Download as pptx, pdf, or txt
Download as pptx, pdf, or txt
You are on page 1of 21

AMATEGEKO/AMAHAME 8

MEDICAL MISSIONARY SCHOOL


AMATEGEKO 8

Nyuma yo kurya, hari andi mahame 8 ashobora gufasha umuntu


kugira ubuzima buzira umuze. Kuyashyira mu bikorwa
biroroshye. Kubakira kuri ayo mahame byatuma ubuzima
bwawe buba bwiza ndetse bukakubera umugisha. {Enjoy it,
Pamploma}
AMATEGEKO 8 NI AYAHE?

• Kwiringira imbaraga z'Imana


• Umwuka mwiza,
• Izuba,
• Kwirinda
• Kuruhuka,
• Imyitozo ngororamubiri,
• Kurya neza,
• Amazi.
1. KWIRINGIRA IMANA

• …kuko ari nta cyo mubasha gukora mutamfite (Yoh 15.5)


• Ubusobanuro bwo kwizera buruta ubundi ni ukwiringira. kwiringira ni
ukwishingikiriza ku wundi muntu. {Ihame 13 Morris Venden}
• Hari ibintu bibiri bya ngombwa gusa niba ushaka kwiringira umuntu. Bwa mbere
ni ngombwa kubona umuntu ukwiriye kwiringirwa. Ubwa kabiri ugomba
gufata igihe cyo kumenya uwo muntu. Ikinyuranyo cy’Ibyo nacyo ni kimwe.
Kugirango we kwiringira umuntu birahagije kubona ko atari uwo kwiringirwa,
noneho ugafata igihe cyo kumumenya.

• Nyamara kwiringira Imana si ugusimbukira mu mwijima. Umwami yaduhaye


ibihamya bihagije dukwiye kubakiraho ibyiringiro byacu muri we.
• Bibiliya ihamya ko Imana ari iyo kwiringirwa ariko ntuzigera uyiringira by’ukuri
utarayimenya wowe ubwawe ku giti cyawe. {Ihame 14 Morris Venden}

• Umukiza wacu ni we wongera kubaka ishusho y’Imana mu muntu. Mu byaremwe


yahashyize ibyangombwa byo kuvura uburwayi bw’umuntu kugira ngo
abayoboke be babashe kugira ubugingo busendereye. Dushobora kwirinda
uruvangavange rw’imiti umuntu yagiye akoresha mu gihe cyashize nta kibazo
dufite.
• Imana yatanze ibirwanya uburozi bivura indwara ibishyira mu bimera
byoroheje, kandi ibyo bimera bishobora gukoreshwa kubwo kwizera,
hatabayeho guhakana ukwizera; kubera iyo dukoresha imigisha yatanzwe
n’Imana kubw’inyungu zacu tuba dukorana nayo. {UB2 230}
2. UMWUKA MWIZA

• …Imana yita iryo sanzure Ijuru. (Int 1:8)


• Ushobora kubaho iminsi myinci utarya, nta mazi ariko ntiwabaho byibura
iminota 3 cyangwa 4 udahumeka. Oxygen niwo mwuka ukenerwa
n’uturemangingo kugirango ibiryo bikurwemo imbaraga bityo umuntu abashe
kubaho.
• Uburyo bumwe rukumbi bwo kubona oxygen ni uguhumeka.
• Tugomba guhumeka neza kandi tukinjiza umwuka mwinshi mwiza.

• Umwuka mwiza, uzakuzanira imigisha myinci nuwemerera ukinjira. Dukwiriye
kwemerera umwuka mwiza ukinjira, tukawishimira kuko uzafasha no gukora neza
kw’imyakura.
• Umwuka mwiza utuma amaraso atembera neza mu mubiri. Utuma umubiri
umererwa neza.
• Umwuka mwiza uzongera ubushake bwo kurya, ufashe igogora gukorwa neza,
ndetse ufasha no kuruhuka neza. {HL 72.2}
• Gukora umwitozo wo kwinjiza umwuka mwinci mwiza mu gitondo ubyutse, nibura
incuro 10.
3. IZUBA

• …Imana irema ibiva bibiri binini, ikiva kinini cyo gutegeka amanywa (Int 1:6)
• Izuba ni umwe mu miti karemano ukomeye cyane. {HL 229}
• Imirasire y’izuba yifashishwa n’umubiri gukora Vit D
• Imirasire y’izuba kandi ifasha mu kwica microbes
• Imirasire y’izuba igomba kwinjira mu nzu nta kirogoya
• Umwuka mubi uterwa n’imyenda n’ibindi birunze mu cyumba ubyara uburwayi,
imirasire y’izuba niyemererwa kwinjira muri ibi byumba izarinda uburwayi bwinci.
{HL229}
• Ibinyabuzima byose ku isi byifashisha izuba kugirango bibeho. Hatabayeho
urumuri rw’izuba ntakintu cyabaho.

