Professional Documents
Culture Documents
Kubaho Neza - 210926
Kubaho Neza - 210926
Ibintu byose bitangirira mu bitekerezo. Byose ni mu mutwe. Iyo ushaka kugira impinduka,
Urabanza ukamenya aho uhagaze, uko umeze, ibyo ufite,…
Ubundi ukamenya icyo ushaka, aho ushaka kugera, ibyo wifuza,…
Ubundi ukiyemeza kuva aho uri ugatera intambwe ugana aho ushaka kugera.
Hanyuma ugatangira ukora intambwe ku yindi ibisabwa ngo ugere aho ushaka.
Impinduka zose zigomba kunyura muri izo ntambwe.
Niyo mpamvu tuzibanda kuri izo ntambwe uko ari enye z’ingenzi muri uru ruhererekane
rw’ibiganiro. Tuzaganira kuri izo ntambwe muri buri cyiciro : Ku bijyanye no kubaho neza,
ubukire n’amafaranga.
Ubusobanuro bw’amagambo
Kubaho neza: kumva unezererewe ubuzima, wishimiye kubaho, unyuzwe n’ubuzima urimo,
ufite amahoro, buri munsi ukumva wishimiye ko ukiriho kandi ukifuza no kuzabaho n’umunsi
ukurikiyeho. Kuba unyuzwe byuzuye, nta kiguhangayikishije. Kuko umuntu agizwe n’ibice
byinshi, ni ingenzi kurebera uko “kubaho neza” muri buri gice: Umubiri, ibitekerezo,
amarangamutima na roho.
Ubukire: ubushobozi bwo kubaho neza kandi udategetswe gukora. Kuba ufite imashini
igukorera amafaranga, aho kuba iyo mashini.
Amahame y’ibanze
1. Kubaho neza n’ubukire ni uburenganzira bwacu bw’ibanze.
Abantu twese tuvukana ubushobozi bungana, amahirwe n’ibyago tuba tubinganya. Ibyo
dukuriramo, ibyo tunyuramo, ibyo tubwirwa, ibyo tubona, ibyo twigishwa, ibyo turya, aho
tuba, imyanzuro dufata umunsi ku munsi…. nibyo bigena icyo tuzaba turi cyo ejo hazaza. Iyo
tukivuka, ntiwamenya nimba tuzaba abakire cg abakene. Byose bigenda byiyubaka umunsi
ku wundi. Iyo turya nabi, ntitwite ku mubiri wacu, turarwara. Iyo tutize gusoma ngo twige
gukoresha ubwonko, tuba ingwingiri mu bitekerezo. Iyo tutize indangagaciro n’amahame
y’ubuzima n’imibanire, tubaho uko twishakiye bigatuma akenshi twice amategeko
y’ubuzima, maze ubuzima bukaduhana. Tugafungwa, tukababazwa, tukicuza,…. Iyo tutize
guhuza ubuzima bwacu n’isanzure, tubaho tudakoresha roho yacu, bigatuma tutagira
amahoro ahubwo tugahora duhangayitse.
iyi nyandiko ni umutungo wa Emmanuel Irakoze. Kuyitubura cyangwa kuyihererekanya nta burenganzira bihanwa n’amategeko. Ibikubiyemo ni ibitekerezo bye.
Irakoze ntiyirengera ingaruka zo kubikurikiza.
2
-Mahatma Ghandi-
Muri make umurage wawe uzava mubyo wizera.
iyi nyandiko ni umutungo wa Emmanuel Irakoze. Kuyitubura cyangwa kuyihererekanya nta burenganzira bihanwa n’amategeko. Ibikubiyemo ni ibitekerezo bye.
Irakoze ntiyirengera ingaruka zo kubikurikiza.
3
4. Ingamba: ese ufite ubumenyi, ubushobozi na gahunda ihamye bihagije byo kukugeza
kucyo ushaka?
Ni ingenzi ko ubanza kumenya aho uri uyu munsi n’ icyatumye uhagera mbere yo gutekereza
kugera ahandi. Icyatumye ugera aho uri uyu munsi, ni ibyo wanyuzemo n’imyanzuro wagiye
ufata mu gihe cyashize. Uyu munsi uri kubaho ingaruka z’imyanzuro wafashe ejo hashize.
Kandi imyanzuro ufata uyu munsi izagena ubuzima uzabaho ejo hazaza.
Ugomba kubanza ukamenya uko uhagaze ku bijyanye no kubaho neza muri bya bice bine
bigize umuntu:
a. Umubiri: Ese ubuzima bwawe buhagaze bute? Ufite ibiro bingahe? Uburebure?
Uburwayi? Urya ibiki? Unywa iki? Ukora siporo? Uryama amasaha angahe ku
munsi? Ukora amasaha angahe? Uruhuka igihe kingana iki?
b. Mu mutwe: Usoma bingana iki? Wumva cyangwa ureba ibihe biganiro? Internet
ikumariye iki? Wandika bingana iki? Ujya ugerageza guhanga udushya?
c. Amarangamutima: inshuti zawe ni bantu ki? Mufitanye ubucuti bungana iki? Ni
bande ufitiye umumaro? Ni uwuhe mumaro w’ingenzi ufite muri sosiyete?
Ushimishwa n’iki? Ubabazwa n’iki? Ni izihe ntege nke mu bijyanye n’imibanire
ufite? Ni iki urusha abandi mu bijyanye n’imibanire? Uheruka kurira ryari?
Byatewe n’iki? Urukundo urwita iki?
d. Roho: Wizera Imana? imana yawe ni iyihe? Ubuzima ni iki kuri wowe? Utekereza
ko ubereyeho iki? Ese nyuma yo kubaho kwawe bizagenda bite? Ni iki utekereza
ku bindi biremwa? Isi wayivuga ute mu ijambo rimwe? Ni izihe mbaraga wizera
kurusha izindi?
Ndetse no ku bijyanye n’ubukire n’amafaranga: Uramutse uhagaritse ibyo ukora byose uyu
munsi ariko ugakomeza kubaho uko ubayeho, wamara igihe kingana iki? Winjiza amafaranga
anagana iki mu kwezi? Ava he? Ukoresha angana iki? Uyakoresha iki? Ubika angana iki?
Ubutaha:
- Kubwirana uko twakoze kubyo twize uyu munsi
- Kureba aho twifuza kugera, intambwe twifuza gutera, ibyo twifuza gutunga, ibyo
twifuza gukora mu bice bine by’umuntu ku bijyanye no kubaho neza ndetse no ku
bijyanye n’ubukire n’amafaranga.
- Kwiyemeza gutera intambwe tugana aho dushaka kugera.
iyi nyandiko ni umutungo wa Emmanuel Irakoze. Kuyitubura cyangwa kuyihererekanya nta burenganzira bihanwa n’amategeko. Ibikubiyemo ni ibitekerezo bye.
Irakoze ntiyirengera ingaruka zo kubikurikiza.