
INAKA HAMIDUN MAJIDUN“.
11. Kwisabira nawe nyuma yo gusabira Intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha).
12. Gutora Salamu ya kabiri. Hadith: “Intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha) yajyaga atora salamu iburyo n’ibumoso kugeza ubwo
itama rye rigaragara“.
13. Gusingiza Imana nyuma y’isengesho.
22
Hadith: “Nta sengesho igihe ibiryo bihiye n’igihe umuntu akubwe ashaka
kwituma”
8. Nta sengesho igihe umuntu afite ibitotsi byinshi.
IBYANGIZA ISENGESHO.
23
2. Kuvuga ijambo iryo ariryo ryose ritari mu bikorwa by’isengesho.
3. Kureka inkingi y’isengesho cyangwa kimwe mubyo ugomba kuba
wuwuje kugirango isengesho ribeho.
4. Gukora ibikorwa byinshi mu isengesho.
5. Guseka mu isengesho.
6. Kudakurikiranya amasengesho.
7. Kwibagirwa bikabije nko kuba wasenga Adhuhuri rakat umunani.
ISENGESHO RY’IMBAGA.
24
2. Ubarusha kumenya Hadith, iyo bose bazinganya,hatambuka
3. Uwatanze abandi kwimukira Madina, iyo bose bimukiye igihe kimwe
hatambuka ubarusha imyaka y’ubukuru.
• Ntibyemewe ko umuntu yasengesha umuntu mu rugo rwe cyangwa mubo
ayobora atamuhaye uburenganzira.
• Igihe cy’isengesho nikigera umwe muri mwe ajye atora Adhana hanyuma
aqiimu umwe muri mwe atambuke asengeshe abantu ariko isengesho ryawe
ntiryemerwa iyo usengeye inyuma y’umuntu isengesho rye ritakirwa
• Ntabwo isengesho ryemerwa ku muntu wataye inkingi y’isengesho,
cyeretse ari Imam w’akarere igihe asenze isengesho yicaye kubera uburwayi
bushobora gukira, icyo gihe abantu bose nabo bamukurikira bicaye.
• Iyo Imam atangiye gusengesha abantu ahagaze hanyuma agafatwa
n’uburwayi butuma yicara abantu bakomeza gusengera inyuma ye bahagaze.
• Ntabwo umugore yemerewe kuba Imamu w’abagabo.
• Umuntu urwaye indwara y’isukari cyangwa umuntu utazi gusoma Surat
Al Fatihat neza ntibemerewe kuyobora isengesho cyeretse kubantu bameze
nkabo.
• Biremewe ko umuntu watawaje amazi ayoborwa mu isengesho n’umuntu
wakoze Tayamamu.
• Iyo usengeshwa ari umwe ahagarara iburyo bwa Imamu we, iyo ahagaze
ibumoso bwe cyangwa imbere ye cyangwa inyuma ye wenyine ntibyemewe,
cyeretse ari umugore nibwo ahagarara inyuma ya Imamu wenyine.
• Biremewe ko umuntu asenga isengesho rya Faradwa (itegeko) yakurikira
usenga isengesho rya Sunat (ingereka).
• Iyo abasengeshwa ari benshi bajya Inyuma ya Imamu wabo ariko niyo
bagiye Iburyo bwe n’Ibumoso bwe biremewe.
• Iyo umugore asengesha abagore bagenzi be agomba guhagarara hagati
yabo kandi akavuga Tak’birat mu ijwi rigufi cyane.
• Iyo mu rusengero hateraniye abagabo n’abagore n’abana n’ibinyabibiri
habanza imirongo y’abagabo hanyuma abana hanyuma ibinyabibiri hanyuma
abagore.
• Uzatora Tak’biratul ih’ram mbere yuko Imam atora salamu uwo yandikirwa
ko yasengeye mu mbaga, naho uzasanga Imam kuri Rukuu uwo yandikirwa
ko yasenze iyo Rakat.
25
AMASENGESHO Y’ISUNAT.
(Ingereka)
IBYIZA BY’ISUNAT.
AMASENGESHO Y’ISUNAT.
(Ingereka)
Izi ni isunat muri make umuyislamu atagomba kubura gusenga kuri buri
munsi kubera inyungu nyinshi twabonye muri Hadith yatambutse, ndetse
no muri iyi: Hadith «Uzasenga ku manywa rakat cumi n’ebyili (12) za sunat
26
Imana Izamwubakira ingoro mu ijuru, rakat enye (4) mbere ya Adhuhur na
rakat ebyili (2) nyuma yayo na rakat ebyili (2) nyuma ya Magh’rib na rakat
ebyili (2) nyuma ya Al ishau na rakat ebyili (2) mbere ya Al fajir».
2. Isunat z’ubwoko bwa kabiri: ni Isunat zitari iza mbere na nyuma
y’amasengesho ya Faradwa zikaba zisengwa akenshi na kenshi ku mpamvu
runaka no mu bihe runaka arizo:
* Al kusufi.
* Is’tis’qau.
* Tarawehe.
* Tahajudi.
* Witri.
* Sunatu dwuha.
* Atahiyatul masjid.
* Istikharat.
* Sujudu tilawat.
Imamu Ahmad yaravuze ati: Umuntu uretse isengesho rya Witri aba ari
umuntu mubi ntibyemewe kwakira ubuhamya bwe.
* Umuntu akaba agomba kurisenga ari uko yumva amasengesho yagombaga
gusenga yose kuri uwo munsi ayarangije. Isengesho rya Witri: rero rikaba
rigizwe na rakat 1,3,5,7,9,11 cyangwa 13 nkuko tubisanga muri Hadith:
«Amasengesho ya nijoro ni rakat ebyili ebyili, umuntu yatinya ko
bumukeraho agasenga rakat imwe ya witri». Ni byiza ku muntu usenga witri
i rakat imwe ko iyo rakat yabanzirizwa na rakat ebyili bita Shafii, hanyuma
akabona gusenga rakat imwe ya witri nkuko Intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) yabigenzaga. Muri iryo sengesho
rya witri ni byiza ko umuyislamu yasabamo ubusabe bita Qunut aribwo:
“ALLAHUMA AH’DINA FIMAN HADAYITA,WA AFINA FIMAN
AFAYITA WA TAWALANA FIMAN TAWALAYITA, WA BARIKI LANA
FIMA AATWAYITA WA QINA SHARA MA QADWAYITA,FA INAKA
27
TAQ’DWI WALA YUQ’DWA ALAYIKA,INAHU LA YADHILU MAN
WAALAYITA,WALA YAIZU MAN AADAYITA,TABARAK’TA RABANA
WATAALAYITA”
- Iyo usenga witri yifuza gusenga rakat eshatu (3): hari uburyo bubiri
yayisengamo:
a. Ashobora kuzisenga zose uko ari eshatu icyarimwe agatora atahiyatu imwe
gusa, nkuko tubisanga muri Hadith ya Aisha igira iti: Hadith: “Intumwa
Muhamad ntiyajyaga atora asalamu ku iraka ebyiri za witri” no muyindi
mvugo “Yajyaga asenga witri rakat eshatu akicara atahiyatu azirangije”
b. Ashobora nanone gutora asalamu ku iraka ebyiri hanyuma agasenga imwe
ya Witri nyuma yazo, kubera Hadith yaturutse kuri Abdilah mwene Umar ko
yajyaga atandukanya Shafii na witri atora asalamu, avuga ko Intumwa
Muhamad nawe yabikoraga”.
- Naho iyo ari busenge Witri rakat eshanu cyangwa zirindwi (5-7): agomba
kuzikurikiranya agatora atahiyatu imwe gusa nyuma ya rakat zose, kubera
Hadith yaturutse kuri Aisha yaravuze ati: “Intumwa Muhamad yajyaga
asenga mu ijoro rakat cumi n’eshatu (13), agasenga mo Witri rakat eshanu
(5) akicara atahiyatu azirangije”. Hadith: “Intumwa Muhamad yajyaga asenga
witri rakat eshanu cyangwa zirindwi (5-7) atazitandukanyishije salamu
cyangwa andi magambo hagati yazo”.
- Naho iyo asenga witri raka icyenda (9): arazikurikiranya akicara atahiyatu
ku irakat ya munani (8) ntatore salamu agahaguruka agasenga rakat ya
cyenda (9) agatora salamu. Hadith: “Intumwa Muhamad yajyaga asenga
Witri rakat
icyenda (9) ntiyicare atageze ku irakat ya munani (8) agasingiza Imana
akanayishimira anayisaba maze agahaguruka adatoye salamu agasenga
rakat ya cyenda (9) maze yarangiza akicara agasingiza Imana anayishimira
anayisaba hanyuma agatora salamu tukayumva”.
- Iyo asenga witri rakat cumi n’imwe (11): agomba gutora salamu kuri buri
rakat ebyiri, nyuma agasenga Witri rakat imwe.
- Usenga witri rakat eshatu (3): agomba gusoma ku iraka ya mbere Surat
“Sabehe is’ma rabika” naho ku irakat ya kabiri agasoma “Surat al kafiruna”
naho kuya gatatu agasoma Surat al ikh’laswu.nkuko Intumwa Muhamad
yabikoraga.
28
Ikitonderwa: Ubu buryo bwose twavuze buremewe kandi bufite gihamya
muri Hadith umuyislamu rero ntagomba kwibanda k’uburyo bumwe gusa
ahubwo agomba guhinduranya ubwo buryo bwose twabonye.
- Iyo umaze gutora salamu ku irakat ya nyuma ya Witri uravuga uti:
“SUB’HANAL MALIKIL QUDUSI RABIL MALAIKATI WA RUUHI”(x3)
SWALATUL KUSUFI.
(Isengesho ry’ubwirakabiri)
29
inyuma ye abasengesha rakat ebyili zigizwe na rukuu enye (4) na Sijida enye
(4)”.
SWALATU IS’TIS’QAU
(Isengesho ryo gusaba imvura)
SWALATU DWUHA.
(Isengesho ry’agasukuruko)
SUJUDU TILAWAT.
(Sijida y’igisomo)
Sujudu Tilawat: ni Sijida umuntu akora iyo asoma Qor’an akagera ahantu
hamutegeka gukora sijida muri Qor’an. Hadith: “Intumwa Muhamad
yaravuze ati: Iyo umuntu asomye Qor’an akagera kuri Sijida agasujudu
30
shitani irahunga igenda irira ivuga iti: ndarimbutse umuntu yategetswe
kubama arubama akazahembwa ijuru, njye ntegekwa kubama ndanga
nkazajya mu muriro”. Izo sijida rero zikaba zigera kuri cumi n’enye (14) muri
Qor’an. Iyo umuntu akoze Sujudu Tilawat aravuga ati: “SAJADA WAJIHIYA
LILADHI KHALAQAHU WA SHAQA SAMUAHU WA BASWARAHU
BIHAWULIHI WA QUWATIHI FATABARAKA LLAHU AH’SANUL
KHALIQINA”. Nibyiza ku muntu usoma Qor’an igihe ageze kuri sujudu
Tilawat ko yasujudu, n’umuntu uyisomerwa nawe agomba gusujudu.
ATAHIYATUL MASJIDI
(Isengesho ryo gusuhuza umusigiti)
Ni’sengesho ry’isunat rigizwe na rakat ebyili umuntu asenga igihe icyo aricyo
cyose yinjiye mu musigiti.ikaba yitwa isunat yo gusuhuza umusigiti. Hadith:
“Intumwa Muhamad yaravuze ati: Umwe muri mwe ni yinjira mu musigiti
ajye asenga rakat ebyiri”
SWALATU IS’TIKHARAT
(Isengesho ryo gusaba Imana ubujyanama)
31
Nta muyislamu w’umugabo wemerewe kureka Isengesho uko yaba ameze
kose,aho yaba ari hose,iyo habonetse impamvu cyangwa ikibazo gituma
akereza Isengesho ategetswe kuryishyura mbere yuko asenga isengesho
rikurikiraho,hanyuma akazahanirwa ko yakereje isengesho. Naho iyo
umuntu yakererewe rakat runaka, intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha) yaravuze iti: Hadith: “Ntimukajye mu isengesho
mwiruka, rakat muzajya musanga mujye muzisenga hanyuma izibacitse
muzuzuze”.
SUJUDU SAHAWI.
(Sijida yo kwibagirwa)
32
rakat ebyiri nyuma atora salamu arangije akora sijida ebyiri zo kwibagirwa”.
Ndetse twongera kubisanga muri Hadith yakiriwe na Bukhariy na Muslim:
Hadith “Igihe kimwe Intumwa Muhamad yasengesheje abantu
(abasangirangendo) isengesho rya Dhuhur rakat eshanu,arangije
abasangirangendo baramubaza bati: ese rakat z’isengesho zaba zongerewe
umubare? Intumwa Muhamad ati: “Ese n’iki cyabaye? baramubwira bati:
wasengesheje rakat eshanu,nuko ahita yerekera Qiblat akora Sijida ebyiri zo
kwibagirwa.
