Professional Documents
Culture Documents
Amahame Y'ukwemera Y'ababatisita Bavuguruye Yo Mu Wa 1689
Amahame Y'ukwemera Y'ababatisita Bavuguruye Yo Mu Wa 1689
IJAMBO RY’IBANZE
Mu gihe u Rwanda ari kimwe mu bihugu bishyirwa mu ibarurishamibare
ko umubare munini w’ababituye ari abakristo, ndetse kugeza ubu imibare
igaragaza ko 94% by’abanyarwanda ari abakristo, muri bo 38% akaba ari aba
protestanti, ukuri ni uko ikigero cy’ubukristo bwa Bibiliya kikiri hasi cyane.
Nubwo imibare itangwa n’ibigo by’ibarura igaragaza ubukristo bungana
butya mu gihugu, mu byukuri uko siko kuri k’ubukristo nyakuri mu Rwanda.
Kuva mu mateka y'aho ubukristo bwagereye mu Rwanda, hagiye habaho
akenshi ibwirizwa ry’ubutumwa buvanze, ndetse henshi budahuza n’ijambo
ry’Imana, haba no mu matorero yitwa ko ari ayagi Protestanti. Ubutumwa
bwiza bukiza, buvuga iby’Umwana w’Imana Yesu Kristo, n’umurimo yaje
gukora wo gukiza abanyabyaha, no kubaha ubugingo buhoraho binyuze mu
rupfu rwe n’izuka rye; ndetse n’uburyo umunyabyaha yakira uwo murimo
binyuze mu kwihana no kwizera Kristo n’umurimo yakoze byonyine, si byo
bibwirizwa. Ahubwo no mu nsengero zabayeho mbere, guhera mu myaka ya
1907 ndetse na nyuma yaho, usanga ubutumwa bwiza bwaragiye busimbuzwa
agakiza gaheshwa n’imirimo, ndetse ahenshi imigenzo y’idini yagiye ipfukirana
ubutumwa bwiza ku buryo uyu munsi amadini menshi yumva ubutumwa
bwiza bw’ubuntu bw’Imana nk’inyigisho z’inzaduka. Muri iki gihe bwo,
uretse n’agakiza k’imirimo, insengero nyinshi zahinduye ubutumwa
bubwirizwa, aho bivugira gusa ibikora ku marangamutima ya muntu, nko
kubwira abantu ko Imana igiye kubaha ubukire, ubuzima bwiza, kujya mu
mahanga n’ibindi by'ubu bugingo ariko bitabasha kugira icyo bimarira
umuntu mu gihe cy’iteka ryose.
Nyamara Imana mu buntu n’ubugabe bwayo, yakomeje kujya yisigariza
bake bakomeje kumva no kwizera ubutumwa bwiza, nk'uko amateka agenda
abigaragaza, ndetse na zimwe mu ndirimbo zo mu gitabo cy’indirimbo
cy’ikinyarwanda zigaragaza ko hariho abera bagiye baba muri ayo madini
nubwo ukuri bizeraga kutakomeje guhabwa intebe. Guhera mu myaka ya 2000
kuzamura, ndetse cyane cyane muri za 2008 nibwo bamwe mu banyeshuri ba
Kaminuza, ndetse n’abandi bagiye bizera ubutumwa bwiza mu bihe
bitandukanye, batangiye kwamamaza ubutumwa bwiza bw’ukuri, buvuga
iby’agakiza k’ubuntu bw’Imana. Bamwe muri bo bakomeje kwamamaza
inkuru nziza, ndetse abandi benshi bagenda bizera binyuze ku mbuga
nkoranyambaga.
3
Uko niko baje no kumenya inyandiko z’abera babayeho mbere, harimo
nk’iz'abatangije ivugurura mu Burayi (Martin Luther, Ulrich Zwingli, John
Calvin, n'abandi) ndetse n’Abasukuzi bo mu Bwongereza (English Puritans).
Muri ubwo bumenyi ndetse no gusoma ibyanditswe, niho havuye ko bamwe
muri abo bizera bo mu Rwanda, basanze inyandiko z’amahame y’ukwemera
zanditswe n’abo bahuje ukwemera kwa Bibiliya zakozwe mu kinyejana cya 17
mu Bwongereza, zihuza n’ukwemera babona mu ijambo ry’Imana. Kubw’iyo
mpamvu, iyi nyandiko y’Amahame y’Ukwemera kw’Ababatisita Bavuguruye
yanditswe mu 1677 ikaza gushyirwa ahagaragara mu 1689 yahinduwe mu
Kinyarwanda, kugira ngo ibe kimwe mu bikoresho byo kwigisha ukuri
kwahawe abera rimwe kugeza iteka, guhamya ingingo z’ingenzi z’ukwemera
gatolika (kw’Itorero rusange), amahame y’ukwemera kw’abagorozi cyangwa se
abazanye ivugurura rya gi protestanti, ndetse n’umwihariko w’Ababatisita
bavuguruye batandukaniyeho na benedata b' Abaperesebuteriyeni ndetse
n’Abakongresiyonisite. Iyi nyandiko rero ntabwo ari isimbura Bibiliya,
cyangwa ngo ibe kurwego rwayo ku rugero urwo ari rwo rwose, ahubwo ni
imfashanyigisho izafasha abera kumenya, kwiga, kwigisha, guhamya no
kunezererwa ukuri kw’ibyanditswe byera, ndetse n’ubumwe bw’abera bizera
ukuri kuva kera kose kugeza uyu munsi.
