Download as pptx, pdf, or txt
Download as pptx, pdf, or txt
You are on page 1of 47

IKIBAZO

CY’INTAMBARA
IKOMEYE
Hope d’Amour
+250788271065
Hoseya 14:10

Uzi ubwenge wese ni we uzitegereza ibyo, Uwitonda wese ni we uzabimenya, kuko


inzira z’Uwiteka zitunganye, kandi abakiranutsi bazazigenderamo, ariko abacumura
bazazigwamo.
Nzahagarara hejuru y'umunara aho ndindira, kandi nzarangaguza
ndeba aho ari numve icyo ambwira, n'uko nzasubiza ku bw'icyo
namuganyiye. Maze Uwiteka aransubiza ati “Andika ibyerekanywe
ubigaragaze ku mbaho, kugira ngo ubisomye abyihutire. Kuko
ibyerekanywe bifite igihe byategekewe, ntibizatinda kukigeraho
kandi ntibizabeshya, naho byatinda ubitegereze, kuko kuza ko
bizaza ntibizahera.

Habakuki 2:1-3
Igihamya ko umuntu yaguye akagera kure, ni uko biruhije cyane kugira ngo
agaruke aho yavuye. Kugaruka byashoboka ari uko umuntu arwanye
inkundura, akarwana abikuye ruhande, kandi akarwana buri gihe. Igikorwa
gihubukiwe cy'akanya gato gipfa gukorwa gusa, kibasha kuturoha mu mutego
w'umubi; kandi bigasaba ibirenze akanya gato kugira ngo duce imirunga ituboshye
tubone kugera ku butungane. Hashobora kubaho umugambi, [umuntu agatangira
gukora akurikije uwo mugambi] ariko bisaba umuruho, n'igihe kirekire, no
kudatezuka no kwihangana kugira mgo bigerweho.

Rengera Ubuzima ch-38 p.452


Rengera Ubuzima ch-38 p.451

Imibereho ya gikristo ni intambara kandi ni urugendo. Muri iyo ntambara


ntawe usimbura undi. Iyo tugize imihati idatezuka ni bwo dutsinda ibigeragezo
bya Satani. Kugira ngo umuntu abe ashyitse aba agomba kugira imigambi
ihamye. Nta n'umwe ushobora kubyutswa atabigizemo uruhare. Nta n'umwe
ushobora kuturwanira intambara. Buri muntu wese muri twe agomba kurwana
intambara ku giti cye; nubwo Nowa, Yobu na Daniyeli baba bari mu gihugu, nta
n’umwe wo ba kobwa cyangwa umuhungu wabo barokora kubwo gukiranuka kwabo.
Rengera Ubuzima ch-38 p.451

Mu buryo busobanutse neza kurenza uko dusanzwe tubikora,


dukwiriye gusobanukirwa ibibazo by’intambara ikomeye
turimo. Dukeneye gusobanukirva n'akamaro k'ukuri
kw'ijambo ry’Imana, n'akaga kazanwa no kwemerera
umushukanyi ruharwa kuvana ubwenge bwacu mu by'ukuri
[kw’ijambo ry’Imana].
Christ Triumpant p.368

Umunsi ku munsi intambara hagati y’icyiza n'ikibi irakomeza kujya


mbere .... Nk’ubwoko bw’Imana ntidusobanukiwe nk’uko byakabaye
intambara ikomeye iri hagati y’intumwa zitagaragara, intambara hagati
y’abamarayika b'indahemuka n'abamarayika bacumuye. Abamarayika
babi ntibaruhuka ku murimo wabo, barategura umurongo wabo wo
kugaba ibitero, kandi nk’abayobozi bagenzura, abami, n’abategetsi,
hamwe n’imbaraga z’abantu batari indahemuka [ku Mana].
Christ Triumpant p.368