2- Itegeko k’umuntu wibagiwe mu isengesho agabanya: Iyo umuntu usenga
yibagiwe mu isengesho rye akagabanya imwe mu nkingi zaryo iyo yibutse
mbere yuko atangira indi nkingi kuyindi rakat ategetswe gusubiramo iyo
nkingi yibagiwe nyuma agakomeza kuzuza isengesho rye. Naho iyo yibutse
nyuma yuko agera kuri iyo nkingi yibagiwe kuri rakat ya kabiri icyo gihe
iyo rakat ijya mu mwanya wa rakat yibagiwemo ya nkingi, nyuma agasenga
indi rakat, muri ibi bice bibiri byose akora Sijida yo kwibagirwa nyuma
y’isengesho.
Urugero: Umuntu nyuma yo gusujudu sijida ya mbere muri rakat ya mbere
maze ntiyicare kandi ntanakore sijida ya kabiri, agahita ahaguruka kuri rakat
ya kabiri,yatangira gusoma kuri rakat ya kabiri akaza kwibuka ko atigeze
yicara nyuma ya Sijida ya mbere ndetse atanakoze sijida ya kabiri, icyo gihe
asubira hasi agakora za nkingi yibagiwe akicara ikicaro kiri hagati ya sijida
ebyiri
nyuma agasujudu nyuma akongera agahaguruka agakora ibisigaye mu
isengesho rye, nyuma akaza gukora sijida ebyiri zo kwibagirwa nyuma yo
gutora salamu. Iyo umuntu yibutse yageze kuyindi nkingi kuri rakat ya
kabiri:
Umuntu nyuma yo gukora sijida ya mbere muri rakat ya mbere maze
ntiyicare kandi ntanongere ngo akore sijida ya kabiri, agahita ahaguruka
kuri rakat ya kabiri, nyuma akaza kwibuka yicaye ku kicaro kiri hagati ya
sijida ebyiri kuri rakat ya kabiri,aha ngaha rakat ya kabiri ihinduka rakat ya
mbere,nyuma akaza kuzuza izindi rakat zisigaye,nyuma akaza gukora sijida
ebyiri zo kwibagirwa nyuma yo gutora Salamu. Itegeko ry’umuntu
wibagiwe mu isengesho rye agabanya icyangombwa (Wajibu) mu
byangombwa by’isengesho: Umuntu iyo yibagiwe icyombwa cy’isengesho
akimuka kuri icyo cyangombwa akajya ku kindi cyangombwa, urugero:
uwibagiwe kuvuga ijambo “Sub’hana rabial a’alaa” nyuma ukaza kubyibuka
wamaze kuva muri Sijida, ategetswe gukomeza isengesho rye nyuma ukaza
33
gukora Sijida ebyiri zo kwibagirwa mbere yo gutora salamu. Kuko Intumwa
Muhamad igihe yibagirwaga gutora atahiyatu ya mbere, yakomeje isengesho
rye nyuma aza gukora sijida ebyiri zo kwibagirwa mbere yo gutora Salamu.
3- Itegeko ry’umuntu wagize ugushidikanya mu isengesho rye:
Ugushidikanya kuba wongeye cyangwa se wagabanyije, urugero ushobora
gushidikanya k’umubare wa rakat wasenze ese ni rakat eshatu cyangwa ni
enye? Iyo ushidikanyije nyuma ukaza gufata icyemezo kimwe ko wongereye
cyangwa se wagabanyije: icyo gihe ushingira kuri icyo cyemezo cyawe, niba
wemeza nyuma yo gushidikanya ko wasenze rakat eshatu urangiza
isengesho ryawe ugasenga rakat ya kane igihe wasengaga isengesho rya rakat
enye, nyuma ukaza gukora sijida ebyiri zo kwibagirwa nyuma yo gutora
Salamu, naho iyo wemeje ko wasenze rakat enye nyuma yo gushidikanya,
uhita urangiza isengesho ryawe ugakora Sijida ebyiri nyuma yo gutora
Salamu. Naho iyo ushidikanya ariko ntufate icyemezo kubyo ushidikanyaho:
icyo gihe ufata icyemezo cyo kuba wasaye rakat nkeya kubyo
washidikanyijeho, wuzuza isengesho ryawe, nyuma ukaza gukora Sijida
ebyiri zo kwibagirwa mbere yo gutora Salamu. Urugero: Umuntu usenze
isengesho rya Dhuhur nyuma agashidikanya k’umubare wa rakat amaze
gusenga niba ari eshatu cyangwa enye nyuma akaza kwemeza ko ari rakat
eshatu, agomba kuzuza indi rakat ya kane, nyuma agatora salamu, nyuma
ya salamu agakora sijida ebyiri zo kwibagirwa. Urugero rwa kabiri: Umuntu
asenze isengesho rya Dhuhur nyuma agashidikanya ese ngeze kuri rakat ya
gatatu cyangwa rakat ya kane? nyuma ntafate icyemezo cyo kuba yasenze
eshatu cyangwa se enye. Icyo gihe afata icyemezo ko yasenze rakat eshatu
kubera ko arizo nkeya nyuma akuzuza indi rakat ya kane nyuma agakora
Sijida ebyiri mbere yuko atora salamu.
Mu ncamake nyuma yibingibi dusanze ko Sijida Sahawu iba mbere yo
gutora salamu: Iyo uretse kimwe mu byangombwa bigize isengesho cyangwa
se ugashidikanya kumubare wa rakat wasenze kandi ntufate icyemezo.
Naho Sijida yo kwibagirwa ikorwa nyuma yo gutora salamu iyo: Wongeye
mu isengesho, cyangwa se ugashidikanya nyuma ugafata icyemezo kimwe
mubyo washidikanyaga ho.
34
iryo ariryo ryose rya Faradwa mu masengesho atanu ya buri munsi cyangwa
isengesho ry’ijuma uretse ku mpamvu eshatu zikurikira:
Imvura nyinshi: Hadith: “Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) yajyaga abwira Bilali ngo abwire abantu basengere mu mazu yabo
mu ijoro ry’imvura”.
Uburwayi: Hadith: “Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
yajyaga avuga ati: “Uzumva Adhana ntakimubuza afite, baramubaza bati:
icyabuza umuntu ni iki? aravuga ati: ni ubwoba cyangwa uburwayi,ati:
Imana ntizakira isengesho rye”.
Ubwoba: (Reba Hadith yatambutse)
35
GUFATANYA AMASENGESHO NO KUYAGABANYA.
ISENGESHO RY’IJUMA
(uwa gatanu).
36
nibyo byiza kuri mwe iyaba mwari mubizi).
ISUNAT Z’IJUMA.
Imamu agomba kuza Izuba rivuye hagati ho gato akurira mimbari agatora
37
Salaam, akicara gato hagatorwa Adhana. Iyo irangiye Imamu arahaguruka
agatanga Khutubat yateguye abanje gushimira Imana no kuyisingiza no
gusabira Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) Amahoro
n’umugisha, agatanga Khutubat mu ijwi riranguruye abwiriza abantu gukora
ibyiza ababuza gukora ibibi abatinyisha ibihano by’Imana anabakundisha
ibihembo byayo. Yarangiza inyigisho ze akicara gato akongera
agahaguruka agatanga Khutubat ya kabiri abanje nanone gushimira Imana
no gusabira Intumwa Muhamad,agakomeza gutanga inyigisho ze kugeza
Khutubat irangiye,akamanuka kuri mimbari bagaqimu Iswala Imamu
agasengesha abantu rakat ebyili mu ijwi riranguruye,ku i rakat ya mbere
nyuma ya Surat Al fatihat agasoma Surat Al alaa,hanyuma ku i rakat ya
kabiri nyuma ya Surat Al fatihat agasoma Surat Al ghashiyat cyangwa ku
i rakat ya mbere agasoma Surat Al jumuat hanyuma kuya kabiri agasoma
Surat Al munafiquuna.
ISENGESHO RY’ILAYIDI.
ISUNAT Z’ILAYIDI.
38
* Gutinza i layidi isoza Ukwezi kwa ramadwani.
* Kujya gusenga i layidi isoza igisibo cya ramadwani hari icyo umaze kurya.
* Kujya gusenga i layidi y’ibitambo ntacyo wakojeje mu kanwa.
* Ni byiza kujya gusenga i layidi woze wisukuye wisize amarashi ku bagabo
gusa, wambaye imyenda myiza.
* Ni byiza umuntu ugiye gusenga i layidi kunyuranya inzira anyuramo.
Iyo Igihe cy’isengesho kigeze Imam asengesha abantu rakat ebyili nta
Adhana na Iqaamat ahubwo havuzwe ngo: “Swalatu Jamia Swalatu Jamia”.
Agatora Tak’birat zirindwi (7) ku i rakat ya mbere harimo na Tak’biratul
Ih’rami ku i rakat ya kabiri agatora Tak’birat eshanu (5) hatarimo Tak’birat
yahagurukiyeho. Hagati ya Tak’birat n’indi umuntu agomba kuvuga ati: “AL
HAM’DULILAHI WA SWALATU WA SALAMU ALA RASULI LAHI”
Umuyislamu agomba kuzamura amaboko kuri buri Tak’birat, Imamu
agasoma Surat Al fatihat mu ijwi riranguruye.Iyo isengesho rirangiye Imamu
arahaguruka agatanga Khutubat ebyili. Iyo ari i layidi isoza igisibo cya
ramadwani Imamu agomba kubwiriza abantu gutanga Swadaqat, yaba ari
i layidi y’ibitambo Imamu akabwiriza abantu gutanga ibitambo (Kubaga).
Khutubat ebyili z’ilayidi ni isunat kandi ntibyemewe kuzisoma mbere
y’isengesho. Uzasanga Imamu atari yatora salamu uwo yuzuza rakat ebyili
akaba yasenze i layidi, naho usanze Imamu yarangije gutora salamu ntabwo
yishyura ahubwo abishatse yayisenga nka sunat rakat ebyili cyangwa enye.
Ni byiza gutora Tak’birat, ku i layidi y’ibitambo buri nyuma y’isengesho mu
masengesho atanu ya buri munsi iminsi itatu nyuma y’i layidi iminsi bita
(Ayamu Tashiriqi).
SWALATUL JANAZATI
(Isengesho ry’uwapfuye)
39
Uko Isengesho ry’uwapfuye rikorwa:
- Uwo yahisemo.
- Ise w’uwapfuye.
- Sekuru w’uwapfuye.
- Abandi bo mu muryango we b’abagabo.
1. Uwo yahisemo.
2. Nyina.
3. Nyirakuru.
4. Abandi bose bo mu muryango we b’abagore.
40
Tak’birat ya mbere ugasoma Surat Al fatihat. Kuri Tak’birat ya kabiri
ugasabira Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha). Kuri
Tak’birat ya gatatu kavuga uti: «ALLAHUMA GH’FIRI LI HAYINA WA
MAYITINA WA SHAHIDINA WA GHAIBINA WA SWAGHIRINA WA
KABIRINA WA DHAKARINA WA UNTHAANA INAKA TAALAMU
MUN’QALABANA WA MATHUWAANA WA ANTA ALA KULI SHAYI’IN
QADIIRU.
GUTANGA POLE.
(Kwihanganisha umuntu wapfushije)
41
umusabira ku Mana ngo imuhe kwihangana. Ni byiza ku Muntu wapfushije
kumusura no kumwihanganisha bamuha pole igihe amaze gupfusha.
Hadith: «Umuntu uzihanganisha umuntu wapfushije abona ibihembo
nk’iby’uwapfushije»
Iyo umuntu yapfushije uje kumuha pole amukora mu ntoki avuga aya
magambo «ADWAMA LLAHU AJIRAKA WA AH’SANA IZAAKA
WA GHAFARA LI MAYITIKA» (Imana ikongerere ibyiza byinshi iguhe
n’icyubahiro cyiza ibabarire n’umuntu wawe wapfuye). Iyo ugiye kwinjira mu
marimbi y’abayislamu uravuga uti «ASALAM ALAYIKUM DARA QAUMI
MUUMININA WA INAA INSHAA LLAHU BIKUM LAAHIQUNA
ALLAHUMA LATAH’RIM’NA AJIRAHU WALA TAF’TINA BAADAHU
WAGH’FIR LANA WA LAHU NAS’ALU LLAHA LANA WA LAKUMUL
AAFIYATA». (Amahoro n’umugisha bibe kuri mwe bantu bo mu bituro
by’abemera, natwe Imana nibishaka tuzabasanga aho.
Mana ntutwime kubihembo byabo kandi ntuzatugerageze nyuma yabo
utubabarire nabo ubababarire ibyaha, turagusaba Mana tunabasabira nabo
ngo uduhe twese ubuzima bwiza).
GUTANGA I ZAKAT.
(Amaturo)
42
IBYIZA BYO GUTANGA I ZAKAT.