• Imirasire y’izuba igabanya isukari mu maraso ndetse n’umuvuduko w’amaraso
• Igabanya cholesterol mu maraso
• Ifasha mu kongera ubudahangarwa bw’umubiri
• Igabanya jaundice
• Ifasha mu kurwanya uburozi buturuka ku miti yica udukoko mu bimera.
• Si byiza kuguma ku zuba umwanya munini.
4. KWIRINDA

• Uwiteka Imana imezamo igiti cyose cy'igikundiro cyera imbuto ziribwa, imeza
n'igiti cy'ubugingo hagati muri iyo ngobyi, imezamo n'igiti cy'ubwenge
bumenyesha icyiza n'ikibi. (Int 2:9)
• Kwirinda muri byose.
• Kutirinda ni umwanzi abantu bose bakwiriye kwirinda. Ukuntu iyi ngeso
yiyongera mu buryo bukabije bikwiriye gukangura umuntu wese ukunda ubwoko bwe
kujya ku rugamba akayirwanya. {Ub 211}
• Ariko kugira ngo tugere ku muzi wo kutirinda, tugomba kwimbika cyane tukagera no
ku birenze kwirinda kunywa inzoga n’itabi. Ubunebwe, ubuzima butagira intego,
cyangwa kwifatanya n’amatsinda agendereye ibibi, bishobora kuba nyirabayazana
w’iyo ngeso mbi. {Ub211}
5. KURYA NEZA

• Kandi Imana irababwira iti “Dore mbahaye ibimera byose byera imbuto biri mu
isi yose, n'igiti cyose gifite imbuto zirimo utubuto twacyo, bizabe ibyokurya
byanyu. (Int 1:29)
• Isano iri hagati y’imirire n’iterambere ry’ubwenge ikwiriye kwitabwaho cyane
birenze uko byigeze bibaho. Intekerezo zitabangukira kumenya no
gusobanukirwa akenshi ziterwa n’amakosa abantu bakora mu mirire. {Ub 213.1}
• Akenshi usanga abantu bavuga ko mu gihe cyo guhitamo ibyokurya, ipfa ari ryo
rikwiriye kuyobora umuntu. Ibyo bavuga byari kuba bifite ishingiro, iyaba amategeko
yo kwitungira amagara yarubahirizwaga igihe cyose. Ariko bitewe n’akamenyero kabi
kabaye karande mu bantu, ipfa ryateshuwe umurongo waryo ku buryo umuntu ahora
ararikiye ibihaza ipfa rye nyamara bimugiraho ingaruka. {Ub 213.2}

• Ni ngombwa kwirinda kurya ibyokurya birenze urugero n’iyo byaba ari ibyokurya
byiza cyane bitagira ingaruka ku mubiri.
• Kurya ku masaha adahinduka
• Imirire y’umwana n’umugore utwite
• Igihe bigushobokeye kose, irinde kurya ucuranwa. Niba ufite igihe gito cyo
gufungura, rya bike ukurikije igihe ufite. Aho kugira ngo umiragure ibyo
utatapfunnye ngo ubone uhage, byarutwa n’uko wareka kubirya. {Ub 215}
• Igihe cyo kurya gikwiriye kutubera umwanya mwiza w’ibyishimo no kuganira
n’abo musangira. Ikintu cyose cyatuma baremererwa ku meza cyangwa hakaza
umwuka mubi gikwiriye gukumirwa {Ub 215-6}
6. IKIRUHUKO

• Ku munsi wa karindwi Imana irangiza imirimo yakoze, iruhuka ku munsi wa


karindwi imirimo yayo yose yakoze. (Int 2:2)
• Ikiruhuko gituma dushyira iruhande ibyo twari duhugiyemo n’ibyari
biduhagaritse umutima, maze kigatuma intekerezo n’umubiri bigarura
ubuyanja, bityo kigatuma tugarukana imbaraga zo gukora imirimo yacu
isanzwe. {Ub 217}
• Ni amahirwe n’inshingano ku bakristo gushaka guhembura intekerezo no kuruhura
umubiri babikoresheje kwiruhura kutarimo icyaha, bafite umugambi wo gukoresha
imbaraga zabo z’umubiri n’iz’ubwenge mu buryo bwo guhesha Imana icyubahiro.
{Urugo rwa Gikristo 438}