Umwami akomeze gukoresha iyi nyandiko mu gukuza no gushimangira
ukuri kw’ijambo rye mu mitima y’abera bose bazayikoresha.
Icyubahiro cyibe icye Iteka ryose. Amen
Emmanuel MASENGESHO, 2021
Abahinduye iyi nyandiko:
Emmanuel Masengesho
Mathias Maombi
Jean de Dieu Ntwari
Kigali, Gicurasi 2021
INTANGIRIRO
Mu Bwongereza mu mwaka w’1630 n’1640, nibwo Ababatisita
n’Abakongresiyonisite basohotse mu itorero ry’Abangilikani. Kuva babaho,
bakomeje gutotezwa mu maboko y’Inteko ishinga amategeko ndetse n’idini
ryari ryemewe n’Ubwami bw’Ubwongereza. Itegeko ryitwa “Cleredon Code”
ryemejwe muw’ 1660 ribuzanya indi myemerere yose idahuza n’ukwemera
4
kw’idini y’ubwami. Imyaka yagiye ikurikiraho yabaga ari uruvange rwo
gukoresha iryo tegeko gutoteza indi myizerere rimwe na rimwe no korohera
indi myizerere. Ibyo byabaga bigamije gutoteza Ababatisita,
Abaperesebuteriyeni n’Abakongresiyonisite mu buryo bumwe.
Muri iryo totezwa, Abaperesebuteriyeni n’Abakongresiyonisite bakomeje
guhagarara kimwe n’Ababatisita batewe imbaraga no guhamya ibyo bizera
bashize amanga. Abaperesebuteriyeni bahagaze ku nyandiko y’ukwemera
kwabo yi Westminster (Westminster Confession of Faith) yo mu 1647.
Abakongresiyonisite bahagarara ku nyandiko y’ukwemera kwabo yi Savoy
(Savoy Declaration) yo mu 1658, ijya kumera nk’iya Westminster ariko
bitandukaniye ku buryo itorero rikwiye kuyoborwa n’abakwiye kuba abagize
itorero. Naho Ababatisita bo bahagarara ku nyandiko yo kwizera kwabo y’i
London (London Baptist Confession of Faith) yo mu 1677 yemejwe mu 1689,
imeze nk’izo za mbere ariko itandukanye n'iya Westminster ku bijyanye
n’imiyoborere y’itorero, abakwiye kuba abagize itorero ndetse n’abakwiye
kubatizwa abo ari bo.
Muri byose rero abahamya ukuri kw’ijambo ry’Imana, nubwo bagiye
bagira bike badahuriraho bitari iby’urufatiro rw’ubukristo, Imana yakomeje
gufasha itorero ryayo guhamya ukuri no kwamamaza ubutumwa bwiza bwa
Kristo.
Amazina y’abashumba basinye kuri iyi nyandiko mu 1689
Hansard Knollys, Pastor, Broken Wharf, London
William Kiffin, Pastor, Devonshire-square, London
John Harris, Pastor, Joiner's Hall, London
William Collins, Pastor, Petty France, London
Hurcules Collins, Pastor, Wapping, London
Robert Steed, Pastor, Broken Wharf, London
Leonard Harrison, Pastor, Limehouse, London
George Barret, Pastor, Mile End Green, London
Isaac Lamb, Pastor, Pennington-street, London
Richard Adams, Minister, Shad Thames, Southwark
Benjamin Keach, Pastor, Horse-lie-down, Southwark
Andrew Gifford, Pastor, Bristol, Frvars, Som. & Glouc.
Thomas Vaux, Pastor, Broadmead, Som. & Glouc.
Thomas Winnel, Pastor, Taunton, Som. & Glouc.