Ibyiza byo gutanga i Zakat tubisanga muri Hadith: Hadith: «Umugabo yaje
ku Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) aramubwira ati:
“Ni ikihe gikorwa nakora kikanyinjiza mu ijuru? Intumwa Muhamad (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) aramubwira ati: Jya usenga Imana imwe
ntukayibangikanye n’icyo aricyo cyose, uhozeho amasengesho atanu (5) buri
munsi, utange amaturo (Zakat), ukunde na bene wanyu»
43
UKO BABARA ZAKAT
a. Zakat ya Zahabu:
Ibisobanuro: Iyo umuntu afite zahabu abitse icya mbere agomba kubanza
ni ukureba ko igejeje ku gipimo fatizo aricyo garama 85,iyo asanze zigezeho
kandi azimaranye umwaka aba agomba kuyitangira zakat. Uko apima Zakat:
ye rero ni ugufata zahabu ye yose akayipima maze akayigabanya na 40
igisubizo abonye akaba aribyo atanga. Urugero: Umuyislamu ufite garama
200 za zahabu azigabanya na 40, igisubizo abonye akaba ariyo zakat agomba
gutanga.dore uko bikorwa mu mibare: Garama 200*1:40 = garama 5 iyo niyo
zakat yatanga kuri 40. Garama 200 kuko azigabanyije na 40.
Ufite zahabu ingana na garama 500 atanga atya:
Garama 500*1 :40 = garama 12,5.
Mbese ni ukuvugako iyo zahabu ye igeze kuri garama 85 gusubiza hejuru
ayimaranye umwaka arayifata akayigabanya na 40, ibyo abonye bikaba ari yo
zakat agomba gutanga.
b. Zakat ya Feza:
IGIPIMO FATIZO BAHERAHO IGITANGWA
Guhera kuri garama 595 gusubiza hejuru 1/40
Ibisobanuro: Iyo ufite feza ubitse, icyo ubanza gukora ni ukumenya niba
igejeje ku gipimo fatizo cyo gutanga zakat aricyo garama 595,iyo usanze
uzigejejeho kandi zimaze umwaka igomba gutanga zakat. Uko uyipima: Ni
ugufata feza yawe yose ukayigabanya na 40, ibyo ubonye akaba ari yo zakat
ugomba gutanga.
Urugero: Ufite garama 800 za feza azigabanya na 40 atya: Garama 800 * 1 : 40
= garama 20, iyo niyo zakat yayitangira.
Ufite feza ingana na garama 1000 azigabanya na 40 atya: Garama 1000 *1 : 40
= garama 25, iyo niyo zakat agomba kuyitangira.
44
Icyitonderwa: Utagejeje ku bipimo fatizo byavuzwe hejuru kuri zahabu na
feza ntabwo ategetswe gutanga zakat.
- Zahabu cyangwa Feza zigamijwe kuri zakat yavuzwe hejuru ni ibyo umuntu
abitse nk’umutungo, naho uwaba azicuruza uwo atanga zakat y’ibicuruzwa
hakurikijwe agaciro ka byo nk’uko iri busobanurwe imbere.
2. ZAKAT Y’AMAFARANGA.
3. ZAKAT Y’IBICURUZWA.
Ufite ibicuruzwa ibyo ari byo byose mu iduka byaba imodoka, imyenda,
pieces, telephones, ibiribwa n’ibindi bicuruzwa binyuranye abantu bacuruza,
icyo
45
akora cya mbere ni ukumenya agaciro kabyo byose kugirango amenye niba
agejeje ku mafaranga y’ifatizo yo gutanga zakat, ibyo abigeraho yifashishije
inzira yo gukora ibarura ry’ibicuruzwa byose akurikije igiciro gitoya
atangira buri gicuruzwa maze akagenda ateranya amafaranga ya buri kintu.
Iyo abirangije areba igiteranyo cya byose. Iyo asanze icyo giteranyo kigeze
kugaciro ka zahabu ingana na garama 85 cyangwa feza ingana na garama 595
kandi abimaranye umwaka ubwo aba agomba gutanga zakat. Ubwo ahita
atanga zakat y’agaciro k’ibyo bicuruzwa byose nk’uko atanga iy’amafaranga,
uko abigenza afata icyo giteranyo akakigabanya na 40, ibyo abonye nibyo
zakat agomba gutanga.
46
4. ZAKAT Y’IBIHINGWA.
5. ZAKAT Y’AMATUNGO.
47
1/40 cy’agaciro ayo mafaranga afite. Naho iyo ayo matungo adateganyirijwe
ubucuruzi, ahubwo ari ayo gukamwa cyangwa kororoka kandi akaba
ayahirira anayagurira ubwatsi, icyo gihe nta Zakat y’amatungo atanga ariko
atanga zakat y’ibiyakomokaho nk’amata iyo umusaruro wayi ugejeje ku
mafaranga fatizo yo gutanga zakat kandi akaba amaze umwaka. Ibipimo
fatizo byo gutanga Zakat mu matungo: Igipimo fatizo, umuntu agomba kuba
agejejeho kugira ngo ategekwe Zakat y’amatungo:
- Ku ihene, agomba kuba afite nibura ihene mirongo ine (40).
- Ku nka, agomba kuba afite nibura inka mirongo itatu (30).
- Ku ngamiya, agomba kuba afite nibura ingamiya eshanu (5).
a. Ihene:
Nyuma y’aha, kuri buri hene 100 utangamo imwe, iyo zigeze kuri 400 kugeza
kuri 499 utanga ihene 4, zagera kuri 500 ugatanga ihene 5 bityo bityo.
Icyitonderwa: Ihene n’intama byose bishyirwa mu muryango umwe.
b. Inka:
- Nyuma yaho kuri buri nka 30 utangamo inka imwe (1) ifite umwaka.
- Kuri buri nka 40 ugatangamo inka (1) ifite imyaka ibiri.
- Kuri buri nka 50 utangamo inka (1) ifite imyaka ibiri kimwe no kuri 40.
- Kuri buri nka 70 utanga inka ebyiri (2), imwe (1) ifite imyaka ibiri n’indi (1)
ifite umwaka umwe.
48
- Kuri buri nka 100 utanga eshatu (3), ebyiri (2) zifite umwaka umwe n’imwe
(1) ifite imyaka ibiri.
- Kuri buri nka 120 utanga inka enye (4) zifite umwaka umwe buri imwe,
cyangwa ugatanga inka eshatu (3) zifite imyaka ibiri
c. Ingamiya:
- Nyuma yaho, iyo zirenze ingamiya 120 kuri buri ngamiya 40 utanga
ingamiya ifite imyaka ibiri,naho kuri buri ngamiya 50 utangamo ingamiya
ifite imyaka itatu,ufite ingamiya 121 utangamo eshatu (3) buri imwe ifite
imyaka ibiri.
- Ufite ingamiya 130: Atanga eshatu (3); imwe ifite imyaka itatu n’izindi
ebyiri buri imwe ifite imyaka ibiri.
- Ufite ingamiya 150: Atanga eshatu (3), zifite imyaka itatu buri imwe.
49
- Ufite ingamiya 160: Atanga enye (4); buri imwe ifite imyaka ibiri.
- Ufite ingamiya 180: Atanga ebyiri (2) zifite imyaka itatu hamwe n’izindi
ebyiri (2) buri imwe ifite imyaka ibiri.
- Ufite ingamiya 200: Atanga eshanu (5) buri imwe ifite imyaka ibiri cyangwa
agatanga enye (4) buri imwe ifite imyaka itatu, bityo, bityo…
- Muri Zakat y’ihene, hatangwa isekurume ifite amezi atandatu (6) cyangwa
ishashi ifite umwaka.
- Ntibyemewe gutanga imfizi muri buri bwoko bwose bw’amatungo twavuze
haruguru, uretse inka niho honyine byemewe n’igihe amatungo ari imfizi
gusa zihari igihe cyo gutanga zakat.
- Usarura zakat ntiyemerewe guhitamo amatungo meza arimo kuruta andi,
urugero: itungo rihaka, imfizi igihe ariyo bakoresha mu kwimya, ifite inyana
icyonsa, ahubwo afata iziri mu rugero. Yirinda inziza cyane n’imbi zifite
inenge.
- Ntibyemewe gutandukanya amatungo ari hamwe, kubera gutinya gutanga
zakat. Urugero: iyo atunze ihene mirongo ine (40), ntiyemerewe
kuzigabanyiriza ahantu habiri kugira ngo uzaza gusaruza azasange zitagejeje
ku mubare.
- Ntibinemewe ko abantu batandukanye bahuza ihene zabo, buri wese afite
mirongo ine (40), bagakora amayeri yo kuzitirira umuntu umwe, zikaba 120
hagatangwamo imwe gusa.
6. ZAKAT Y’UBUKI.
50
Sosiyete na Koperative z’ubuhinzi:
Zakat ku migabane:
8. ZAKAT Y’UBUKODE.
51
byinjiza iyo bugeze ku mafaranga fatizo yo gutanga zakat kandi akaba amaze
umwaka ayabitse.
52
n’abazikoreye, n’abinjiye idini vuba, n’abaja, n’abananiwe kwishyura imyenda,
n’abari mu nzira y’Imana (Jihadi), n’abari ku rugendo, iryo ni itegeko rivuye
ku Mana, mu kuri Imana niyo ifite ubumenyi n’ubugenge).
ZAKATUL FITRI.
Zakatul fitri: Igomba gutangwa gusa mu kwezi kwa Ramadwani kuva iminsi
cumi ya nyuma itangiye kugeza mu gitondo cy’i layidi mbere yuko basenga
isengesho ry’i layidi. Uyitanze mbere yuko basenga i layidi uwo kuri we iba
ari Zakatul fitri, naho uyitanze nyuma yuko basenga i layidi, uwo ntabarwa
ko yatanze Zakatul fitri ahubwo iba ari isadaka isanzwe.
53
Ubwoko bw’Igisibo: Igisibo kirimo amoko atatu:
- Igisibo cya Faradwa (itegeko).
- Igisibo cya Sunat (ingereka).
- Igisibo cya Kafarat na Nadhir (icyiru n’umuhigo)
54
gukira: Uwo agaburira umukene umwe buri unsi abandi basibye.
IBYANGIZA IGISIBO.
55
b. Gufunga amezi abiri akurikirana, waba nabyo utabishoboye:
d. Kugaburira abakene mirongo itandatu (60) ibiryo bikunze kuribwa muri
ako karere.
Ikitonderwa: Iki cyiru kigomba gukurikiranywa uhereye kucya mbere
kugeza kucya nyuma. Ntawe ugomba kwimukira ku cyiru kabiri ashoboye
icya mbere, Imamu wenyine niwe ufite uburenganzira bwo kwimurira
umuntu ku cyiru cya kabiri iyo abona atashobora icya mbere. Iyo umuntu
abonanye n’umugore we iminsi irenze umwe (1) atanga ibyiru bingana
n’iyo minsi. Biremewe mu kwezi kwa Ramadwani kwiteza urushinge
igihe urwaye; biremewe nanone kwiyuhagira igihe ufite icyokere, kwisiga
amarashi no kuyihumuriza; ndetse biremewe no gutanga amaraso mu gihe
cy’ukwezi kwa Ramadwani.
ISUNAT Z’IGISIBO.
1. Kurya idaku:
56
3. Kureba cyane abagore no gutekereza cyane ku mibonano mpuza bitsina.
4. Kumviriza Ibiryo cyangwa ibinyobwa nta mpamvu.
IBISIBO BY’ISUNAT.
57
7. Gusiba umunsi bita Yaumu Arafat kubatari Makka bagiye gukora Hijat.
uwo
munsi rero ukaba ari tariki ya(9) z’ukwezi kwa Dhul Hijat (ukwezi kwa 12
kw’icyarabu).
ITIKAFU.
58
abamalayika bamanuka ari benshi mu ijoro baje gusabira abemera imigisha.
Hadith: “Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yatubwiye
ko dushobora gushakira Layilatul Qadri mu minsi icumi (10) ya nyuma ya
Ramadwani”. Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
yatwigishije ko uzaba arimo gusenga, muri ayo majoro ajye avuga aya
magambo cyane: “ALLAHUMA INAKA AFUWUN TUHIBUL AFUWA
FA AFU ANIY”. Na none Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) atwigisha ko tugomba gushakira Layilatul Qadri mu minsi icumi
(10) ya nyuma ya Ramadwani cyane cyane mu minsi y’ibiharwe.
HIJAT NA UMURAT.
Imana yadutegetse gukora Hijat kubera ibyiza byinshi birimo, muri byo:
Hadith: “Uzakora Hijat ntakoremo ubwononnyi cyangwa andi makosa,
azagaruka yahanaguweho ibyaha nkuko nyina yamubyaye ameze”.
Hadith: “Umurat kugeza ku yindi umurat ihanagura ibyaha hagati yazo, na
Hijat ikozwe neza nta kindi gihembo cyayo uretse ijuru”.
59
* Qiranu.
- Tamatuu: Ni ugukora Umurat mu mezi ya Hijat, warangiza ugategereza
iminsi ya Hijat ugakora Hijat wakuyemo Ih’ram.
- Ifradu: Ni ugukora Hijat yonyine nta Umurat.
- Qiranu: Ni ukugambirira gukora Hijat na Umurat mu gihe kimwe,
ibikorwa bya Umurat bikajya byinjiranamo n’ibya Hijat, ukaza witwaje
itungo ry’igitambo.
- Kugambirira gukora Umurat na Hijat, bigomba kubera ku mipaka
yabugenewe, ariyo:
- Dhul khulayifat.
- Al juh’fat.