Ndahamaga mwebwe abatiteguye intambara ikomeye ngo


mukanguke. Ntabwo muri kureba ibigiye kuza ku isi vuba.
Ibikoresho by’abantu bayobowe n’abamarayika baguye
barashaka kwegeranya ibisarurwa byabo. Abashaka kuzisanga
barinzwe n'abamarayika b'Imana bagomba kuberaho byimazeyo
guhesha Imana ikuzo, biteguye guhagarara mu migabane yabo no
mumwanya wabo.
Dufte ubutumwa bwishungura tugomba gutanga, kandi
nategetswe kubwira abantu bacu ngo, “Mufatanye, Mufatanye.”
Ariko ntabwo tugomba gufatanya nabitandukanya no kwizera
maze bakita ku myuka iyobya ninyigisho zabadayimoni. Tugomba
kujya kwamamaza ubutumwa imitima yacu inezerewe, yuje ineza
n'ukuri, kandi ntitwite ku bayobya abandi babavana ku kuri.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p350


Neretswe ko benshi mu bantu bacu bari basinziriye mu byaha byabo,
kandi nubwo bavugaga ko ari Abakristo, bajyaga kurimbuka keretse
gusa baramutse bahindutse. Ubwo ukuri kwanyuzwaga imbere yanjye
mu mirongo yumvikana neza, nagerageje kugeza imbere y'abandi
ubutumwa bukomeye bwakoze ku lmutima wanjye, kugira ngo buri wese
abashe kumva ko akwiriye kwigirira ubunararibonye bwe ku giti cye mu
byerekeye iyobokamana, akimenyera Umukiza ubwe, agaharanira ubwe
kugera ku kwihana, kwizera, urukundo, ibyiringiro no kwera.

Ubutumwa Bwatoanijwe (3) p.99


Ubwo nahishurirwaga imibereho y'itorero n’isi muri rusange, kandi
nkitegereza ibiteye ubwoba byari imbere yacu, naratangaye cyane; kandi
ijoro ku rindi ubwo abandi bantu bose babaga basinziriye, nandikaga ibyo
Imana yanyeretse. Neretswe inyigisho zubuyobe zajyaga kwaduka,
nerekwa ibinvoma byari gubhabwa intebe, kandi nerekwa imbaraga
ya Satani ikora ibitangaza (abiyita Kristo bajyaga kwaduka) yari
kuzayobya umugabane munini w'abavuga ko bizera Imana, ndetse
byaba bishoboka ikayobya n’intore.
Ubutumwa Bwatoanijwe (3) p.99
Matayo 24:23-25

“Icyo gihe umuntu nababwira ati ‘Dore Kristo ari hano’,


n’undi ati ‘Ari hano’, ntimuzabyemere. Kuko abiyita Kristo
n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso
bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya
n’intore niba bishoboka. Dore mbibabwiye bitaraba.
2Abakorinto 11:13-14

Bene abo ni intumwa z’ibinyoma, ni abakozi bariganya bigira


nk’intumwa za Kristo. Kandi ibyo si igitangaza, kuko na Satani
ubwe yihindura nka marayika w’umucyo.
Ibyahishuwe 13:13-14

Kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu


ijuru ugwa mu isi mu maso y’abantu. Iyobesha abari mu isi
ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa,
ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari
ikomerekejwe n’inkota ikabaho.
Ubutumwa bwatoranijwe (3) p346-347

Ijambo ry'Imana ... rigomba kutubera intwaro idukingira igihe Satani


akoresha ibitangaza by’ibinyoma kugira ngo ayobye n'intore niba
bishoboka. Muri iki gihe ni ho abatarashikamye ku kuri bazifatanya
n'abatizera bakunda kubeshya kandi bakabikora. Igihe ibyo bitangaza
bizakorwa, igihe abarwayi bakizwa nibindi bitangaza bigakorwa, bene abo
bantu bazayobywa. Mbese twiteguye ibihe by'amakuba bitwegereye?
Cyangwa duhagaze aho tuzagwa mu mitego ya Satani bitworoheye?
Matayo 7:21-23….