James Hitt, Preacher, Dalwood, Dorset
Richard Tidmarsh, Minister, Oxford City, Oxon
5
William Facey, Pastor, Reading, Berks
Samuel Buttall, Minister, Plymouth, Devon
Christopher Price, Minister, Abergayenny, Monmouth
Daniel Finch, Minister, Kingsworth, Herts
John Ball, Tiverton, Devon
Edmond White, Pastor, Evershall, Bedford
William Prichard, Pastor, Blaenau, Monmouth
Paul Fruin, Minister, Warwick, Warwick
Richard Ring, Pastor, Southhampton, Hants
John Tomkins, Minister, Abingdon, Berks
Toby Willes, Pastor, Bridgewater, Somerset
John Carter, Steventon, Bedford
James Webb, Devizes, Wilts
Richard Sutton, Pastor, Tring, Herts
Robert Knight, Pastor, Stukeley, Bucks
Edward Price, Pastor, Hereford City, Hereford
William Phipps, Pastor, Exon, Devon
William Hawkins, Pastor, Dimmock, Gloucester
Samuel Ewer, Pastor, Hemstead, Herts
Edward Man, Pastor, Houndsditch, London
Charles Archer, Pastor, Hock-Norton, Oxon
6
(2 Timoteyo 3:15-17; Yesaya 8:20; Luka 16:29, 31; Abefeso 2:20; Abaroma 1:19-
21; Abaroma 2:14,15; Zaburi 19:1-4; Abaheburayo 1:1; Imigani 22:19-21;
Abaroma 15:4; 2 Petero 1:19,20)
Byose uko biri byahumetswe n’Imana, ngo bitubere itegeko ryo kwizera
n’imibereho.
( 2 Timoteyo 3:16 )
7
( 2 Petero 1:19-21; 2 Timoteyo 3:16; 2 Abatesalonike 2:13; 1 Yohana 5:9 )
8
( 2 Petero 3:16, Zaburi 19:8; Zaburi 119:130 )
Uwiteka Imana yacu ni Imana imwe rukumbi kandi y’ukuri; ifite kubaho
gukomoka muri Yo ubwayo ndetse gukomerezwa muri Yo ubwayo, itagira
9
iherezo haba mu mimerere no mu butungane, imiterere yayo
ntiyamenywa n’undi wese uretse Yo ubwayo; Umwuka uboneye kuruta
byose, utaboneka, utagira umubiri, ibice, cyangwa kurarikira, ni We
wenyine ufite kudapfa, utuye mu mucyo utegerwa, udahinduka, mugari,
uhoraho, utamenyekana byuzuye, ushobora byose, utagira iherezo muri
byose, wera kuruta byose, nyir’ubwenge bwose, ubohotse kuruta byose,
wuzuye muri byose; ukorera byose gosohoza umugambi we udahinduka
kandi ukiranuka, kubw’icyubahiro cye; nyir’urukundo rwose,
nyir’ubuntu, nyir’impuhwe, nyir’ukwihangana, wuzuye ineza n’ukuri,
ubabarira gukiranirwa, ibicumuro n’ibyaha; ni we uhemba abamushakana
umwete, nyamara akaba nyir’ubutabera n’imanza zitagorekwa, wanga
icyaha cyose, ndetse utazigera atsindishiriza na hato uwo gutsindwa.
(1 Abakorinto 8:4,6; Gutegeka 6:4, Yeremiya 10:10; Yesaya 48:12; Kuva 3:14;
Yohana 4:24; 1 Timoteyo 1:17; Gutegeka 4:15,16; Malaki 3:6; 1 Abami 8:27;
Yeremiya 23:23; Zaburi 90:2; Itangiriro 17:1; Yesaya 6:3; Zaburi 115:3; Yesaya
46:10; Imigani 16:4; Abaroma 11:36; Kuva 34:6,7; Abaheburayo 11:6; Nehemiya
9:32,33; Zaburi 5:6,7; Kuva 34:7; Nahumu 1:2,3 )
Imana kuko ari yo ifite ubuzima bwose, icyubahiro cyose, ineza yose,
ihirwe ryose, ndetse byose bikomoka kandi bikaba muri yo, ni yo yonyine
yihagije muri byose, idakeneye na hato na kimwe mu byo yaremye, ndetse
idakura icyubahiro na gito muri byo, ahubwo yerekanira icyubahiro cyayo
isanganywe muri byo, ikacyerekanisha byo, ndetse ikacyerekana kuri byo,
ni yo yonyine soko yo kubaho kose, ari yo ibeshaho byose, bikayiberaho,
ndetse bikaba muri yo, ni na yo ifite ubutware bw’ikirenga ku byo yaremye
byose, bwo kubikoresha, kubikoreramo no kubikoraho ikiyinejeje cyose;
byose byambaye ubusa ndetse birahishuwe mu maso yayo, ubwenge
bwayo ntibugira akagero, ntibuhinyuka, kandi ntibushingira ku byo
yaremye, bituma ntakintu kiyitungura cyangwa ngo kibe ari impanuka,
irera cyane mu migambi yayo, no mumirimo yayo, mu mategeko yayo;
ndetse haba abamalayika n’abantu, bose bayigomba kuyiramya,
kuyikorera no kuyubaha, ndetse nk’ibiremwa bategetswe kubikora, no
gukora ibindi byose yishimira kubategeka.