- Yalamlam.
- Qarnul manazil.
- Dhata ir’qi.
Warangiza ukambara imyenda yabugenewe bita Ih’ram, ukavuga uti:
“LABAYIKA ALLAHUMA UMURATA”, warangiza ugakora ibikorwa bya
Umurat bikurikira:
1. Kwambara Ih’ram.
2. Kugambirira.
3. Gukora Twawafu, (kuzunguruka Al kaabat) inshuro zirindwi (7) uhereye
ku Ibuye ryirabura.
4. Kugenda hagati ya Swafa na Mar’wat inshuro zirindwi (7) uhereye ku
musozi wa Swafa ukarangiriza kuri Mar’wat.
5. Kogosha umusatsi cyangwa kuwugabanya.
60
Ku itariki ya munani (8/12 Dhul Hijat) z’ukwezi kwa cumi na kabiri
kw’icyarabu bita Dhul Hijat,umuntu waje gukora Hijat yambara Ih’ram mu
nzu ye i Makka, yarangiza akagambirira avuga ati: “LABAYIKA
ALLAHUMA HIJATUN”. Akajya Mina kuri uwo munsi bita yaumu
Tar’wiyat, akararayo agasengerayo Adhuhur na Al aswir, Magh’rib na Al
ishau na Al fajir buri sengesho ku gihe cyayo ariko isengesho rya rakat enye
(4) agasenga rakat ebyili (2) gusa. Ku itariki ya cyenda (9/12, Dhul Hijat)
izuba rirashe,
yerekeza ku musozi wa Arafat agasengerayo Adhuhur na Al aswir
azifatanyije, rakat ebyili ebyili kuri adhana imwe na iqamat ebyili. Kuri
uwo musazi wa Arafat agomba guhagarara atarenze imbibi zawo. Iyo
izuba rirenze kuri uwo munsi wa cyenda (9/12), ava ku musozi wa Arafat
ukerekeza aho bita Muzidalifat ugasengerayo Magh’rib na Al ishau
uzifatanyije kuri adhana imwe na iqamat ebyili, ariko Al ishau agasenga rakat
ebyili. Akarara
Muzidalifat agasengerayo Al fajir, yarangiza isengesho rya Al fajir
agahagarara ku musozi bita Mash’aril harami akahasabira Imana cyane
anayisingiza. Biremewe ku barwayi n’abanyantege nke ko bashobora kuva
Muzidalifat nyuma ya Saa sita z’ijoro bakajya kurara Mina. Iyo umuntu araye
Muzidalifat ni ngombwa ko arara atoraguye yo utubuye (21) two gutera
shitani. Ku itariki ya cumi (10/12, Dhul Hijat) ava Muzidalifat izuba rirashe
ukajya Mina ariwo munsi w’ilayidi ukajya gutera amabuye shitani bita
Jamuratu aqabatu ya mbere cyangwa inkuru utubuye turindwi duto (7),
uko uteye akabuye ukavuga uti: “Allahu ak’bar ”.
Kuri uwo munsi wa cumi (10) agomba kubaga itungo ryawe ry’igitambo,
kubaga birakomeza iminsi itatu (3). Ushoboye kurya kuri iryo tungo ni
byiza no kuritangaho isadaka. Naho udafite icyo agura itungo, asiba iminsi
itatu (3) ari muri Hijat, irindwi (7) akazayisiba agarutse iwabo ikuzura icumi
(10). Kuri uwo munsi wa cumi (10) kandi umuntu arangije gutera
amabuye no kubaga, agomba kogosha umusatsi cyangwa kuwugabanya.
Iyo icyo gikorwa kirangiye umuntu aba yemerewe gukuramo Ih’ram
akambara imyenda ye isanzwe,ibikorwa byose byari biziririje kuri we
bikaba biziruwe uretse gukora imibonano mpuzabitsina gusa. Iyo arangije
kogosha cyangwa kugabanya, ajya Makka gukora Twawafu bise Al ifadwa
(y’itegeko),ukazenguruka Al kaabat inshuro zirindwi (7) uhereye ku ibuye
ryirabura. Iyo Twawafu irangiye umuntu aba yemerewe gukora ibintu byose
byari biziririjwe kuri we ndetse no kubonana n’umugore we,iyo ibyo byose
61
birangiye asubira Mina akararayo. Ku itariki ya cumi n’imwe (11/12, Dhul
Hijat) nyuma yuko izuba riva mu kirere hagati Saa sita 12h umuntu
agomba kujya gutera shitani amabuye (Jamaraati) zose uko ari eshatu (3),
utubuye makumyabiri na kamwe (21). Ku itariki ya cumi n’ebyiri (12/12,
Dhul Hijat),umuntu yongera kujya gutera shitani amabuye (Jamaraati) zose
nanone uko ari eshatu (3),kuri ya saha nanone,utubuye makumyabiri na
kamwe (21). Iyo igihe cyo gutaha kigeze wumva utagomba kurara Makka
kuri uwo munsi wa (12/12) ugomba gukora Twawafu bise Al wadaat (yo
gusezera), ugahita utaha. Iyo udahise utaha ukarara Mina nanone ku itariki
ya cumi na gatatu (13/12, Dhul Hijat) izuba rivuye hagati wongera kujya
gutera amabuye (Jamaraati) zose uko ari eshatu(3) icyo gihe Hijat ikaba
irarangiye iyo ushatse gutaha ugomba gukora Twawafu Al wadaat ugataha.
62
ALAYIKA YA KHAYIRA KHAL’QILAHI, ASALAM ALAYIKA AYUHA
NABIYU WA RAH’MATU LLAHI WA BARAKATUHU ALLAHUMA
SWALI ALA MUHAMAD WA ALA ALI MUHAMAD KAMA
SWALAYITA ALA IBRAHIMA WA ALA ALI IBRAHIMA WA BARIKI
ALA MUHAMAD WA ALA ALI MUHAMAD KAMA BARAK’TA ALA
IBRAHIMA WA ALA ALI IBRAHIMA INAKA HAMIDUN MAJIDUN.
ASH’HADU ANAKA ABDULLAHI WA RASULUHU, WA ANAKA
BALAGH’TA RISALA WA ADAYITAL AMANA WA NASWAH’TAL
UMAT WA JAHAD’TA FI LAHI HAQA JIHADIHI FA JAZAKA LLAHU
AN UMATIKA AF’DWALA MA JAZAA NABIYA AN UMATIHI”
4. Ukajya iburyo gato ugasuhuza Abu bakri umusabira ko Imana
yamwishimira ugira uti: “ASALAM ALAYIKA YA ABA BAKRI SWIDIQI
SWAFIYU RASULI LAHI WA SWAHIBUHU FIL GHARI JAZAKA LLAHU
AN UMATI MUHAMAD KHAYIRA”
5. Ukigira iburyo nanone gato ugasuhuza Umar bunil Khatwabi umusabira
ko Imana yamwishimira ugira uti: “ASALAM ALAYIKA YA UMAR AL
FARUQ WA RAH’MATU LLAHI WA BARAKATUHU JAZAKA LLAHU
AN UMATI MUHAMAD KHAYIRA” warangiza ugasohoka. Iyo ushatse
kugira ubusabe usaba ugomba kwigira hirya gato y’izo mva ukerekera
Kiblat ugasaba icyo ushaka. Nibyiza k’umuntu wagiye gusura urusengero
rw’intumwa Muhamad ko yasengera no mu musigiti wa Qubai no gusura
Baqii (amarimbi ya Madina) no gusura aho abaguye k’urugamba rwa Uhudi
bashyinguwe.
AMATEGEKO Y’UMURYANGO.
1. Kurongora:
Kurongora muri Islam ni itegeko kuko ari umwe mu migenzo y’intumwa
zose zabayeho, kandi kurongora ni byiza kuruta kubireka ugamije
kwiyegurira
Imana mu masengesho ya sunat kubera ko intumwa Muhamad yabujije
umuntu umwe mu bantu batatu (3) bari biyeguriye Imana yaretse kurongora.
Intumwa Muhamad amubwira ko kurongora ari mu migenzo ye ko uzareka
imigenzo ye atazaba ari mu bantu be aramubwira ati: “Yemwe basore muri
mwe, uzagira ubushobozi bwo kurongora azarongore kuko bituma umuntu
ahumbya amaso, kandi akarinda ubwambure bwe, naho utarabugira ajye
asiba ( Swawumu) kuko igisibo kuri we ari ingabo”.
63
Ibyiza byo Kurongora:
Amategeko yo kurambagiza:
64
mugenzi we yarambagije”
d) Ntibyemewe kurambagiza mu mvugo zeruye umugore uri muri Eda.
Biremewe kurambagiza umugore uri muri Eda y’ubutane bwa gatatu (3)bita
Al bainu mu mvugo ziteruye nanone. Ntabwo isezerano ryo gushyingiranwa
rigomba kubaho hatabeyeho ndemeye y’umukobwa.
Amategeko yo gushyingira:
65
INKINGI ZA NIKAHI.
66
bafite uburenganzira bwo guhagararira umukobwa bemerewe gushyingira
umukobwa muto utarageza igihe cyangwa ugejeje igihe atabyemeye.
Kwemera k’umukobwa ukiri isugi akenshi na kenshi bigaragarira mu
guceceka, naho k’umugore wavuye mu nzu ni ukuvuga. Umuntu wese
ushaka kurongora umukobwa arera, biremewe ko yamurongora ariko abanje
kumubaza.
KURONGORA UMUHAKANYI.
67
MIN QABLIKUM, IDHA AATAYITUMUHUNA UJURAHUNA» Maidat:
5. (N’ibiryo bya babandi bahawe igitabo biraziruwe kuri mwebwe, n’ibiryo
byanyu biraziruwe kuri bo, mwemerewe kurongora abagore bifashe neza mu
bemerakazi, n’abifashe neza muri babandi bahawe igitabo mbere yanyu,igihe
muzaba mubahaye inkwano zabo). Nanone umuyislamu abujijwe kurongora
muba bangikanyamanakazi, uretse igihe uwo yifuza kurongora azaba
yemeye. Qor’an: «WALA TANKIHUL MUSHIRIKAATI HATA YUUMINA»
Baqarat: 221. (Ntimuzarongore ababangikanyamana kazi keretse bamaze
kwemera). Igihe umwe mubahawe igitabo azaba umuyislamu cyangwa
abashakanye bombi b’abahakanyi bakaba abayislamu bakomeza kuba kuri
Nikahi yabo. Iyo umwe mubashakanye yinjiye idini cyangwa umwe mu
bashakanye b’abayislamu akava mu idini iyo ibyo bibaye batari baryamana
Nikahi yabo ihita yangirika ako kanya. Naho iyo bibaye bararyamanye uwari
umuhakanyi akinjira idini nawe muri Eda y’umugore we itararangira Nikahi
yabo ikomeza kuba yayindi. Naho iyo umugabo atinjiye idini muri Eda
y’umugore we Nikahi yabo iba yangiritse kuva igihe batandukanirije idini.
68
ibibazo by’urugo ariko akirinda gusesagura. Hadith: “Umugore witwa
HINDU yabwiye Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
ati: Umugabo wanjye ABU SUF’YANI ni umunyabugugu cyane ntampa
iposho rimpagije n’umwana wanjye intumwa Muhamad (Imana imuhe
amahoro n’imigisha) aramubwira ati: “Jya wiha mu mutungo we ibiguhagije
wowe n’umwana wawe ariko wirinde gusesagura”
ITALAKA.
(Ubutane)
69
uwo mugabo akaba ari mukuru kandi abigambiriye.
Itegeko ry’Italaka:
70
mihango abo bose nta Sunat iba mu italaka zabo nta n’impimbano ibamo,
igihe cyose umubwiye uti: Nguhaye italaka iba ibaye italaka ako kanya.
UBWOKO BW’ITALAKA.
1. Baainu.
2. Rajia.
RAJIA.
71
THALATHATA QURUUI”. Baqarat: 228. (Abagore bose igihe bahawe
italaka bajye bicara Eda imihango itatu (3) cyangwa amasuku atatu (3).
Qor’an “WA BUULATUHUNA AHAQU BI RADIHINA FI DHALIKA
IN ARADUU ISW’LAHAA”. Baqarat: 228. (N’abagabo babo bafite
uburenganzira bwo
kugarura abagore babo igihe bakiri muri Eda baramutse bashaka kwiyunga).
Iyo umuntu ashaka kugarura umugore we, ashaka abagabo babiri
b’Abayislamu akababwira ati: Mumbere abahamya ko ngaruye umugore
wanjye. Icyo gihe si ngombwa Waliyu, nta n’izindi nkwano zitangwa, nta
no kubanza gutegereza ko yemera. Iyo umugore ari muri Eda umugabo we
akamusanga aho akorera Eda akaryamana nawe icyo kiba ari ikimenyetso
cyo gusubirana. Iyo umugabo agaruye umugore we, aragaruka akaba
asigaranye italaka zikurikira, bisobanura ko gucyura umugore bidasiba
italaka.
Umugabo aretse umugore we Eda ye ikarangira akajya mu italaka ya
burundu akarongorwa n’undi mugabo, nawe bakazatana burundu akagaruka
ku mugabo we wa mbere agarukana ya Talaka agategereza izisigaye.