“Umuntu wese umbwira ati ‘Mwami, Mwami’, si we uzinjira mu bwami bwo mu


ijuru, keretse ukora ibyo Data wo mu ijuru ashaka. Benshi bazambaza kuri uwo
munsi bati ‘Mwami, Mwami, ntitwahanuraga mu izina ryawe, ntitwirukanaga
abadayimoni mu izina ryawe, ntitwakoraga ibitangaza byinshi mu izina ryawe?’ Ni
bwo nzaberurira nti ‘Sinigeze kubamenya, nimumve imbere mwa nkozi z'ibibi
mwe.’.Aba bashobora kuvuga ko ari abayoboke ba Kristo, ariko batagira imirebereho
nk'iy’Umuyobozi wabo. Bashobora kuvuga bati, “Mwami, Mwami”; bashobora gutunga
agatoki kubo bakijije indwara, no ku yindi mirimo y’ibitangaza, maze bakavuga ko bafite
Umwaka n’imbaraga byinshi by’Imana kuruta ibigaragara mu bakomeza amatekego yayo.

7BC P.975
Matayo 7:21-23…..

Nyamara imirimo yabo ikorerwa munsi y’ubugenzuzi bw’umwanzi wo


gukiranuka, uwo intego ye ari ukuyobya imitima, kandi [ibyo bitangaza]
bigamije kuyobya abantu bikabakura mu kumvira, mu kuri no mu
nshingano. Vuba bidatinze hazakomeza kubaho uku kwigaragaza
kw’imbaraga ikora ibitangaza, kuko yavuzweho ngo, “kandi ikora ibinyetso
bikomeye, imanura umuriro ugwa mu isi mu maso y’abantu. Ibyah 13:13

7BC P.975
Dusuzume neza imiterere y’intambara hagati y’icyiza n’ikibi

Amatsinda abiri mu bantu bacu kandi yose ateje akaga!


Genzura ikintu cyose mbere y'uko gishyikirizwa umukumbiw'lmana…
Mu butumwa buvuga ko buvuye mu ijuru, hari ibizavugwamo biyobya, kandi
imbaraga y'ibyo bintu niyemerwa, izayobora abantu mu matsinda no mu migambi
by'ubwaka bizazana ibintu neza neza Satani yakagombye kuba yarazanye ubwe ari
byo: umwuka winzaduka, umwuka mubi witwikiriye imyambaro y'ubutungane;
umwuka ufite imbaraga zo kwiganzura ibintu byose. Ubwaka buzinjira, kandi
buzivanga ndetse bwisobekeranye rwose n’imirimo ya Mwuka wlmana, ku buryo
abantu benshi bazabwemera nk’aho buvuye ku Mana, kandi bazashukwa nabwo
ndetse bubayobye.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p343


Ubutumwa Bwatoranijwe vol3 p.343

Hari amagambo akomeye akunze kuvugwa n’abavandimwe bacu mu kwizera


bageza ubutumwa bw’imbabazi n'imbuzi ku batuye isi yacu, kandi byaba
byiza ayo magambo acecetswe .... Mureke he kugira ijambo na rimwe
rivugwa ngo ribyutse umwuka wo kwihimura mu barwanya ukuri.
Mureke he kugira icyo ari cyo cyose gikorwa cyabyutsa umwuka
nk’uw’ikiyoka kubera ko uwo mwuka uzigaragaza ubwawo vuba
bidatinze mu buryo buhagije ndetse no mu miterere yawo nk’ikiyoka,
kandi uzahagurukira kurwanya abakomeza amategeko bakagira
guhamya nk'ukwa Yesu.
Ubutumwa Bwatoranijwe vol3 p.343

Igihe kizagera ubwo tuzahamagarirwa guhagarara imbere y’abami


n’abategetsi, abacamanza n’abanyabubasha kugira ngo duhamye ukuri.
Icyo gihe abo bahamya bazatungurwa no kubona ko imyanya yabo,
amagambo yabo, imvugo nyazo bakoresheje ntacyo bitayeho cyangwa mu
buryo budatekerejweho igihe bavugaga bibasira ikinyoma cyangwa
bashyira ukuri ahagaragara (imvugo batigeze batekereza ko izibukwa),
bizongera gusubirwamo, kandi bazahangana nabyo, ndetse abanzibabo
bazabiganzura, bubakire kuri ayo magambo ubwabo bivugiye
batayatekerejeho uko bikwiriye.
Ubutumwa Bwatoranijwe vol3 p.348