( Yohana 5:26; Zaburi 148:13;Zaburi 119:68; Yobu 22:2,3; Abaroma 11:34-36;
Daniyeli 4:24,34,35; Abaheburayo 4:13; Ezekiyeli 11:5; Ibyakozwe 15:18; Zaburi
145:17; Ibyahishuwe 5:12-14 )
10
Muri uyu nyir’ubuzima bw’ubumana ndetse butagira akagero harimo
imimero itatu: Data, Jambo ari we Mwana, na Mwuka Wera, bahuje
imimerere, imbaraga, no kubaho kw’iteka, buri wese muri bo afite kamere
y’ubumana yuzuye, nyamara iyo kamere ntiyigabanya: Data ntagira uwo
akomokaho, ntiyabyawe ndetse nta n'aho aturuka; Mwana yahoze abyawe
na Data kuva kera kose, Mwuka wera aturuka kuri Data no kuri Mwana;
bose ntibagira akagero, ntibagira itangiriro, nyamara ni Imana imwe,
itagabanyije mu mimerere no muri kamere, nyamara batandukanyijwe mu
mibanire n’imikoranire, iyi nyigisho y’ubutatu bwera akaba ari yo shingiro
y’ubusabane bwacu n’Imana bwose, ndetse idutera kuyishingikirizaho
duhumurijwe.
( 1 Yohana 5:7; Matayo 28:19; 2 Abakorinto 13:14; Kuva 3:14; Yohana 14:11; 1
Abakorinto 8:6; Yohana 1:14,18; Yohana 15:26; Abagalatiya 4:6 )
Imana yagambiriye muri Yo ubwayo kuva kera kose ibintu byose bibaho
n'uko bizagenda, mu mugambi w’ubwenge bwayo no kwera kwayo,
kubw’ubushake bwayo bwite, nk'uko yabigennye mu buryo
budahinduka; nyamara ibikora ku buryo Imana atari yo soko y’icyaha
ndetse ntanubufatanye igira muri cyo, ndetse ntabwo ibangamira
umudendezo w’ibiremwa, ndetse uruhare rw’ikiremwa mu bikorwa byose
ntabwo ruvanwaho n’umugambi w’ubushake bw’Imana, ahubwo
umudendezo w’ikiremwa urakomezwa, ari ho hagaragarira ubwenge
bw’Imana mu kugena byose, ndetse n’imbaraga n’ubudahemuka bwayo
mu gusohoza imigambi yayo.
( Yesaya 46:10; Abefeso 1:11; Abaheburayo 6:17; Abaroma 9:15,18; Yakobo 1:13;
1 Yohana 1:5; Ibyakozwe 4:27,28; Yohana 19:11; Kubara 23:19; Abefeso 1:3-5 )
Nubwo Imana izi neza ibizaba ndetse n’ibyaba mu gihe kizaza, mu bihe
ibyo ari byo byose, nyamara ijya gutegura umugambi wayo ntiyabitewe
n’ubwo bumenyi yari ifite bw’ahazaza.
( Ibyakozwe 15:18; Abaroma 9:11,13,16,18 )
11
ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo, kugira ngo ineza y’ubushake
bwayo ishimwe; nuko abandi bose barekerwa gukora ibyaha byabo ngo
bacirweho iteka ribakwiriye, ngo icyubahiro cy’ubutabera bwayo
gishimwe.
( 1 Timoteyo 5:21; Matayo 25:34; Abefeso 1:5,6; Abaroma 9:22,23; Yuda 4 )
13
ibyaremwe n’ibintu byose, haba ibyoroheje n’ibikomeye, mu bwenge
bwayo bw’ikirenga n’isohozamigambi ryayo ryera, ibiganisha ku
mugambi yabiremeye, nk'uko yamenye kera mu buryo ndakuka ibizaba,
ndetse nk'uko umugambi wayo udahinduka kandi udahaswe uri; ngo
icyubahiro cy’ubwenge, imbaraga, ubutabera,ineza itagira akagero,
n’impuhwe byayo gishimwe.
( Abaheburayo 1:3; Yobu 38:11; Yesaya 46:10,11; Zaburi 135:6; Matayo 10:29-
31; Abefeso 1:11 )
14
Imana yo nyir’ubwenge bwose, nyir’ubutungane bwose, kandi
nyir’ubuntu bwose hari ubwo ijya irekera abana bayo agahe gato mu
bishuko bitandukanye no mu kononekara ko mu mitima yabo, ishaka
kubacyahira ibyaha bakoze mbere, cyangwa kubamenyesha imbaraga zo
kononekara kugihishwe mu mitima yabo n’ubushukanyi bwayo, ngo
ibatere guca bugufi, ndetse inabigishe kuyishingikirizaho buri gihe,
hamwe no kubatoza kuba maso kubw’ibishuko by’ibyaha biri imbere,
ndetse no kubw’izindi mpamvu z’ukuri kandi zitunganye. Ni yo mpamvu
ibiba ku ntore zayo byose iba yabiteganyije, kubw’icyubahiro cyayo ndetse
no kubw’ineza yabo.