BAAINU.
72
uwo mugore abanza gushakwa n’undi mugabo bakabana hanyuma bazatana
umugabo we wa mbere ashobora gusubirana nawe, na none habayeho
gusaba bushya, n’inkwano nshya, na Nikahi nshya.
EDA.
73
keretse igihe umugabo yagiranye nawe imibonano mpuzabitsina nk’uko
bigaragazwa n’imvugo y’Imana igira iti: Qor’an: “yemwe abemeye
nimushyingiranwa n’abemerakazi mwarangiza mugatandukana nabo mbere
y’uko mugirana
imibonano nabo, ntabwo murebwa na Eda bakwicara”. Naho abapfushije
abagore babo bagomba kwicara Eda uko byagenda kose nk’uko bigaragazwa
n’imvugo y’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) igira iti:
Qor’an: “N’abagabo bitaba Imana muri mwe bagasiga abagore babo bagomba
kwicara amezi ane n’iminsi icumi”.
Impamvu byategetswe:
74
Nk’uko Imana ibivuga aho igira iti: Qor’an: “Abagore basenzwe n’abagabo
bagomba gutegereza kugeza bagiye mu mihango inshuro eshatu.”Qor’an
2:228.
- Usenzwe n’umugabo we (amuhaye Italaqa) ariko atajya mu mihango
kubera ko akiri muto cyangwa se yarengeje igihe cyo kuyijyamo, nk’uko
bigaragazwa n’imvugo y’Imana igira iti: Qor’an: “Na babandi batakijya
mu mihango (barengeje igihe) Eda yabo ni amezi atatu ndetse na babandi
batageze igihe cyo kuyijyamo”. Twalaq: 4.5.
- Umugore wasenzwe n’umugabo we, imihango ye yarahagaze, kandi atazi
icyayihagaritse (akiri muto) icyo gihe Eda iba umwaka; amezi icyenda yo
gutwita n’amezi atatu ya Eda kutakijya mu mihango. Ibi bikaba bishingiye
ku rubanza Omar yaciye kuri uwo muntu akamugenera umwaka kandi
bikemerwa n’abasangirangendo bariho icyo gihe.
- Umugore wabuze umugabo we ntamenye irengero rye (ko yaba ari muzima
cyangwa yaritabye Imana: icyo gihe Eda ye iba ingana n’imyaka ine kuva
igihe umugabo we yaburiye. Igihe kubura kwe bigaragara ko yitabye Imana,
nk’umuntu ubwato yagiyemo bwaba bwararohamye. Naho igihe bigaragara
ko kubura kwe bitateye ubwoba kuba yarapfuye nk’umuntu wagiye ajya
kwiga cyangwa gutembera akaburirwa irengero, icyo gihe ategerezwa igihe
kingana n’imyaka 90 uhereye igihe yavukiye. Ibi nabyo bikaba ari uburyo
Omar yaciye urubanza ndetze n’abandi basangirangendo b’Intumwa.
Ku bw’ibyo umugore wabuze irengero ry’umugabo we ashobora gusaba
ubutabera bw’idini gusesa amasezerano yo kubana igihe yumva gutegereza
icyo gihe atabyihanganira, agahita akora Eda isanzwe (bitewe n’igihe arimo
hakurikijwe Eda zavuzwe haruguru).
75
yasenzwe (yahawe italaqa ya nyuma) akorera Eda aho ashaka nk’uko
tubisanga mu mvugo y’Intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) yabwiye Fatwima mwene Qayisi igihe yabazaga Intumwa agira
ati: Umugabo wanjye yampaye Italaqa ya gatatu, Intumwa y’Imana (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) imwemerera gukorera Eda ye mu rugo iwabo”.
Yakiriwe na
Muslim. Igihe yahawe Italaqa byemewe kuba yamugarura, Eda ye ayikorera
mu rugo rw’umugabo we, kuko ategetswe kuhaguma, nk’uko Imana ibivuga
aho igira iti: “Ntibagomba gusohoka mu ngo zabo kereste bakoze amahano
agaragara” Twalaq 65:4. Ibireba umugore wapfushije umugabo: Ni ukureka
ibintu byose bijyanye no kwitaka bisanzwe bikorerwa umugabo, igihe
umugabo wawe yitabye Imana kugeza Eda ye irangiye. Umwanya bifite
mu idini: Ni itegeko kuri buri mugore wapfushije umugabo we bakoranye
amasezerano yo kubana. Nk’uko Intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) ibitubwira mu mvugo yayo igira iti: “Ntibyemewe ku mugore
wemera Imana n’umunsi w’imperuka ko yababazwa n’uwitabye Imana
yirinda kugira
imitako yikoraho mu gihe kirenze iminsi itatu, uretse umugabo we
abikora igihe cy’amezi ane n’iminsi icumi”.Yakiriwe na Bukhar na Muslim.
Iyo hapfuye utari umugabo we biremewe ko yabireka (kwitaka) mu gihe
cy’iminsi itatu nk’uko iyo mvugo y’Intumwa ibigaragaza. Ibyo umugore
wapfushije umugabo we abujijwe gukoresha:
• Ntiyemerewe gukoresha umubavu (amarashi) ayo ariyo yose. Nk’uko
Intumwa y’Imana yabibujije HADAT amubwira ati: Ntukisige amarashi,
kuko amarashi nayo ari mu bigize imitako.
• Kwisiga amahina n’indi mitako isa nayo.
• Imyambaro myiza(akoresha mu bihe by’ibyishimo)
• Kwambara zahabu cyangwa feza zagenewe imitako nk’uko tubisanga mu
mvugo y’Intumwa y’Imana (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yavuzwe
na Umu Salamat (umugore w’Intumwa) igira iti: “Umugore wapfushije
umugabo ntiyambara imyenda ikoze mu ipamaba ry’amabara atatse,
ntiyambara na zahabu cyangwa feza, nta n’ubwo yisiga iwanja n’ibindi
by’imitako”.Yakiriwe na Abu Daudi.
- Umugore kandi wapfushije umugabo, abujijwe kwitaka aziririjwe kandi
n’ibisa nkabyo. Ariko gusa yemerewe kwambara imyambaro isanzwe, no
kwisukura, no gutunganya no gusokoza umusatsi we, yemerewe kandi
gusohoka mu rugo ku manywa igihe afite impamvu, gusa abujijwe kugenda
76
nijoro. Ikindi twavuga ku myambaro ni uko atari ngombwa ibara runaka,
gusa icyangombwa kuri we ni uko agomba kujyakure y’imyambaro.
KWIRABURIRA UMUGABO.
Islam ni idini y’ibihe byose kandi y’abantu bose. Kubera iyo mpamvu rero,
Islam yitaye ku bikorwa bihesha abayislamu icyubahiro no kubarinda
Ibikorwa byose byabatesha Agaciro. Ni muri urwo rwego Islam yibanze
cyane ku kubwiriza abayoboke bayo kureka ubusambanyi kuko ari inzira
mbi kandi itesha nyirayo agaciro. Muri urwo rwego rero Islam yanyuze mu
nzira nyinshi mu kurinda umuyislamu kugwa muri icyo gikorwa giteye isoni
cy’ubusambanyi. izo nzira rero ni izi:
1. Gutegeka kurinda ubwambure no guhumbya amaso:
Itegeko ryo kurinda ubwambure no guhumbya amaso turisanga muri Qor’an
aho Imana itegeka abemera b’abagabo n’abemerakazi ko bagomba kurinda
ubwambure bwabo ntibabukoreshe mu nzira zitemewe n’amategeko, kandi
ko bagomba guhumbya amaso yabo ntibayarebeshe ibyo Imana yaziririje,
kuko ibyo byombi aribyo bikoresho by’ingenzi bikora mu busambanyi.
Imana rero yatugiriye Inama ngo duhumbye amaso igihe tubonye ibishuko
by’abagore kuko amaso areba, umutima ugatekereza, bityo umuntu agashyira
mu bikorwa icyo yabonye. Qor’an: “QUL LIL MUUMININA
YAGHUDWUU MIN AB’SWARIHIM WA YAH’FADWUU
FURUJAHUM DHALIKA AZ’KAA LAHUM INA LLAHA KHABIRU
BIMA YASW’NAUNA”. Nuur: 30. (Bwira abemera b’abagabo bajye
77
bahumbya amaso yabo “igihe babonye ibishuko by’abagore”, kandi barinde
n’ubwambure bwabo. ibyo nibyo bitunganye kuri bo, kandi mu kuri
Imana ni umumenyi w’ibyo bakora) Izo nama nziza rero Imana yazigiriye
n’abemerakazi kuko igikorwa cy’ubusambanyi kidashobora kubaho ku
muntu umwe gusa, ahubwo kibaho k’umugabo n’umugore. Qor’an: “WA
QUL LIL MUUMINATI YAGH’DWUDW’NA MIN ABUSWARIHINA WA
YAH’FADWINA FURUJAHUNA WALA YUBUDINA ZINATAHUNA ILA
MA DHAHARA MIN’HA WAL YADWIRIB’NA BIKHUMURIHINA ALA
JUYUBIHINA”. Nuur: 31.
(Unabwire abamerakazi bahumbye “amaso yabo igihe babonye ibishuko
by’abagabo”, kandi barinde ubwambure bwabo. Ntibakagaragaze imirimbo
yabo, uretse isanzwe igaragara muri yo. Banashyire n’umwenda mu maso
yabo no mu bituza byabo). Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) nayo ntiyahwemye kutugira Inama zishobora kuturinda
Ubusambanyi. Hadith: “Uzarinda ibintu bibiri nanjye nzamuha icyizere cyo
kwinjira mu ijuru: ikiri hagati y’inzasaya ebyili n’ikiri hagati y’ibibero bibiri”.
2. Kubuza ubukozi bw’ikibi ubugaragara n’ubutagaragara:
Qor’an niyo yabaye iya mbere mu kubuza ubukozi bw’Ikibi. Qor’an: “WALA
TAQRABU ZINA INAHU KANA FAHISHATAN WA SAA’A SABIILAA”.
Is’rau: 32. (Ntimukegere ubusambanyi kuko ari igikorwa kibi ikaba n’inzira
mbi) Qor’an: “WALA TAQRABUUL FAWAHISHA MA DHAHARA
MIN’HA WAMA BATWANA”. An’am: 151. (Ntimukegere ibikorwa bibi aho
biva
bikagera, ibigaragara muri byo n’ibitagaragara). Muri iyo mirongo yombi,
Imana nyuma yo kudutegeka guhumbya amaso, ntiyarekeye aho ahubwo
yanadutegetse kutegera ubusambanyi haba ku mugaragaro cyangwa mu
ibanga. Nyuma y’ibyo Imana yafunze inzira zose n’imiryango yose ishobora
kuganisha umuntu mu busambanyi, arizo:
3. Gukinisha umugore utari uwawe: Qor’an: “WA IDHA
SAAL’TUMUHUNA MATA AN FAS’ALUHUNA MIN WARAI HIJABI”.
Ah’zab: 53. (Nimukenera kugira icyo mubabaza (abagore batari abanyu)
mujye mubabariza inyuma y’ipaziya). Hadith: “Umuntu ntakaganire
n’umugore utari uwe, keretse igihe
azaba ari kumwe n’umuziririjweho”. Hadith: “Abagore b’abantu bagiye ku
rugamba (Jihadi) baziririjwe ku bantu basigaye inyuma, nkuko ba Nyina
babaziririjweho, igihe umugabo mu basigaye inyuma asigaye ku rugo
rw’umuntu wagiye muri Jihadi, akamuca inyuma ku munsi w’imperuka
78
azahabwa uburenganzira bwo gufata mu byiza bye kugeza igihe agahinda
gashiriye”.
4. Gukora ibyo Imana yaziririje (ubusambanyi): Imana yaziririje
ubusambanyi mu mirongo myinshi ya Qor’an, ndetse n’Intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) dusanga Hadith nyinshi zigaragaza ko
ubusambanyi ari bubi, ko dukwiriye kubwirinda igihe icyo ari cyo cyose.
Ndetse hashyizweho n’ibihano by’uwakoze ubwo busambanyi n’ibigendana
nabwo nkuko tuzabibona.
5. Gufunga inzira zose zageza umuntu ku busambanyi: Islam mu rwego
rwo gutandukanya umuntu n’ubusambanyi, yihatiye gufunga inzira zose
zishobora kugeza umuntu k’ubusambanyi, nko kubuza umugabo kuganira
n’umugore utari uwe, ndetse no gutemberana nawe, no kubuza uruvange
rw’abagabo n’abagore. Hadith: “Iyo umugore n’umugabo bicaranye ari babiri,
shitani iba ari iya gatatu”. Nanone Islam yabujije umugore kujya mu rugendo
rurerure atari kumwe n’umuziririjweho. Hadith: “Ntibyemewe umugore
kujya mu rugendo rw’iminsi itatu (3) atari kumwe n’umuziririjwe”.
ISHUSHO Z’UBUSAMBANYI.