Mpereye kubyo Uwiteka yanejejwe no kunyereka, mu gihe cyose


hazabaho abantu bazahaguruka, kandi benshi cyane bo muri bo,
bazaba bavuga ko bafite umucvo mushya, uzaba ikibazo cyo
kwirema ibice, n’icyuho cyo kwitandukanya. Kwaguka kwawo
kuziyongera kugeza ubwo, hazavuka icyuho kizashyirwa hagati
y'abemera ibyo bitekerezo n’abizera ubutumwa bwa marayika wa
gatatu.
Ibyo bitekerezo bishya nibiba bimaze kwemerwa, hazabaho
kwitandukanya nabantu Imana yakoresheje muri uyu murimo,
kubera ko umutima utangira gushidikanya kandi ukavanwa ku
bayobozi , ngo kubera ko Imana yabashyize ku ruhande maze
igatoranya abantu “baciye bugufi kurutaho” ngo bakore umurimo
wayo.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p348


Ubu ni bwo busobanuro bwonyine bashobora guha iki kibazo, nk’aho abayobozi
batabona uyu mucyo w'ingenzi. Imana iri guhagurutsa itsinda ryabantu ngo rivuge
ijwi rirenga ry’ubutumwa bwa marayika wa gatatu ... Ni intego ya Satani
guhagurutsa inyigisho nshya kugira ngo ateshure abantu ku murimo nyakuri
n'ubutumwa nyabwo bugenewe iki gihe. Satani ahagurutsa abantu ngo
batangeubusobanuro bupfuye bw’lbyanditswe Byera, ngo bavuge ijwi rirenga
ry’iryiganano, kugira ngo ubutumwa nyakuri nibuza bwe kugira icyo bukora. Iki ni
kimwe mu bihamya bikomeye cyane by’uko ijwi rirenga rizumvikana vuba bidatinze
kandi isi izamurikirwa n'ubwiza bw' Imana.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p348


1. Yesa 6:1-7

Yesaya yari yamaganye icyaha cy’abandi; ariko ubu nawe yisanze ahamwa n’icyaha nk’icyo
yari yari yaragiye ashyira ahagaragara. Yari yaranyuzwe n'umusabano ukonje, umuhango
utagira ubuzima mu kuramya Imana kwe. Ibi ntiyari abizi kugeza igihe Uwiteka yamuhereye
iyerekwa. Mbega ukuntu ubu noneho ubwenge bwe n’impano ze byagaragara ko ari bito
cyane ubwo yitegerezaga ukwera n’icyubahiro by’ubuturo bwera! Mbega ukuntu
[yasanze] atari akwiriye! Mbega ukuntu yasanze atarakwiriyr umurimo wera! Ibyo
yatekerezaga bishobora kugaragarira mu mvugo y’intumwa Pawulo, “Mbega ukuntu ndi
umutindi! Ni nde wankiza uyu mubiri untera urupfu?

SDA Bible Commentary vol 4 p.1139


1. Yesa 6:1-7

Iyerekwa ryahawe Yesaya ryerekana imiterere y’ubwoko


bw’Imana mu minsi y’imperuka. Bafite amahirwe yo
kwitegereza kubwo kwizera umurimo ujya imbere mu buturo
bwera bwo mu ijuru. “Kandi mu ijuru urusengero rw'Imana
rwakingurwa, maze mu rusengero rwe haboneka isanduku
y'isezerano rye.”

4Bible Commentary p.1139


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Kubera umubabaro wari mu mutima we, Eliya avugana


agahinda ibimubabaje agira ati: “Nagize ishyaka ryinshi
ry’Uwiteka Imana Nyiringabo, kuko Abisirayeli bavuye mu
isezerano ryawe bagasenya ibicaniro byawe, kandi bicishije
abahanuzi bawe inkota. Ni jye jyenyine usigaye, nanjye
baragenza ubugingo bwanjye ngo banyice.”