( 2 Ngoma 32:25,26,31; 2 Abakorinto 12:7-9; Abaroma 8:28 )
15
bw’inzoka gushuka Eva, na we areshya Adamu, nuko Adamu yica itegeko
ry’Imana ku bushake bwe adahaswe, ari ryo tegeko bari bahawe ryo
kutarya ku rubuto rubujijwe, Imana na yo mu bwenge n’umugambi wayo
wera yemeye ko bacumura kubw’icyubahiro cyayo.
( Itangiriro 2:16,17; Itangiriro 3:12,13; 2 Abakorinto 11:3 )
16
( Abaroma 7:18,23; Umubwiriza 7:20; 1 Yohana 1:8; Abaroma 7:23-25;
Abagalatiya 5:17 )
17
IGICE CYA 8: KRISTO UMUHUZA
18
n’umwishingizi; kandi uwo murimo ntiyawihaye ubwe, ahubwo
yawuhamagariwe na Se; ari na we wamuhaye ububasha bwose no guca
amateka, akanamuha itegeko ryo kubisohoza byose.
(Zaburi 45:8; Ibyakozwe 10:38; Yohana 3:34; Abakolosayi 2:3; Abakolosayi 1:19;
Abaheburayo 7:26; Yoahana 1:14; Abaheburayo 7:22; Abaheburayo 5:5; Yohana
5:22, 27; Matayo 28:18; Ibyakozwe 2:36 )
19
bagasobanukirwa ko ari we rubyaro ruzakandagira umutwe w’inzoka,
akanaba ntama watambwe uhereye ku kuremwa kw’isi, ari we uri uko
yahoze ejo, uko ari uyu munsi, kandi ari na ko azahora iteka ryose.
( 1 Abakorinto 4:10; Abaheburayo 4:2; 1 Petero 1:10, 11; Ibyahishuwe 13:8;
Abaheburayo 13:8 )
21
( Abefeso 4:13 )
22
Naho abandi bose batatoranyijwe, nubwo bakumva umuhamagaro
w’ijambo ry’Imana, ndetse bakabasha kugerwaho n’imikorere rusange ya
Mwuka, ariko kuko batazanwa mu buryo butagandirwa na Data,
ntibazigera ndetse ntibabasha kuza kuri Kristo, bityo kandi ntibakizwa:
nkanswe noneho abantu batanakira ubukristo muri rusange, abo
ntibabasha gukizwa; kuko batabasha kubaho ubuzima bwumvira mu
buryo butunganye umucyo w’ibyaremwe bafite cyangwa n’amategeko
y’imyemerere yabo.
( Matayo 22:14; Matayo 13:20, 21; Abaheburayo 6:4, 5; Yohana 6:44, 45, 65; 1
Yohana 2:24, 25; Ibyakozwe 4:12; Yohana 4:22; Yohana 17:3 )
23
musaraba, yahanwe igihano cyari kibakwiriye, aba asohoje kandi ahagije
byuzuye ubutabera bw’Imana mu cyimbo cyabo; nyamara, kuva na we
yaratanzwe na Data ku bwabo, ndetse kumvira kwe no gusohoza
umurimo kwe kukemerwa ku bwabo, byose ku buntu, atari kubera icyo
babonywemo, ubwo gutsindishirizwa kwabo kuva ku buntu busa, kugira
ngo haba ubutabera bwuzuye bw’Imana n’ubutunzi bw’imbabazi zayo
byose bihimbarizwe mu gutsindishiriza abanyanyaha.
( Abaheburayo 10:14; 1 Petero 1:18, 19; Yesaya 53:5, 6; Abaroma 8:32; 2
Abakorinto 5:21; Abaroma 3:26; Abafeso 1:6,7; Abefeso 2:7 )
24
abana, bakemererwa kwegera intebe y’ubuntu badatinya, bakabashishwa
gutaka bati Abba, Data, bakagirirwa impuhwe, bakarindwa, bakitabwaho,
bagahanwa na Yo nk’umubyeyi, nyamara ntibabasha gutabwa burundu,
ahubwo bashyirwaho ikimenyetso kugeza ku munsi wo gucungurwa, ngo
bazaragwe ibyasezeranijwe nk’abaragwa b’agakiza k’iteka.
( Abefeso 1:5; Abagalatiya 4:4, 5; Yohana 1:12; Abaroma 8:17; 2 Abakorinto
6:18; Ibyahishuwe 3:12; Abaroma 8:15; Abagalatiya 4:6; Abefeso 2:18; Zaburi
103:13; Imigani 14:26; 1 Petero 5:7; Abaheburayo 12:6; Yesaya 54:8, 9;
Amaganya 3:31; Abefeso 4:30; Abaheburayo 1:14; Abaheburayo 6:12 )
25
mu buntu, asohoresha kwezwa kugenda yubaha Imana, arushaho kwigira
imbere ngo asingire ubuzima bw’ijuru, ari ko yumvira mu butumwa bwiza
amategeko yose Kristo ari we mutwe yatanze mu ijambo rye.