79
Kugira ngo umuntu yemeze ko undi yasambanye ni ngombwa ibintu bibiri:
80
agomba kwicishwa amabuye. Hadith: “Uwo muzasanga akora imibonano
mpuzabitsina n’umugabo mugenzi we, muzice uwo hasi n’uwo hejuru”.
INGARUKA Z’UBUSAMBANYI.
IBIHANO BY’UBUSAMBANYI.
81
6. Kuba yarashatse.
7. Gushyingirwa kwe kugomba kuba kwemewe n’amategeko.
- Abamenyi bavuga ko iyo umugabo washatse akoze ubusambanyi cyangwa
umugore washatse, nta kindi gihano bahabwa uretse guterwa amabuye,
kugeza bapfuye. Hadith: “Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) yatanze itegeko ryo gutera amabuye abayahudi babiri bari
basambanye, ndetse n’umuntu witwa Maizu kubera igikorwa bakoze
cy’ubusambanyi”. Naho umuntu utari warongora, iyo afatiwe mu cyaha
cy’ubusambanyi, amategeko avuga ko agomba gukubitwa ibiboko ijana
(100) no kumwirukana muri uwo mujyi umwaka wose. Hadith: “Ingaragu
ku ngaragu bajye babakubita ibiboko ijana (100) no kwirukanwa mu mujyi
umwaka, naho uwashatse ni amabuye kugeza apfuye”. Kwirukanwa mu mujyi
bikorerwa umusore gusa, naho umukobwa akubitwa Ibiboko gusa.
82
- Naho mu gukomeretsa umuntu, Islam iravuga iti: Qor’an: “ WA KATAB’NA
ALAYIHIM FIHA ANA NAFSA BI NAFSI WAL AYINA BIL AYINI WAL
AN’FA BIL AN’FI WAL UDHUNA BIL UDHUNI WA SINA BI SINI WAL
JURUHA QISWASWUN”. Maidat: 45. (Twategetse “Abayisiraheri” muri
Taurati ko Umuntu ahorwa undi, ijisho rihorwe irindi, izuru ku rindi,
ugutwi ku gutwi, iryinyo ku rindi, n’ukomerekeje akomeretswe). Ni muri
urwo rwego, Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha)
atubwira iti: Hadith: “Uzaca umugaragu we urugingo tuzamuca urundi”.
Ariko Islam yemera ko hari igihe amaraso y’umuntu ashobora kumeneka
kubera impamvu runaka, arizo:
1. Umuntu wishe undi.
2. Umuntu usambanye yarashatse.
3. Umugabo ukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugabo mugenzi we.
4. Umuntu uvuye muri Islam (Mur’tadi).
- Ku byerekeye umutungo w’umuntu, Islam ibuza umuntu uwari we wese
kurya umutungo wa mugenzi we nta mpamvu; ndetse yagennye n’ibihano
kuwo ariwe wese uzakora iryo kosa: Qor’an: “WALA TA’AKULUU
AMUWALAKUM BAYINAKUM BIL BATWILI”. Baqarat: 88. (Ntimuzarye
imitungo yanyu hagati yanyu ubwanyu mu nzira zitari iz’ukuri)
- Islam muri urwo rwego yemera ko abantu bashobora gufatanya mu
bucuruzi, hanyuma bakagabana inyungu.
- Ariko na none Islam yemera ko hari inzira umuntu ashobora kuryamo
umutungo wa mugenzi we, arizo:
1. Igihe yagukoreye ari umukozi wawe.
2. Igihe umuhaye intashyo (izawadi).
3. Iminyago ku uugamba (ghanimat).
4. Jiziyat (amahoro atangwa nabatari abayislamu baba mu bihugu
by’Abayislamu kubera umutekano wabo) n’ibindi…
AL JINAYAATU.
(Ihohotera)
83
1. Guhohotera umuntu.
2. Konona umutungo.
3. Guhohotera ubwenge.
4. Guhohotera icyubahiro.
5. Guhohotera idini.
- Guhohotera umuntu: ni ukugirira nabi umuntu umujijije ubusa.
* Kwica.
* Gukomeretsa.
Kwica:
84
FATAHARIRU RAQABATIN MUUMINATIN WA DIYATUN
MUSALAMATUN ILA AHALIHI ”. Nisau: 92. (Ntibibaho ko umwemera
yica mugenzi we, uretse igihe atabigambiriye. n’uzica umwemera
atabigambiriye ajye arekura
umucakara w’umwemera atange, na Diyat ishyikirizwa abantu be).
c) Gukomeretsa: Iyo Umuntu yakomerekeje undi ni ngombwa ko nawe
akomeretswa nkuko nawe yamukomerekeje, niba ari urugingo yamuciye,
nawe agacibwa urundi; yamukuramo ijisho nawe agakurwamo irindi ,
nkuko twabibonye mu murongo wa Qor’an watambutse. Umuntu kugira ngo
ahorwe muri urwo rwego, hagomba ibintu bitatu:
1. Kuba ukomerekeje angana n’Ukomerekejwe mu Cyubahiro.
2. Kuba yamukomerekeje Abigambiriye, kuko ukomerekeje Umuntu
atabigambiriye Adahorwa.
3. Kwirinda kurengera mu Guhora.
DIYAT.
(Impongano)
85
DIYAT Y’UMUGORE W’UMUSLAMU UTARI UMUJA.
DIYAT Y’IGISEBE.
GUHOHOTERA UMUTUNGO.
UBUJURA.
86
1. Ubujura bugomba igihano cyoroshye.
2. Ubujura bugomba igihano cyo guca ukuboko.
UBUJURA NI IKI?
87
IBYO UMUNTU AGOMBA KUBA YUJUJE KUGIRA NGO YITWE
UMUJURA.
1. Kuba ari umuntu mukuru, kuko umwana muto amategeko aba atari
yakamureba; kandi ntabe umusazi.
2. Ubushake: Agomba kuba yibye abishaka kuko ushyizweho agahato atitwa
umujura.
3. Ntihabe hagati y’umujura n’icyo yibye “Shubuhat” (nk’umwana kwiba Se)
kuko iyo harimo Shubuhat umuntu atagomba gucibwa ukuboko.
-Ni muri urwo rwego Islam itemera guca ukuboko k’umubyeyi wibye
umwana we cyangwa umwana wibye umubyeyi we.
Igihano cy’Umujura:
UBUJURA BUKURU.
(Al muharibina)
88
YASIAUNA FIL AR’DWI FASADAN AN YUQATALUU AU
YUSWALABUU AU TUQ’TWAA AYIDIYAHUM WA AR’JULUHUM
MIN KHILAFI AU YUN’FAU MINAL AR’DWI, DHALIKA LAHUM
KHIZIYUN FI DUNIYA WA LAHUM FIL AKHIRATI ADHABUN
ADHWIMUN”. Maidat: 33. (Mu kuri ibihano bya ba bandi barwanya Imana
n’Intumwa yayo, bagakora ku Isi ubwononnyi, bazicwe cyangwa babambwe
cyangwa bacibwe amaboko n’amaguru yabo binyuranye cyangwa birukanwe
mu gihugu,ibyo bizabe ari ikimwaro kuri bo hano ku Isi, no ku munsi
w’imperuka bazahabwe ibihano bikomeye cyane). Hadith: “Uzadufatira
Intwaro uwo ntazaba ari muri twe”.
Kugira ngo umuntu yitwe Muharibina, agomba kuba yujuje ibintu bikurikira:
1. Kuba ari mukuru kandi afite ubwenge.
2. Kuba yitwaje intwaro.
3. Kuba ari mu ishyamba cyangwa ahandi hantu hadatuwe.
4. Gutwara ibintu by’abandi k’umugaragaro.
89
yirukanwa mu gihugu kubera iryo terabwoba rye.
GUHOHOTERA ICYUBAHIRO.
* Al Ghibatu: Gusebanya.
* A namimatu: Kubunza amagambo.
* Al Qadhifu: Kubeshyera umuntu ko yasambanye.
90
umuntu Imana yaziririje, kurya Riba (ibyi kirenga), kurya umutungo
w’Impfubyi, Guhunga urugamba, kubeshyera abagore b’abemera biyubashye
ubusambanyi ”. Iriya mirongo twabonye yose yamanutse igihe habagaho
igikorwa bise:
Hadithatul If ’ki cyo kubeshyera Aisha ko yasambanye.
1. Ibiribwa n’ibinyobwa:
Ibiribwa.
91
Ibiribwa birimo amoko abiri (2):
a) Amatungo.
b) Ibindi.
- Ibitari amatungo byose biraziruwe uretse ibyaba ari Najisi (umwanda)
cyangwa ibyagira ingaruka ku buzima bw’umuntu, nk’uburozi: Qor’an:
“HUWA LADHI KHALAQA LAKUM MAFIL AR’DWI JAMIAA”. Baqarat:
29. (Nyagasani niwe wabaremeye ibiri ku Isi byose).
92
KUBAGA.
Ibyo ubaga agomba kuba yujuje: Ubaga agomba kuba yujuje ibi bikurikira:
1. Kuba afite ubwenge, ashoboye kubaga, ari umuyislamu cyangwa uwahawe
Igitabo; kuko umwana muto n’umusazi n’umusinzi, n’umuhakanyi utari
uwahawe igitabo, bitemewe kurya icyo yabaze.
2. Agomba kuvuga izina ry’Imana igihe atangiye kubaga cyangwa arashe
93
Umuhigo, akavuga ati: “BIS’MILAHI ALLAHU AK’BAR”. Iyo adashoboye
kuvuga ari ikiragi, areba ku ijuru akabaga.
- Iyo aretse kuvuga izina ry’Imana igihe arimo kubaga ku bushake: Icyo
abaze ntibyemewe kukirya. Naho iyo atarivuze kubera kwibagirwa: icyo
yabaze biremewe kukirya.Iyo umuntu aretse kuvuga “BISMILAHI” ku
muhigo, yaba yibagiwe cyangwa ku bushake, iyo nyamaswa ntibyemewe
kuyirya.
3. Agomba kubaga akoresheje icyuma gityaye cyangwa ibuye rityaye
cyangwa ikindi cyose kitari iryinyo cyangwa urwara. Hadith: “Ikibazwe
cyose kimennye amaraso, kivugiweho izina ry’Imana, mujye mukirya igihe
cyose kitabagishijwe iryinyo cyangwa urwara”.
IDWITIRARU.
(Kugera ku bwa burembe)
94
- Iyo umuntu ageze kubwa burembe akabona ibiryo bya mugenzi we nawe
umerewe nkuko ameze ntiyemerewe kubirya.
- Naho iyo uwo mugenzi wawe atamerewe nabi, ugomba kubigura nawe,
iyo yanze kugurisha, ubifata ku gahato ukamwishyura igihe uzabonera
ubushobozi.
- Iyo akwishe uba upfiiriye mu nzira y’Imana ukajya mu ijuru, hanyuma
agasigara akurikiranwa impamvu yakwishe.
- Naho iyo ari we upfuye, wowe umwishe ntacyo ubazwa, nta n’icyaha
wandikirwa.
AL AYIMANU.
(Indahiro)
95
Nta Kafarat ku ndahiro y’igihe cyashize yaba abeshya cyangwa avuga ukuri,
kubera ko Indahiro y’igihe cyashize irimo ibice bitatu(3), aribyo:
1. Indahiro y’igihe cyashize y’ukuri: Iyo abamenyi bemeza ko nta Kafarat
igira.
2. Indahiro y’igihe cyashize ariko umuntu agambiriye kubeshya, ariyo
bita
Yaminul Ghamusi: Kuri iyo ndahiro abamenyi bamwe bavuga ko hari
Kafarat, na nyiri iyo ndahiro akabona icyaha kuko Intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) yayishyize mu byaha bikomeye igihe
yavugaga ati: Hadith: “Ibyaha bikomeye ni: Ibangikanyamana, Gusuzugura
ababyeyi bawe, no kwica Umuntu, na Yaminul Ghamusi”.
3. Indahiro y’igihe cyashize umuntu akeka ko ari ukuri bikaza kugaragara ko
atari ukuri: Iyo nayo nta Kafarat ibamo kuko ibarwa mu ndahiro z’imfabusa.
96
KAFARAT Y’INDAHIRO.
KURIMBA.
97
Qor’an na Haditi: Qor’an: “YA BANI ADAMA KHUDHUU ZINATAKUM
INDA KULI MAS’JIDI WA KULUU WA SH’RABUU WALA TUS’RIFUU”
Aarafu: 31. (Yemwe bene Adam mujye murimba igihe cyose mugiye muri
buri
Musigiti kandi murye munanywe ariko ntimugasesagure). Hadith: “Islam
ni idini isukuye bityo mujye mwisukura kuko nta wuzinjira mu ijuru adafite
isuku” Kurimba rero bifite aho bigarukira cyane cyane ku bagabo kuko
atagomba kurimba imirimbo Imana yaziririje kuri we, n’umugore yemerewe
kurimba ariko atarengereye imbibi z’Imana hagati aho rero hari ibyo
abagabo
bahuriyeho n’abagore aribyo:
1. Kwambara Zahabu.
2. Kwambara Feza.
3. Gusiga ihina ku ntoki.
98
h. Umugore abujijwe kwisanisha n’abagabo mu myambarire.