Abahanuzi n’Abami p.107


1. Eliya 1Abami 19:9-18

Nuko marayika ahamagara uwo muhanuzi ngo ave muri ubwo buvumo, maze amutegeka
guhagarara imbere y’Uwiteka ku musozi, agatega amatwi ngo yumve icyo Uwiteka amubwira.
“Uwo mwanya Uwiteka amucaho, maze umuyaga mwinshi wa serwakira uraza usatura
imisozi, umenagurira ibitare imbere y’Uwiteka, ariko Uwiteka yari atari mu muyaga.
Umuyaga ushize habaho igishyitsi cy’isi, ariko Uwiteka yari atari muri icyo gishyitsi.
Hanyuma y’igishyitsi hakurikiraho umuriro, ariko Uwiteka yari atari mu muriro.
Hanyuma y’umuriro haza ijwi ryoroheje ry’ituza. Eliya amaze kuryumva yitwikira
umwitero we mu maso, arasohoka ahagarara mu muryango w’ubuvumo.”

Abahanuzi n’Abami p.107


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Ntabwo Imana yahisemo kwihihurira umugaragu wayo binyuze mu kugaragaza imbaraga zayo mu
buryo bukomeye, ahubwo yamwihishuriye mu ijwi ryoroheje ry’ituza. Imana yashakaga kwigisha
Eliya ko umurimo utuma habaho kwiyerekana gukomeye atari wo iteka ugera ku ntego yawo cyane
mu gusohoza umugambi wayo. Igihe Eliya yari ategereje ko Uwiteka amwihishurira, hahushye
umuyaga mwinshi wa serwakira, habaho igishyitsi cy’isi, imirabyo irarabya ndetse hakurikiraho
n’umuriro ukongora; ariko Imana ntiyari muri ibyo byose. Ibyo birangiye haje ijwi ryoroheje ry’ituza,
maze umuhanuzi yitwikira umwitero we mu maso imbere y’Uwiteka. Uburakari Eliya yari afite
bwarahoshe, umutima we uracururuka kandi uratuza. Noneho amenya ko kwiringira Imana mu ituza
no kuyishingikirizaho atajegajega ari byo biramuhesha ubufasha akeneye muri icyo gihe.

Abahanuzi n’Abami p.108


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Ntabwo iteka kwigisha ukuri kw’Imana mu buryo bwuzuye ubwenge buhanitse


ari byo byemeza umutima kandi bikawutera guhinduka. Ntabwo imitima
y’abantu ikorwaho kubera ubutyoza cyangwa ubuhanga mu mitekerereze
[y’uwigisha], ahubwo imitima ikorwaho kubw’imbaraga zituje za Mwuka Wera
ukora bucece ariko ntagwabire mu guhindura no gukuza imico. Ijwi rituje kandi
ryoroheje rya Mwuka w’Imana ni ryo rifite ububasha bwo guhindura umutima.

Abahanuzi n’Abami p.108


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Rya jwi ryabajije Eliya riti: “Eliya we, urakora iki aho?” Maze Eliya yongera
gusubiza ati: “Nagize ishyaka ryinshi ry’Uwiteka Imana Nyiringabo, kuko
Abisirayeli bavuye mu isezerano ryawe bagasenya ibicaniro byawe, kandi
bicishije abahanuzi bawe inkota. Ni jye jyenyine usigaye, nanjye baragenza
ubugingo bwanjye ngo banyice.”

Abahanuzi n’Abami p.108


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Uwiteka yasubije Eliya ko inkozi z’ibibi muri Isirayeli zitazabura guhanwa. Hari
abantu bagombaga gutoranywa by’umwihariko kugira ngo basohoze umugambi
w’Imana mu guhana ishyanga ryasengaga ibigirwamana. Hari umurimo
ukomeye wagombaga gukorwa kugira ngo abantu bose bahabwe amahirwe
yo guhitamo kujya mu ruhande rw’Imana nyakuri. Eliya ubwe yagombaga
gusubira muri Isirayeli maze agafatanya n’abandi umutwaro wo kuzana
ubugorozi cyangwa ivugurura.