• Ni ngombwa kurindana ifuhe amasaha adahindagurika yo gusinzira no


gukora. Tugomba gufata igihe cyo kuruhuka, kwihembura no kwitegereza
ibidufasha... Amahame yo kwirinda afite agaciro gakomeye kuruta uko dushobora
kubyiyumvisha. {Urugo rwa Gikristo 438}
• Hariho uburyo bw’ibiruhuko bwo guhembura bifite icyo bimariye ubwenge
n’umubiri cyane. {Urugo rwa Gikristo 440}
7. IMYITOZO NGORORAMUBIRI

• Uwiteka Imana ijyana wa muntu, imushyira muri iyo ngobyi yo muri Edeni, ngo
ahingire ibirimo, ayirinde. (Int 2:15)
• Igihe gikoreshwa mu myitozo ngororamubiri ntikiba gipfuye ubusa... Imyitozo
ikwiriye ku ngingo zose n’ubushobozi bwose bw’umubiri ni ingenzi cyane ku muntu wese
kandi ituma akora neza. {Urugo rwa gikristo 439}
• Imyitozo ngororamubiri ituma amaraso agenda mu mubiri, ariko igihe umuntu adakora,
amaraso ntagenda neza, maze bigatuma atavugururwa kandi byari byiza ku buzima; n'uruhu
na rwo ntirukora. Imyanda ntiva mu mubiri nk'uko byari bikwiriye kumera igihe hatariho
imyitozo ngororamubiri ituma amaraso agenda neza n'ibihaha ngo bibone umwuka mwiza
kandi mushya. Ibyo bituma ingingo zisohora imyanda mu mubiri zikora umurimo
uruta uwari usanzwe inshuro ebyiri, maze ingaruka yabyo ikaba uburwayi. {MH 113}

• Gukorera umwitozo ngororamubiri ahantu hanze [hari umwuka uhagije], ariko


by’umwihariko akaba ari umurimo w’amaboko, ni bwo buryo bwiza bwo
guhembura umubiri n’intekerezo. {Ub 289.2}
• Imyitozo ngororamubiri yakorohera buri wese ni ukugenda.
• Kugenda n’amaguru niyo siporo nziza kurusha izindi zose. Amaraso atembera
neza cyane iyo umuntu agenda n’amaguru. Reka aho bishoboka hose tugende
n’amaguru. Ingingo zose zigize umubiri ziba zikora iyo tugenda n’amaguru.
Kugenda n’amaguru ni umuuti ku mibiri izahajwe n’uburwayi. {HL 129}
• Imyitozo ngororamubiri ikorwa nyuma yo kurya, mu rwego rwo gufasha igogora.
8. AMAZI

• …Umugezi uturuka muri Edeni unetesha iyo ngobyi (Int 2:10)


• Hafi 60% by’umubiri wacu bigizwe n’amazi. Impyiko zikenera amazi
kugirango zisohore imyanda mu maraso, urwungano ngogozi narwo rukenera
amazi mu mikorere yarwo; uruhu narwo rukenera amazi ndetse n’amagufwa
akenera amazi.
• Umuntu yaba ari muzima cyangwa se arwaye, amazi meza ni umwe mu migisha
y'ingenzi ikomoka mu ijuru. Ni ikinyobwa Imana yashyiriyeho kumara inyota.
{MH112}

• Iyo amazi anyowe bihagije, afasha umubiri kurwanya indwara. Gukoresha
amazi mu buryo bwo gukanda umubiri ni imwe mu nzira zoroshye yo gutuma
amaraso agenda neza mu mubiri. {MH 112}
• Hitamo amazi hejuru y’ibindi binyobwa byose.
• Uburyo bwo gukoresha amazi mu gihe cy’uburwayi: Inyuma ku mubiri cyangwa
imbere.
• Ingano y’amazi umuntu agomba kunywa ku munsi: Ibiro (kg)/ 30= (…L)

• Kwiyuhagira amazi ashyushye bifungura imyenge y'uruhu bikaba inyunganizi mu


kwirukana ubwandure mu mubiri.
• Kwiyuhagira amazi ashyushye cyangwa se y'akazuyazi, bituma imitsi yumva
imererwa neza kandi bigatera amaraso kugenda ku rugero rukwiriye. {MH
112}
END!

MARANATHA

You might also like