IMYAMBARO.
- Kwambara Ihariri.
- Kwambara imyenda irenze utubumbankore. Hadith: “MA AS’FARAL
KAABAYINI FAHUWA FI NAARI” (Uzambara imyenda irenze
utubumbankore uwo ni mu muriro)
- Kwambara umwenda ugamije kwibona: Hadith: “MAN JARA THAUBAHU
KHUYALAA’A FAHUWA FI NAARI” (Uzambara imyenda miremire
agamije kwibona uwo n’uwo mu muriro)
- Kwambara imyenda ugamije kwamamara.
- Kwambara imyenda ikunze kwambarwa n’abahakanyi. Hadith: “MAN
TASHABAHA BI QAUMIN FA HUWA MIN’HUM” (Uzisanisha n’abantu
abaribo bose azabarwa muribo).
- Umugabo abujijwe kwambara imyambaro y’abagore, n’umugore kwambara
imyambaro y’abagabo. Hadith: “LAANA LLAHU RAJULA YAL’BASU
LIB’SATAL MAR’ATI WAL MAR’ATA TAL’BASU LIB’SATA RAJULI”
(Imana ivuma umugabo wambara imyambaro y’abagore n’umugore wambara
imyambaro y’abagabo)
-Umugabo abujijwe kwambara imyambaro ifashe cyangwa yoroshye cyane.
- Umugabo abujijwe kwambara imyambaro iriho ibirangantego
by’abahakanyi cyangwa by’abononnyi.
- Umugabo abujijwe kwambara imyenda iriho amafoto y’abantu cyangwa
y’inyamaswa.
99
- Umugabo abujijwe kwambara imyambaro yanditseho amagambo aziririje.
100
by’Abahakanyi, ariko batabangamiye ukwemera kwe kubera wenda imbaraga
z’umuryango we cyangwa ikindi kintu icyo aricyo cyose. Uwo rero kwimuka
kuri we ntibiba ari itegeko ahubwo biba ari byiza kuko kubana n’abahakanyi
ari ukubatera inkunga ndetse n’imico yabo mibi ukaba wayandura wowe
n’urubyaro rwawe.
c. Uwo kwimuka bitareba: Uwo akenshi na kenshi biterwa no kubura
ubushobozi bitewe n’uburwayi cyangwa gushyirwaho agahato ko gutura aho.
Kuri uwo rero ntabwo kwimuka biba ari itegeko kuriwe nta nubwo ari byiza
kuri we. Qor’an: “ILAL MUS’TADWAAFINA MINA RIJALI WA NISAAI
WAL WIL’DANI LA YAS’TATWIUNA HILATAN WALA YAH’TADUNA
SABILAA” Nisau: 98. Qor’an: “FA ULAIKA ASAA LLAHU AN YA’AFUWA
AN’HUM …” Nisau: 99. (Uretse abanyantege nke mu bagabo n’abagore
n’abana badashobora kugira amayeri yo kwimuka cyangwa badashobora
kuyoboka inzira.) (Abo wenda Imana yabababarira).
GUSUHUZA ABAHAKANYI.
GUSURA UBAHAKANYI.
101
GUSURA KIRIZIYA NO KUYISENGERAMO.
102
KURONGORA MUBA HAKANYI.
103
n’abavandimwe batari Abayislamu Islam yemera ko agomba kububaha
nk’ababyeyi be akabafasha uko ashoboye igihe cyose bitabangamiye
ukwemera kwe, iyo baramutse bagaragawe ho kubangamira ukwemera
kwawe no kugutegeka kubangikanya Imana Islam igutegeka kwitandukanya
nabo mu mahoro.
- Urugero rwiza turufata ku Intumwa y’Imana IBRAHIM igihe Se witwaga
Azala yamutegekaga kujya kumucururiza ibigirwamana by’abantu be
basengaga, akabimukorera ariko akagenda asobanurira abaguzi ibyo bagura
ibyo ari byo. Na none urugero rwiza turusanga ku Intumwa Muhamad
(Imana imuhe amahoro n’imigisha) urukundo yakundaga Se wabo ABU
TWALIB, n’icyubahiro yamuhaga n’ingufu yakoresheje kugira ngo ayoboke
Islam ndetse n’agahinda yagize igihe yapfaga atayobotse Islam. Ibyo bikaba
bigaragazwa n’ubusabe yasabiye Se wabo kugirango Imana izamworohereze
ibihano.
Byumvikana rero ko igihe cyose ababyeyi bawe n’abavandimwe bawe batari
Abayislamu batabangamiye ukwemera kwawe, ugomba kubana nabo neza.
Qor’an: “WAWA SWAYINAL IN’SANA BIWALIDAYIHI HUS’NA WA IN
JAHADAAKA LITUSHIRIKA BII MA LAYISA LAKA BIHI ILIMUN FALA
TUTWIUHUMA”. Ankabuti: 8. (Twategetse umuntu kugirira neza ababyeyi
be, ariko nibagutegeka kugirango umbangikanye mubyo udafitiye ubumenyi
ntuzabumvire) Qor’an: “WA IN JAHADAAKA ALA AN TUSHIRIKA BII
MALAYISA LAKA BIHI ILIMUN FALA TUTWIUHUMA WA
SWAHIBUHUMA FI DUNIYA MAARUFAN..”. Luquman: 15.
(Nibagutegeka kumbangikanya kubyo udafitiye ubumenyi, ntuzabumvire,
kandi uzabane nabo ku Isi neza…).
104
isadaka, inemera ko Umuyislamu yakwakira intashyo y’umuhakanyi.
- Urugero rwiza turusanga ku Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro
n’imigisha) igihe yakiraga intashyo ya AL MUQAUQIS Umwami wa Misiri,
kandi muri icyo gihe yari ataraba umuyislamu.
Muri Islam ibiryo byose biraziruwe, uretse ibyaje muri Qor’an na Hadith ko
byaziririjwe, ndetse n’ibinyobwa byose biba biziruwe, uretse ibyaziririjwe
n’inyandiko za Qor’an na Hadith. Kurya ku biryo by’abahakanyi rero Islam
irabyemera, ariko muri abo bahakanyi itoranya mo gusa abahawe igitabo
(Abayahudi n’Abakristu bakiri ku idini yabo uko yamanutse).Qor’an: “WA
TWAAMU LADHINA UTUL KITABA HILUN LAKUM) Maidat: 5.
(N’ibiribwa bya
105
babandi bahawe igitabo biraziruwe kuri mwe…). Naho ku byerekeye Hadith,
dusanga Intumwa Muhamad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yarajyaga
yakirwa n’abayahudi n’abakristu bakamutekera akarya akananywa nkuko
twabibonye mu ntambara ya Khayibar.
Ikitonderwa: Umuyislamu agomba kuba maso mu gukoresha uruhushya
Imana yamuhaye kuko bamwe mu bahawe igitabo baziruye ibyo Imana
yaziririje nko kurya ingurube no kunywa inzoga. Ibyo rero bikaba byatuma
bashobora kukurisha ibyo Imana yaziririje. Bikaba bisaba ko Umuyislamu
yaba umunyamakenga akaba yarya mu bahakanyi ibyo yizeye neza ko nta
bizira birimo cyangwa muri rusange akirinda ibiryo byabo byose bigendana
n’inyama ndetse n’amavuta.
106
yashyiragaho nimwe mu mirongo ya Qor’an, kandi twese tuzi ko nta
tandukaniro hagati ya Qor’an nkeya n’Inyishi. Na none ntitwakwibagirwa
igihe UMAR bunil KHATWABI yajyaga kwinjira Islam ko yasabye Qor’an,
barayimuhereza arasoma amaze gusabanukirwa abona kwinjira Islam.
Bisobanuye ko igihe Umuhakanyi agusabye Qor’an ngo yisomere ashire
amatsiko, nta mpamvu yo kuyimwima, ariko na none igihe ubona ko ari
umuntu w’umwibone ushobora kuyimuha akayitesha agaciro, ntiwemerewe
kuyimuha.
107
AMATEGEKO MU BY’IMARI.
AMATEGEKO Y’UBUYOBOZI.
108
biziririjwe.
2. Kujya mu Matora yabo no mu Budepite: Nkuko twabibonye kuva kera,
Islam ibuza gutegekesha amategeko yose atari ay’Imana, bisobanura rero ko
n’Umuyislamu kujya muri ayo mategeko no kuyategekesha bitemewe.
Ariko na none mu kureba inyungu rusange z’Abayislamu, Umuyislamu
yemerewe kujya mu nzego zifata ibyemezo ugamije gukurikirana inyungu
z’Abayislamu n’Ubuyislamu mu butegetsi no kwamagana mo itegeko iryo ari
ryo ryose cyangwa icyemezo cyabangamira Abayislamu.
3. Gufata Ubwenegihugu bw’Abahakanyi: Muri ki gihe usanga ibihugu
bitari iby’Abayislamu byarateye imbere, n’ibihugu byitwa ko ari byo bya
Kislamu bigaragara ko biri hasi haba mu bukungu cyangwa mu iterambere.
Ibyo rero byatumye abantu benshi barimo n’Abayislamu b’ubwenge buke
bumva ko kwiyitirira biriya bihugu byateye imbere, ukaba umunyamerika
cyangwa umufaransa cyangwa umwongereza, biguhesha ishema n’agaciro
aho uri hose ku Isi, bityo rero buri wese akumva yaba umwe muri abo.
Abayislamu bagomba kumenya ko icyubahiro ari icy’Imana n’Intumwa yayo
n’Abemera Mana nkuko Imana ibitubwira muri Qor’an Surat Al munafiquna,
Umurongo wa 8. Bisobanura rero ko gushakira icyubahiro ahandi hatari aho,
uba utakaye kandi n’icyo cyubahiro ntukibone. Intumwa Muhamad (Imana
imuhe amahoro n’imigisha) nawe aravuga iti: Hadith: “MAN TASHABAHA
BI QAUMIN FA HUWA MIN’HUM”. (Uzisanisha n’abantu abo aribo bose,
ku munsi w’imperuka uwo azabarwa muri bo)
1. Kwinjira Islam: Nta mirimo myinshi ihambaye Umuntu asabwa kugira ngo
abe Umuyislamu, uretse kuvuga amagambo abiri gusa: “ASH’HADU AN
LA ILAHA ILA LLAHU WA ASH’HADU ANA MUHAMADA RASULU
LLAHI”. Iyo uvuze ayo magambo uba ubaye Umuyislamu ndetse umuntu
yavuga ko uba wuriye ingazi ya mbere muri Islam ariko utaraba umwemera
ariyo ngazi ya kabiri. Qor’an: “QALATIL AALABU AMANA. QUL LAM
TUUMINUU WALAKIN QULUU AS’LAMUNA WA LAMA YAD’KHULIL
IMANU FI QULUBIKUM…” Hujurati: 14. (Abarabu bo mu cyaro baravuze
bati: Twaremeye. babwire uti: Ntimuraba abemera, ariko muvuge muti:
twabaye Abayislamu kuko ukwemera kutari kwinjira mu mitima yanyu).
Inzira umuntu agomba kwemeza mo ko runaka ari Umuyislamu ni inzira
eshatu (3):
109
a) Kuvuga za SHAHADU ebyili.
b) Gukurikira.
c) Gukora Ibikorwa bijyana n’Ubuyislamu.
a) Iyo umuntu yinjiye muri Islam amategeko yose aba amureba nta na rimwe
rivuyemo, yaba ayo yategetswe gukora ndetse n’ayo yabujijwe. Ni muri urwo
rwego Islam isaba abamenyi muri Islam guhora bibutsa gukora ibyiza no
kubuza gukora ibibi, basobanura n’inyungu z’ibyo byombi. Ni muri urwo
rwego kandi bagomba kubahiriza ibihano byashyizweho n’Imana kubera
110
ibyaha runaka umuntu yakora, nko gucibwa ukuboko igihe wibye, no
guterwa
amabuye igihe wafatiwe mu busambanyi warashatse, no gukubitwa ibiboko
Ijana (100) igihe wafatiwe mu busambanyi uri ingaragu.
b) Itegeko ryo kuzungura hagati y’umuntu winjiye Idini n’abavandimwe be
batinjiye Idini: Islam ntiyemera na gato ko Umuyislamu yazungura mwene
wabo w’umuhakanyi cyangwa umuhakanyi yazungura umuvandimwe we
w’umuyislamu. Hadith: “Umuyislamu ntagomba kuzungura umuhakanyi,
n’umuhakanyi ntazungura Umuyislamu”. Ariko nkuko twabivuze, Islam
yemera ko Umuyislamu yafasha umuvandimwe we w’umuhakanyi Igihe
akiriho.
c) Iyo Umuntu amaze kwinjira Islam abujijwe kurya umutungo wakomotse
ku
kintu icyo ari cyo cyose cya ziririjwe. Umuyislamu abujijwe gutunga
ingurube, Imbwa, Inzoga n’ibindi kandi uko abujijwe kubitunga ninako
abujijwe no
kubicuruza no kurya umutungo ubikomotseho. Hadith: “Iyo Imana iziririje
ikintu iziririza n’umutungo ugikomokaho”
d) Iyo Umuntu yinjiye Islam akenshi na kenshi uruhare yari afite mu
muryango
we utari uw’Abayislamu ruragabanuka kuko nta cyizere baba bakimufitye
kuko baba badahuje ukwemera. Kuri iyo mpamvu rero Islam yabujije
umuhakanyi kuba yahagararira Umuyislamu mu kintu icyo ari cyo cyose,
n’Umuyislamu kuba yahagararira umuhakanyi, nkuko twabibonye mu
masomo yatambutse.