Abahanuzi n’Abami p.108


2. Eliya 1Abami 19:9-18

Eliya yari yaratekereje ko ari we wenyine usenga Imana nyakuri muri


Isirayeli. Nyamara usoma imitima y’abantu bose yahishuriye uwo muhanuzi
ko hari abandi benshi bakomeje kunamba ku Uwiteka mu myaka myinshi
y’ubuhakanyi. Imana yaravuze iti: “Ariko rero . . . nsigaranye abantu
ibihumbi birindwi muri Isirayeli batapfukamiye Bali, ntibamusome.”

Abahanuzi n’Abami p.108


3. Umuntu w’Imana 1Abami 13:11-34

Biba byaragendekeye neza uyu muhanuzi iyo aza gushikama ku mugambi we wo


kugaruka mu Buyuda adatindiganyije. Igihe yari mu nzira agarutse iwe anyuze indi
nzira, haje umusaza wavugaga ko ari umuhanuzi kandi abeshya umuntu w’Imana
avuga ati: “Nanjye ndi umuhanuzi nkawe, kandi marayika utumwe n’Uwiteka
avuganye nanjye ati ‘Jya kumugarura umujyane iwawe, arye kandi anywe.’” 1Abami
13:18. Uwo musaza yakomeje kumusubiriramo icyo kinyoma kandi akaomeza
kumurarika kugeza ubwo umuntu w’Imana yaje kwemera gusubira inyuma.

Abahanuzi n’Abami p.67


3. Umuntu w’Imana 1Abami 19:11-34

Kubera ko umuhanuzi nyakuri yemeye gukora ibihabanye n’umurongo yari yabwiwe


gukurikiza, Imana yemeye ko agerwaho n’igihano cy’igicumuro cye. Igihe umuhanuzi
w’Imana n’uwari umurarikiye kugaruka i Beteli bari bicaye basangira, ihishurirwa
riturutse ku Ushoborabyose ryaje ku muhanuzi w’ibinyoma, maze “Atera hejuru abwira
uwo muntu w’Imana waturutse i Buyuda ati “Umva uko Uwiteka avuze ati ‘Ubwo wanze
kumvira ijambo ry’Uwiteka, ntiwitondere itegeko Uwiteka Imana yawe igutegetse, ariko
ukagaruka, ukarīra aho yakubujije, ukahanywera kandi yarabikubujije, nuko rero
umurambo wawe ntuzagera mu gituro cya ba sogokuruza.’” 1Abami 13:18-22.
Abahanuzi n’Abami p.67
Abamarayika bafashe imiyaga ine, bagereranywa
nifarashi irakaye ishaka guca ikiziriko, ngo yiruke mu isi yose, ijyanye
kurimbura n’urupfu mu nzira inyuramo…. Ndababwira mu izina
ry'Uwiteka Imana ya Isirayeli ko imbaraga zose zangiza, kandi
zibicantege zifashwe n’amaboko ataboneshwa amaso ya marayika,
kugeza ubwo umuntu wese ukorera mu gitinyiro n’urukundo by’Imana
ashyiriweho ikimenyetso mu ruhanga.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p347


Nk’uko byagenze mu gihe cyashize, mu gihe kizaza tuzabona habaho gukura
kw'imico y'ubwoko bwose. Tuzabona ubuhakanyí bwabantu twagiriraga
icyizere, abo twiringiraga, abo twibwiraga ko bakomeve nk’icyuma mu
kudahemuka ku mahame kwabo. Hari ikigiye kuza kubagerageza, kandi
bazarindimuka. Bene abo bantu nibagwa, bamwe bazavuga bati: “Ninde
twakwiringira?” Ibi ni ibishuko Satani azana kugira ngo arimbure ibyiringiro
by’abahirimbanira kunyuramu nzira ifunganye.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p349


Mu by’ukuri abagwa bamaze kwanduriza inzira yabo imbere y’Uwiteka,
kandi ni ibyapa by’imbuzi byigisha abahamya ko bizera ukuri ko Ijambo
ry’Imana ryonyine ari ryo rishobora kurinda abantu bagashikama mu nzira
yo kwera, cyangwa rikabakura mu cyaha. Reka umuntu wese, aho yaba
akorera hose, amenye neza ko ukuri kwacengejwe mu mutima we
nimbaraga yUmwuka Wera w'lmana. Nibitaba bityo, ababwiriza ljambo
ry'Imana bazatatira icyizere cyera bagiriwe.