(Abaroma 7:23; Abaroma 6:14; Abefeso 4:15, 16; 2 Abakorinto 3:18; 2
Abakorinto 7:1 )
Ubuntu bwo kwizera, ari bwo buhesha abatoranyijwe kwizera ngo bakize
ubugingo bwabo, ni umurimo wa Mwuka wa Kristo mu mitima yabo,
ikindi kandi mu busanzwe buheshwa n’ijambo ry’Imana; ari na ryo
rifatanya n’umubatizo, igaburo ryera, gusenga, ndetse n’ubundi buryo
Imana yagennye, gukomeza ndetse no guhamya uko kwizera muri bo.
( 2 Abakorinto 4:13; Abefeso 2:8; Abaroma 10:14, 17; Luka 17:5; 1 Petero 2:2;
Ibyakozwe 20:32)
26
gutandukanye mu mimerere, kimwe n’izindi mpano z’agakiza zose,
n’ukwizera gusanzwe kw'abizera igihe gito; ni yo mpamvu nubwo
kwageragezwa n’amakuba menshi kugacika intege, guhora gutsinda,
kugeza ku kigero cyo gushikamana kudashidikanya muri Kristo, ariwe
banze ryako akaba ari na we ugusohoza.
(Abaheburayo 5:13, 14; Matayo 6:30; Abaroma 4:19, 20; 2 Petero 1:1; Abefeso
6:16; 1 Yohana 5:4, 5; Abaheburayo 6:11, 12; Abakolosayi 2:2; Abaheburayo
12:2)
Kuba nta muntu n'umwe ukora neza ntacumure, ndetse umwiza kurusha
abandi akaba abasha gushukwa n’imbaraga n’ibihendo by’ubwononekare
bumubamo, uko ibishuko byiyongera, akagwa mu byaha byinshi no
gushotora Imana; Imana, kubw’imbabazi zayo, mu Isezerano ry’ubuntu,
yashyizeho uburyo abizera iyo baguye mu byaha babasha guhindurwa
bashya mu kwihana kuzana agakiza.
( Umubwiriza 7:20; Luka 22:31, 32 )
27
Nk'uko kwihana kugomba gukomeza mu buzima bwacu bwose,
kubw’umubiri w’urupfu twambaye, n’imikorere yawo, ni yo mpamvu ari
inshingano ya buri wese kwihana ibyaha bye bwite azi byose.
( Luka 19:8; 1 Timoteyo 1:13, 15 )
28
baraza kumva Mwuka Wera abakoresheje mu buryo budasanzwe, ahubwo
bakwiye kugira umwete wo guhirimbanira gusesa impano z’ubuntu
bw’Imana zibarimo.
(Yohana 15:4,5; 2 Abakorinto 3:5; Abafilipi 2:13; Abafilipi 2:12; Abaheburayo
6:11,12; Yesaya 64:7)
Ntitwabasha gukora imirimo myiza, naho yaba myiza bingana iki, ngo
tugeze aho dukwiriye guhabwa ubugingo buhoraho mu kiganza cy’Imana,
ibi ni kubw’intera iri hagati y’imirimo yacu n’ubwiza bw’igihe kizaza,
ndetse no kubw’intera iri hagati yacu n’Imana, kuko tutabasha
kwiyungura cyangwa se ngo tunishyure ideni ry’ibyaha twakoze mbere,
ahubwo iyo tumaze gukora ibyo dushoboye byose, tuba dukoze gusa ibyo
twasabwaga, ndetse turi abagaragu b’imburamumaro, kuko niba ari
imirimo myiza koko na yo yakomotse kuri Mwuka Wera, kandi niba ari
iyavuye muri twe ubwo yuzuye kwandura ndetse ivanze n’intege nke
n’ibyaha, ku buryo itahangara uburakari bw’Imana.
(Abaroma 3:20; Abefeso 2:20; Abefeso 2:8,9; Abaroma 4:6; Abagalatiya 5:22,23;
Yesaya 64:6; Zaburi 143:2)
30
iri muri bo, hamwe n’imiterere y’isezerano ry’ubuntu; ari na byo
birihamya bikanarishimangira.
(Abaroma 8:30; Abaroma 9:11,16; Abaroma 5:9,10; Yohana 14:19; Abaheburayo
6:17,18; 1 Yohana 3:9; Yeremiya 32:40)
31
b’Imana, n’izindi mbuto zose zikomoka kuri we, bigatera umutima guca
bugufi no kwera.