111
Contents
tFIQIHI NI IKI? 1
TWAHARATU 1
(Kwisukura) 1
UBWOKO BWA TWAHARATU. 1
IBICE BY’AMAZI. 2
UBWOKO BWA NAJISI. 2
AMATEGEKO YO KWITUMA. 3
GUSTANJI. 3
(Kwisukura igihe urangije kwituma) 3
AMABWIRIZA YO GUS’TANJI. 3
GUTAWAZA 4
(Gukaraba ugiye gusenga) 4
IBYIZA BYO GUTAWAZA. 4
INKINGI ZO GUTAWAZA. 5
SUNAT ZO GUTAWAZA. 5
IBYO UMUNTU AGOMBA KWIRINDA IGIHE ATAWAZA. 5
IBYANGIZA ISUKU YO GUTAWAZA. 6
KOGA. 7
IBISHOBORA GUTUMA UMUNTU YOGA. 7
NINGOMBWA KOGA MU BIHE BIKURIKIRA. 8
INKINGI ZO KOGA. 8
ISUNAT ZO KOGA. 8
TAYAMAMU. 9
IMPAMVU ZITUMA UMUNTU AKORA TAYAMAMU. 9
INKINGI ZA TAYAMAMU. 9
IBYANGIZA ISUKU YA TAYAMAMU. 10
IBIBUJIJWE KU MUNTU UFITE IJANABA. 10
MAS’HU ALAL KHOFAYINI. 10
(Gusiga amazi kuri khofu) 10
IBYANGIZA ISUKU Y’UWASIZE KURI KHOFU. 11
IBYO UGOMBA KUBA WUJUJE KUGIRANGO USIGE KURI KHOFU.
11
GUSIGA KU KIREMBA. 11
GUSIGA KU GIPFUKO CYANGWA ISIMA. 11
AMARASO Y’IMIHANGO. 12
(Al hayidwa) 12
112
IBYO URI MU MIHANGO AZIRIRIJWE GUKORA. 12
IBISANZA. 13
(Nifasi) 13
AL IS’TIHADWAT. 13
SUNAT ZA KAMERE. 13
ISWALA. 14
(Isengesho) 14
UBWOKO BW’AMASENGESHO. 15
IBYIZA BY’AMASENGESHO. 15
AMASENGESHO Y’ITEGEKO. 15
ISENGESHO NI ITEGEKO KURI INDE? 16
ITEGEKO RY’UWARETSE GUSENGA. 16
ADHANA NA IQAMAT. 16
IQAMAT. 16
UBUSABE NYUMA YA ADHANA. 17
IBYO UMUNTU AGOMBA KUBA YUJUJE KUGIRANGO ASENGE.
17
INKINGI Z’ ISENGESHO. 18
IBYANGOMBWA BY’ ISENGESHO. 19
ISUNAT Z’ISENGESHO. 19
IBIKORWA BITARI BYIZA MU ISENGESHO. 20
IBIKORWA BITAGIRA ICYO BITWARA ISENGESHO. 21
IBYANGIZA ISENGESHO. 21
ISENGESHO RY’IMBAGA. 22
NI RYARI UMUNTU ABARWA KO YASENGEYE MU MBAGA? 22
IBYIZA BY’ISENGESHO RY’IMBAGA. 22
AMATEGEKO YA IMAMU NA MA’AMUMA. 22
AMASENGESHO Y’ISUNAT. 24
(Ingereka) 24
IBYIZA BY’ISUNAT. 24
AMASENGESHO Y’ISUNAT. 24
(Ingereka) 24
ISENGESHO RYA WITRI. 25
IBYIZA BYA WITRI. 25
UBURYO BUTANDUKANYE WITRI ISENGWA MO. 26
ISENGESHO RYA TARAWEHE. 27
SWALATUL KUSUFI. 27
113
(Isengesho ry’ubwirakabiri) 27
SWALATU IS’TIS’QAU 28
(Isengesho ryo gusaba imvura) 28
SWALATU DWUHA. 28
(Isengesho ry’agasukuruko) 28
SUJUDU TILAWAT. 28
(Sijida y’igisomo) 28
ATAHIYATUL MASJIDI 29
(Isengesho ryo gusuhuza umusigiti) 29
SWALATU IS’TIKHARAT 29
(Isengesho ryo gusaba Imana ubujyanama) 29
SUJUDU SAHAWI. 30
(Sijida yo kwibagirwa) 30
IBISHOBORA GUTUMA UMUNTU ATAJYA GUSENGERA ISENGESHO
MU MUSIGITI. 32
UKO UMURWAYI ASENGA. 33
GUFATANYA AMASENGESHO NO KUYAGABANYA. 34
IMPAMVU ZO GUFATANYA AMASENGESHO NO KUYAGABANYA.
34
ISENGESHO RY’IJUMA 34
(uwa gatanu). 34
ISUNAT Z’IJUMA. 35
IBYO ISENGESHO RY’IJUMA RIGOMBA KUBA RYUJUJE KUGIRANGO
RIBEHO. 35
ISENGESHO RY’ILAYIDI. 36
ISUNAT Z’ILAYIDI. 36
SWALATUL JANAZATI 37
(Isengesho ry’uwapfuye) 37
UWA MBERE UFITE UBURENGANZIRA BWO KOZA,
GUHAMBA,GUSENGERA UWAPFUYE. 38
GUTANGA POLE. 39
(Kwihanganisha umuntu wapfushije) 39
GUTANGA I ZAKAT. 40
(Amaturo) 40
IBYIZA BYO GUTANGA I ZAKAT. 41
INYUNGU ZO GUTANGA I ZAKAT. 41
IMITUNGO IGOMBA GUTANGIRWA I ZAKAT. 41
114
IBYO UGOMBA KUBA WUJUJE KUGIRANGO UTANGE I ZAKAT.
41
UKO BABARA ZAKAT 42
1. ZAKAT YA ZAHABU NA FEZA. 42
2. ZAKAT Y’AMAFARANGA. 43
ESE BATANGA AMAFARANGA ANGAHE? 43
3. ZAKAT Y’IBICURUZWA. 43
4. ZAKAT Y’IBIHINGWA. 45
5. ZAKAT Y’AMATUNGO. 45
6. ZAKAT Y’UBUKI. 48
ZAKAT Y’IMIGABANE MURI SOSIYETE NA KOPERATIVE
Z’UBUCURUZI, UBWOROZI N’UBUHINZI. 48
8. ZAKAT Y’UBUKODE. 49
9. ZAKAT Y’INGANDA Z’UBUCURUZI. 50
10. ZAKAT Y’IMISHAHARA. 50
ABAGOMBA GUHABWA ZAKAT. 50
ZAKATUL FITRI. 51
UKO ZAKATUL FITRI IGOMBA KUBA INGANA. 51
IGIHE ZAKATUL FITRI ITANGIRWA. 51
GUSIBA UKWEZI KWA RAMADWANI. 51
IBYO UGOMBA KUBA WUJUJE KUGIRANGO USIBE. 52
IBYANGIZA IGISIBO. 53
IBYANGIZA IGISIBO UKABA UTEGETSWE KWISHYURA GUSA.
53
IBYANGIZA IGISIBO UMUNTU AKABA ATEGETSWE KWISHYURA
NO GUTANGA ICYIRU. 53
ISUNAT Z’IGISIBO. 54
IBISIBO BY’ISUNAT. 55
ITIKAFU. 56
IBYIZA BY’IMINSI ICUMI YA NYUMA Y’UKWEZI KWA RAMADWANI
NA LAYILATUL QADRI. 56
HIJAT NA UMURAT. 57
UBURYO BWO GUSURA URUSENGERO RW’INTUMWA MUHAMAD
60
AMATEGEKO Y’UMURYANGO. 61
INKINGI ZA NIKAHI. 64
UFITE UBURENGANZIRA BWO GUHAGARARIRA UMUKOBWA.64
115
ABO UMUNTU AZIRIRIJWE KURONGORA. 65
KURONGORA UMUHAKANYI. 65
IBYO BURI WESE MUBASHAKANYE AGOMBA MUGENZI WE.
66
IBYO UMUGORE AGOMBA GUKORERA UMUGABO WE. 67
ITALAKA. 67
(Ubutane) 67
UBWOKO BW’ITALAKA. 69
RAJIA. 69
BAAINU. 70
IBYO UWAHAWE ITALAKA AGOMBA. 71
EDA. 71
KWIRABURIRA UMUGABO. 75
AMATEGEKO AGENDANA N’UBUSAMBANYI NO GUHOHOTERA
IBIREMWA N’IMITUNGO. 75
ISHUSHO Z’UBUSAMBANYI. 77
UMUGABO GUKORANA IMIBONANO N’UNDI MUGABO. 78
GUKINISHA UBWAMBURE UGASOHORA INTANGA. 79
INGARUKA Z’UBUSAMBANYI. 79
IBIHANO BY’UBUSAMBANYI. 79
UKO ISLAM IBUNGABUNGA UBUZIMA N’IMITUNGO IBIRINDA
IHOHOTERWA IRYO ARIRYO RYOSE. 80
AL JINAYAATU. 81
(Ihohotera) 81
DIYAT. 83
(Impongano) 83
DIYAT Y’UMUGORE W’UMUSLAMU UTARI UMUJA. 84
DIYAT Y’IGISEBE. 84
DIYAT Y’UMUNTU UTARI UMUYISLAMU. 84
GUHOHOTERA UMUTUNGO. 84
UBUJURA. 84
UBUJURA NI IKI? 85
IBYO UMUNTU AGOMBA KUBA YUJUJE KUGIRA NGO YITWE UMU-
JURA. 86
UBUJURA BUKURU. 86
(Al muharibina) 86
IBYO UMUNTU AGOMBA KUBA YUJUJE KUGIRA NGO ABARWE
116
MURI MUHARIBINA. 87
GUHOHOTERA ICYUBAHIRO. 88
IBIGOMBA KUBAHIRIZWA KUGIRANGO IGIKORWA CYITWE QA-
DHIFU. 89
IMVUGO IKORESHWA MURI QADHIFU. 89
AMWE MU MATEGEKO Y’IBIRIBWA N’IBINYOBWA, IMYAMBARO
N’IBIRIMBISHO NO KURAHIRA. 89
KUBAGA. 91
IBICE BYO KUBAGA. 91
IBIGOMBA KUBAHIRIZWA MU KUBAGA. 91
IDWITIRARU. 92
(Kugera ku bwa burembe) 92
KWIVUZA UKORESHEJE IMITI YA ZIRIRIJWE. 93
AL AYIMANU. 93
(Indahiro) 93
KAFARAT Y’INDAHIRO. 95
KURIMBA. 95
IMIRIMBO YEMEWE K’UMUGORE GUSA. 96
IMIRIMBO IBUJIJWE K’UMUGORE. 96
IMYAMBARO. 97
AMATEGEKO YA NGOMBWA AGENGA IMIKORANIRE
Y’ABAYISLAMU N’ABATARI BO MU BIHUGU BYA KISLAM CYANG-
WA AHANDI. 98
GUTURA MU BIHUGU BY’ABAHAKANYI. 98
GUSUHUZA ABAHAKANYI. 99
GUSURA UBAHAKANYI. 99
GUSURA KIRIZIYA NO KUYISENGERAMO. 100
GUHAMBA MU MARIMBI Y’ABAHAKANYI. 100
KWIFATANYA N’ABAHAKANYI MU BYISHIMO BYABO
N’AKABABARO KABO. 100
KURONGORA MUBA HAKANYI. 101
GUTERA IGIKUMWE M’UBUTEGETSI BWABO. 101
KUNGA UBUVANDIMWE N’ABAVANDIMWE NDETSE N’ABABYEYI
BATARI ABAYISLAMU. 101
KUBITABA IGIHE BAGUTUMIYE. 102
KWAKIRA INTASHYO YABO NO KUBOHEREREZA INTASHYO NO
KUBAHA ISADAKA. 102
117
GUKORESHA AMASAHANI N’IMYENDA Y’ABAHAKANYI. 103
KURYA KU BIRIBWA N’IBINYOBWA BY’ABAHAKANYI. 103
KWINJIZA UMUHAKANYI MU MUSIGITI. 104
GUTUMA UMUHAKANYI AFATA QOR’AN. 104
KUZUNGURANA HAGATI Y’UMUSILAMU N’UMUHAKANYI. 105
GUHAGARARIRANA HAGATI Y’UMUYISLAMU N’UMUHAKANYI.
105
AMATEGEKO MU BY’IMARI. 106
AMATEGEKO Y’UBUYOBOZI. 106
AMATEGEKO YO KWINJIRA ISLAM. 107
118