Ubutumwa bwatoranijwe (3) p349


Ntibigitinze ngo ikigeragezo kigere ku muntu wese. Tuzahatirwa kubahiriza Isabato
y’ikinyoma. Intambara izaba iri hagati y’amategeko y’Imana n’amategeko y’abantu.
Abantu bagiye biyegurira ni ruto ni ruto ibyo isi isaba kandi bagakurikiza imigenzo y’isi,
icyo gihe bazayoboka imbaraga. Icyo gihe izahabu izatandukanywa n’inkamba. Ukubaha
Imana k’ukuri kuzatandukanywa rwose no kwishushanya cyangwa ishusho yako
igaragagara inyuma gusa. Icyo gihe inyenyeri nyinshi twagiye twishimira kurabagirana
kwazo zizasohoka zijye mu mwijima. Abantu bagiye bahabwa inshingano bakarimbishwa
imirimbo y’ubuturo bwera nyamara batambaye gukiranuka kwa Kristo, icyo gihe
bazagaragara bakozwe n’isoni z’ubwambure bwabo.

Abahanuzi n’Abami Ch-14 p120


Yohana 3:22-35….

Yesu yari azi ko bazakora ibishoboka byose ngo bacemo ibice abigishwa be n’aba
Yohana. Yari azi ko inkubi y’umuyaga wari uriho wirundanya ngo utembane
ubuhanuzi bukomeye bwigeze buhabwa isi. Yirinda icyatuma habaho
kutumvikana no kwicamo ibice, Ahagarika imirimo ye mw’ibanga, maze ajya
i Galilaya. Natwe rero, nubwo twaba mu kuri, dukwiriye kugerageza
kwirinda icyo ari cyo cyose cyatuma hababo impaka no kutumvikana. Kuko
iyo ibyo bivutse, bivamo gutakaza ubugingo bwa bamwe. Igihe cyose
habonetse ikibasha kuvamo gucikamo ibice, dukwiye gukurikiza urugero
rwa Yesu na Yohana Umubatiza.

Uwifuzwa Ibihe Byose Ch-18 p.130


Yohana 3:22-35….

Yohana yari yarahamagariwe kuyobora nk’uhamagarira abantu


kwivugurura. Kubera iyo mpamvu, abigishwa be bari mu kaga ko
kumuhanga amaso, bumva ko kujya mbere k’umurimo ari we guhagazeho,
bakibagirwa ko mu by’ukuri we ari igikoresho gusa Imana yakoresheje.
Ariko umurimo wa Yohana ntabwo wari uhagije ngo ushyireho urufatiro
rw’itorero rya Kristo. Igihe yari kuba asohoje inshingano ye, hari undi murimo
wagombaga gukorwa, uwo ubuhamya bwe butabashaga kuzuza. Abigishwa be
ibi ntibari babizi. Ubwo babonaga Kristo aje gukomeza uwo murimo, bagira
ishyari kandi ntibanyurwa.

Uwifuzwa Ibihe Byose Ch-18 p.130


Yohana 3:22-35….

Ingorane nk’izo na n’ubu ziriho. Imana ihamagara umuntu gukora umurimo


runaka; maze yawugeza aho ubushobozi bwe bugarukira, Uwiteka akazana
abandi, bo kuwuteza imbere biruseho. Ariko, kimwe n’abigishwa ba Yohana,
benshi bumva ko kujya mbere k’umurimo gushingiye ku mukozi wa mbere.
Umuntu akaba ari we uhangwa amaso aho kuyahanga imbaraga mvajuru,
ishyari rikazamo, maze umurimo w’Imana ukangizwa. Maze uwo uhawe
icyubahiro kitamukwiriye agashyirwa mu kigeragezo cyo kwiyemera.
Ntabona ko nawe abashishwa n’Imana. Abantu bigishwa kwiringira
kuyoborwa n’umuntu, maze bityo bakagwa mw’ikosa, bityo bakava ku Mana.