( Abaheburayo 6:11,19; Abaheburayo 6:17,18; 2 Petero 1:4,5,10,11; Abaroma
8:15,16; 1 Yohana 3:1-3 )
32
IGICE CYA 19: AMATEGEKO Y’IMANA
Uretse iri tegeko, ari ryo rikunze kwitwa itegeko ry’imyitwarire, Imana
yashimye no guha abisirayeli amategeko y’imihango, arimo imigenzo
y’ibishushanyo itandukanye, haba iyo kuramya Imana, iyo gushushanya
Kristo, ubuntu bwe, imirimo ye, imibabaro ye, ndetse n’inyungu zayo;
ndetse n’andi menshi ajyanye n’imyitwarire itandukanye, ayo mategeko
y’imihango yose akaba yari yarateganyijwe kugeza kugihe cyo
gutunganywa, ni yo yaje gukurwaho na Yesu Kristo ari we Mesiya w’ukuri
ndetse n’umutangamategeko, kubw’ububasha yahawe na Data.
( Abaheburayo 10:1; Abakolosayi 2:17; 1 Abakorinto 5:7; Abakolosayi 2:14, 16,
17; Abefeso 2:14, 16)
34
IGICE CYA 20: UBUTUMWA BWIZA N’UBUNTU
BUZANWA NA BWO
36
( Yakobo 4:12; Abaroma 14:4; Ibyakozwe 4:19, 29; 1 Abakorinto 7:23; Matayo
15:9; Abakolosayi2:20, 22, 23; 1 Abakorinto 3:5; 2 Abakorinto 1:24 )
37
bigomba gukorwa mu izina ry'Umwana, mu gufashwa na Mwuka, nk'uko
ubushake bwe buri; bigakorwa mu gusobanukirwa, kubaha, kwicisha
bugufi, kugira umwete, kwizera, urukundo, no kwihangana; kandi igihe
ari mu ruhame, bikaba mururimi ruzwi n’abateranye.
( Zaburi 95:1-7; Zaburi 65:3; Yohana 14:13, 14; Abaroma 8:26; 1 Yohana 5:14; 1
Abakorinto 14:16, 17)
38
Nk'uko itegeko ry’ibyaremwe ribigaragaza, ko muri rusange umunsi
runaka, nk'uko Imana yabigennye, urobanurirwa kuba uwo kuramya
Imana, ni na ko mu ijambo ryayo, mu itegeko riziguye, kandi rihoraho,
rigenga abantu bose, bo mu bihe byose, Imana yashyizeho umunsi umwe
mu minsi irindwi kugira ngo ube Isabato igomba kuyerezwa. Iyo kuva isi
yabaho kugeza ku izuka rya Kristo wari umunsi wanyuma w’icyumweru,
kandi kuva ku izuka rya Kristo wahinduwe umunsi wa mbere
w’icyumweru, ari wo witwa umunsi w’Umwami: kandi ugomba
gukomeza gufatwa nk’Isabato y’abakristo kugeza ku mperuka y’isi, kuko
kwizihiza umunsi wanyuma w’icyumweru byavanyweho.
( Kuva 20:8; 1 Abakorinto 16:1, 2; Ibyakozwe 20:7; Ibyahishuwe 1:10 )
Indahiro yemewe ni igice kigize uburyo bwo kuramya Imana, aho umuntu
urahira mu kuri, mu gukiranuka, no mu guca imanza, atanga Imana ho
umugabo ku ndahiro ye, ngo imucire urubanza niba ibyo arahiriye ari
ukuri cyangwa ibinyoma.
( Kuva 20:7; Gutegeka 10:20; Yeremiya 4:2; 2 Ingoma 6:22, 23 )
39
amakimbirane yose, indahiro yemerwa n’Ijambo ry'Imana; rero indahiro
itegetswe n’ubutware bwemewe, igomba gukorwa.
( Matayo 5:34, 37; Yakobo 5:12; Abaheburayo 6:16; 2 Abakorinto 1:23;
Nehemiya 13:25 )
Umuhigo, kuko utagomba gukorerwa ikiremwa icyo ari cyo cyose, keretse
Imana yonyine, ugomba gukorwa mu bunyangamugayo n’ubudahemuka
bw’ukwemera; ariko imihigo y’ubupapa bw’i Roma yo kwibuza gushaka,
kwiyegurira ubukene, no guhora bumvira buri gihe, uretse no kuba ntaho
ihuriye no kuba ikigero cyisumbuye cyo gutungana, ahubwo ni imiziririzo
ibuze ubwenge n’imitego y’ibyaha, kandi nta mukristo ukwiriye
kuyishoramo.
( Zaburi 76:12; Itangiriro 28:20-22; 1 Abakorinto 7:2, 9; Abefeso 4:28; Matayo
19:11)
40
Biremewe ko abakristo bemera kandi bagakora imirimo ya leta iyo
babihamagariwe; bakora neza iyo mirimo nk'uko bibakwiye cyane cyane
kubungabunga ubutabera n’amahoro, kandi hakurikijwe amategeko meza
ya buri bwami n’umuryango rusange, bityo banemererwa muri iki gihe
cy’Isezerano rishya gutabara mu ntambara z’ukuri kandi za ngombwa.