Uwifuzwa Ibihe Byose Ch-18 p.131


Yohana 3:22-35….

Umurimo w’Imana ntugomba kugira ishusho no kwishyira hejuru


by’umuntu. Uko ibihe biha ibindi Uwiteka azagenda awuzanamo
abakozi batandukanye, abagire ibikoresho asohorezamo
umugambi we mu buryo burushijeho kuba bwiza. Barahirwa
abemera gucishwa bugufi, bakavuga nka Yohana Umubatiza bati,
“Uwo akwiriye gukuzwa, naho jye nkwiriye kwicisha bugufi.”

Uwifuzwa Ibihe Byose Ch-18 p.131


Kugeza igihe intambara izarangirira, hazahoraho abantu bazajya bitandukanya
n’Imana. Satani azashyiraho ibihe byiza cyangwa bibi, ku buryo nitutarindwa
n’imbaraga y’Imana, mu buryo busa n’ubutagaragara ibyo bihe bizaca intege
ibihindizo bikomeza ubugingo. Kuri buri ntambwe yose dutera dukeneye kubaza
tuti: "Mbese iyi ni yo nzira y’Uwiteka?" Igihe cyose umuntu azaba akiriho,
hazabaho gukenera kurinda imbaraga zimutera gukunda no kugira ibyo
ararikira afite umugamb uhamye. Ntidusobora kuba amahoro n’umwanya na
muto keretse gusa twishingikirije ku Mana, kandi ubugingo bwacu bukaba
buhishwe muri Kristo. Kuba maso no gusenga ni byo birinda ubutungane.

Abahanuzi n'Abami ch-5 p.53 (2016)


Ibyakozwe n’Intumwa p.310

Imana yatanze ibyangombwa bihagije kugira ngo umuntu abashe gutsinda ikibi
kiri mu isi. Bibiliya ni ububiko bw'intwaro aho dushobora gukura intwaro
dukoresha mu ntambara. Tugomba gukenyera ukuri. Icyuma kidukingira
igituza kigomba kuba ubutungane. Tugomba gutwara ingabo yo kwizera,
tukambara ingofero y'agakiza kandi tugatwara n'inkota y'Umwuka ari yo
jambo ry'Imana. Igihe dutwaye izo ntwaro, tugomba guca inzira yacu mu
nzitizi n'imitego by'icyaha.
Abantu bose binjira mu Murwa w’Imana bazanyura mu irembo rifunganye,
bakoresha umuhati baniha; kuko "muri rwo hatazinjiramo ikintu gihumanya."
Ibyahishuwe 21:27. Nyamara nta muntu wacumuye ukeneye gucika integer ngo
yihebe. Abantu bageze mu zabukuru bigeze guhabwa ikuzo n’Imana, bashobora
kuba baranduje ubugingo bwabo bazibukira ubutungane bakabutamba ku gicaniro
cy’irari. Ariko nibihana, bakazibukira icyaha maze bakagarukira Imana, haracyari
ibyiringiro kuri bo. Uvuga ati: "Ujye ukiranuka ugeze ku gupfa: nanjye nzaguha
ikamba ry’ubugingo," ni na we urarika ati: "umunyabyaha nareke ingeso ze,
ukiranirwa areke ibyo yibwira; agarukire Uwiteka, na we aramugirira ibambe; kuko
izamubabarira rwose pe." Ibyahishuwe 2:10; Yesaya 55:7. Imana yanga icyaha, ariko
igakunda umunyabyaha. "Nzakiza gusubira inyuma kwabo, nzabakunda urukundo
rutagabanije . . . " Hoseya 14:4.

Abahanuzi n'Abami ch-5 p.54 (2016)


Kumenya Imana na Yesu kandi ukabigaragarisha imico
yawe ni cyo kintu kiruta ibindi mu ijuru no mu isi umuntu
yakwirata. Ni bwo bwenge buruta ubundi, kandi ni rwo
rufunguzo rufungura imiryango y'umurwa wo mu ijuru.
Umugambi w’Imana ni uko abakira kristo bose bagomba
kugira ubu bwenge.

Rengera Ubuzima ch-38 p.457

You might also like