( 2 Samweli 23:3; Zaburi 82:3, 4; Luka 3:14 )
42
Umwami Yesu Kristo ni Umutwe w'itorero, kandi muri we nk'uko
yabihawe na Data, niho hari imbaraga zose z’umuhamagaro waryo,
imimerere, gahunda cyangwa imiyoborere y'itorero, mu buryo
bw’ikirenga kandi buhebuje; bityo Papa w'i Roma ntashobora kuba
umutwe waryo, ahubwo ni we Antikristo, wa munyabugome ukomeye ari
we muntu w’icyaha, n'umwana wo kurimbuka, wishyirira hejuru mu
itorero kurwanya Kristo, n'icyitwa Imana cyose; uwo Umwami
azarimbuza umucyo we ubwo azaza.
( Abakolosayi 1:18; Matayo 28: 18-20; Abefeso 4: 11,12; 2 Abates. 2: 2-9 )
Buri torero ryose muri aya matorero iyo riteraniye hamwe, nk'uko
ubushake bwe buri mu ijambo rye, yarihaye ububasha n’ubushobozi
bwose, mu buryo ubwo ari bwo bwose bukenewe kugira ngo bakurikize
iryo tegeko mu kuramya no guhana abakosa, ari byo yabashyiriyeho kugira
ngo babyubahirize; hamwe n’amategeko n’amabwiriza agenga uburyo
bukwiye, no gushyirwa mu bikorwa kubwo bubasha.
( Matayo 18:17, 18;1 Abakorinto5:4, 5, 5:13, 2 Abakorinto 2: 6-8)
43
Itorero runaka, riteranye kuri gahunda ikurikije ubushake bwa Kristo,
rigizwe n'abayobozi n'abanyamuryango; kandi abayobozi bashyizweho na
Kristo bagatorwa ndetse bakimikwa n’itorero (abahamagawe kandi
bateranirijwe hamwe), kugira ngo bashingwe by’umwihariko gukora
imigenzo y’itorero, kandi basohoze imirimo basabwa mu bubasha
yabahaye, cyangwa bahamagarirwa, gukomeza ; kugeza ku mperuka y’isi,
abo ni abashumba cyangwa abakuru b’Itorero, n'abadiyakoni.
( Ibyakozwe 20:17, 28; Abafilipi. 1:1 )
44
ahubwo n’abandi na bo bafite impano kandi babihatirwa na Mwuka
Wera, bemejwe kandi batowe n’itorero na bo bashobora kubikora.
( Ibyakozwe 11: 19-21; 1 Petero 4:10,11 )
Nta munyamuryango w’itorero, kubera icyaha icyo ari cyo cyose yaba
yakorewe na mugenzi we, mu gihe yakoze inshingano asabwa ku
wamuhemukiye, ugomba guhungabanya gahunda y’iterereo cyangwa
gusiba amateraniro, cyangwa imigenzo y’itorero, kubw’icyo kibazo
yagiranye n'undi munyetorero, ahubwo aba agomba gutegereza Kristo,
mu buryo itorero rizakemura icyo kibazo.
( Matayo 18: 15-17; Abef. 4: 2,3 )
45
intumwa, bagahuzwa no gusuzuma ndetse no kujya inama z'icyo kibazo,
imyanzuro ikazamenyeshwa amatorero yose bireba; nyamara nubwo
bimeze bityo, izi ntumwa ziterana ntabwo zihabwa ububasha bwose
n’imbaraga ku matorero ubwayo, bwo gushyiraho amategeko agenga haba
amatorero cyangwa abanyamuryango b’itorero runaka; cyangwa ngo
bafatire umwanzuro ntakuka amatorero cyangwa abayobozi bayo.
( Ibyakozwe 15: 2,4,6,22,23,25; 2 Abakor. 1:24; 1 Yohana 4:1 )
46
IGICE CYA 28: UMUBATIZO N’IGABURO RYERA
47
IGICE CYA 30: IGABURO RYERA
48
Kristo wabambwe ubwe, nkaho ari we by'ukuri, nubwo byo biba ari
ibishushanyo, ku buryo rimwe na rimwe byitwa amazina y'ibintu
bihagarariye, mu yandi magambo, umubiri n'amaraso bya Kristo, nubwo
mu buryo bw'ukuri no miterere yabyo bikomeza kuba umugati na divayi
gusa, nk'uko byari bimeze na mbere.
( 1 Abakor. 11:27; 1 Abakor. 11: 26-28 )
49
IGICE CYA 31: UMUNTU NYUMA Y’URUPFU NO
KUZUKA KW’ABAPFUYE
51